• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Komisiyo y’Amatora yamaganye abiyita abakandida basaba inkunga abaturage

Editorial 17 Apr 2017 POLITIKI

Nyuma y’iminsi mike bamwe mu batangaje ko baziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Kanama uyu mwaka, basohoye ubutumwa bukangurira abaturage kubaha inkunga izabafasha mu kwiyamamaza, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yabyamaganiye kure ivuga ko aho ibihe bigeze ibyo bikorwa bitemewe.

Mu Mpera za Werurwe 2017 nibwo Mpayimana Phillipe wavuye mu Bufaransa muri Gashyantare 2017 avuga ko aje guhatana mu matora ya Perezida wa Repubulika, yatangiye gusaba Abanyarwanda kuzamuha inkunga y’amafaranga nk’uko batanga n’amaturo mu nsengero cyangwa bashyigikira amakipe bafana kugira ngo azabashe kwiyamamaza.

-6331.jpg

Nguwo Mpayimana Phillipe ugenda asaba abaturage amafaranga

Uyu mugabo yavugaga ko hari umuntu witeguye kwakira izo nkunga zizatangwa ndetse akaba yarashyizeho nomero ya konti na telefoni zo kunyuzwaho izo nkunga.

Mpayimana wibajijweho cyane ubwo yajyaga mu kiganiro n’abanyamakuru ateze moto, yasobanuye ko ibyo gusaba inkunga atari ubucuruzi agamije ahubwo ari ukuvunikira abaturage, bityo nabo bakwiye kumufasha.

Muri Werurwe 2017, ubwo Inteko Rusange y’Ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije, Green Party, yateranaga ikemeza Dr Frank Habineza nk’umukandida waryo mu matora y’Umukuru w’Igihugu, nawe yasabye abanyamuryango kwishakamo inkunga ingana na miliyari imwe n’igice izabafasha mu bikorwa by’amatora.

-6333.jpg

Dr Frank Habineza

Icyo gihe yagize ati “Abafite amasaka muyagurishe, abafite ibigori mubigurishe, abafite ibirayi mubigurishe kugira ngo igikorwa cy’amatora kizabashe kugenda neza. Amafaranga tuzakenera twarabaze dusanga agera kuri miliyari imwe n’igice; ntabwo ari amafaranga make. Buri wese yitange uko yifite, ufite igihumbi akizane, ufite bitanu, icumi, miliyoni kuko inkunga yanyu irakenewe. Kugira ngo ishyaka ryacu rizitabire amatora ribashe gutsinda ni uko buri murwanashyaka ahaguruka.”

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko ibikorwa nk’ibyo byo gusaba inkunga bidakwiye mu gihe hataremezwa abakandida, gusa niyo baba bemejwe ngo hari uburyo bwateganyijwe ibyo kubona inkunga bikorwamo.

Mu kiganiro IGIHE dukesha iyi nkuru yagiranye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’iyi komisiyo, Charles Munyaneza, yagize ati “Ntibyemewe. Icya mbere nta nubwo dufite abakandida, muri gahunda yacu y’amatora tuzakira kandidatire kuva tariki 12 kugeza 23 Kamena, abazaba bemerewe kwiyamamaza tuzabatangaza tariki 7 Nyakanga, kugeza icyo gihe nta mukandida dufite; uwaba wiyita umukandida wenda byaba ari ibyifuzo. Ibyo gusaba inkunga ntabwo byemewe kandi nubwo baba bemewe hari uburyo binyuzwamo.”

Yakomeje agira ati “Hari uburyo inkunga iva mu bashyigikiye umukandida cyangwa umutwe wa politiki abarizwamo, ariko niba icyo kibazo gihari ntabwo byemewe, n’abaturage bamenye ko bitemewe, igihe kizagera bikorwe kandi hari uburyo bikorwamo.”

Ntihazagire utegereza inkunga ya leta mbere y’amatora

Munyaneza yavuze ko mu matora nta nkunga leta igenera abakandida mbere y’amatora nyir’izina uretse ayo bahabwa nyuma yayo nabwo bitewe n’amajwi uwiyamamaje yagize.

-6332.jpg

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Charles Munyaneza.

Ati “Leta nta nkunga itanga mbere y’amatora, ahubwo hari amafaranga itanga nyuma yayo bitewe n’amajwi umukandida yabonye ashobora kumufasha mu kwishyura n’ibindi yaba yarakoresheje.”

Ubusanzwe umukandida ugenerwa ayo mafaranga aturuka muri leta, ni uba wagejeje ku majwi 5%. Birabujijwe kandi kwakira inkunga izo ari zo zose ziturutse mu banyamahanga, mu madini no mu miryango runaka yaba iyegamiye kuri leta n’itayegamiyeho.

2017-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo

Editorial 02 Jul 2025
Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Editorial 13 Apr 2025
Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Umunyarwanda ati:” Aho kugira umwana agapfa ahagaze washyingura ukihanagura”

Editorial 01 Mar 2025
Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Editorial 14 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso
Mu Mahanga

Perezida Kagame yasabye Ingabo na Polisi guhora ziri maso

Editorial 28 Dec 2016
Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Editorial 12 Jul 2019
“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro
Amakuru

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

Editorial 01 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru