• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Editorial 10 Jan 2023 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Buri munsi umubare w’Abatutsi bo muri Kongo bahungira mu bihugu byo muri aka karere urushaho kwiyongera, bakaba bahunga Jenoside imaze imyaka ibakorerwa isi yose irebera.

Uretse ababarirwa mu bihumbi mirongo inani(80.000)bamaze imyaka isaga 20 mu nkambi zo mu Rwanda, ndetse n’uyu munsi bakaba bakiza, hari abandi ibihumbi amagana bari muri Uganda, Tanzaniya, uBurundi, Kenya n’ahandi. Hari n’abagira amahirwe bakajyanwa muri Amerika, Canada no mu Burayi, n’ubwo nta heza habaho ku mpunzi.

Icyo abasesenguzi bibaza rero, ni kuki ibyo bihugu byo mu burengerazuba bw’isi bihitamo guhungisha abo Batutsi b’Abanyekongo, aho kugira uruhare mu gukemura burundu ikibazo gituma bava mu byabo, bakajya kubaho mu buzima bubi bwa gihunzi?Ese ntihaba hari ba rusahuriramunduru bafite inyungu muri ako kaduruvayo?

Birazwi neza ko Abatutsi bo muri Kongo batangiye kwicwa cyane cyane ubwo abajenosideri bo mu Rwanda bari bamaze guhungira muri Zayire, ari yo Kongo ya none. Uko ubutegetsi bwagiye busimburana, nta muperezida wa Kongo n’umwe wigeze aha agaciro iki kibazo cy’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane Abatutsi, ahubwo Interahamwe zakomeje gushyirwa ku ibere, zicengeza ingengabitekerezo ya jenoside zari zikuye mu Rwanda, maze umututsi afatwa nk’umunyamahanga mu gihugu cye, udafite uburenganzira mba, harimo n’ubwo kubaho.

Raporo za Loni n’indi miryango mpuzamahanga nta gihe ziterekanye ko ubutegetsi bwa Kongo bushyigikiye imitwe yica abaturage, harimo n’uw’abajenosideri bo muri FDLR. Ariko se kwandika ibyegeranyo gusa, ntihagire ikintu ka kimwe gikorwa ngo ubwo butegetsi bureke gukorana n’abicanyi, bimaze iki?

Mu muhango wo kurahiza Senateri Kalinda François Xavier wabaye tariki 09 Mutarama 2023, Perezida wa Repubulika , Paul Kagame, nawe yibajije impamvu umuryango mpuzamahanga ntacyo ukora ngo ikibazo cy’umutekano muke muri Kongo kibonerewe umuti urambye, bityo impunzi z’Abanyekongo zinyanyagiye muri aka karere zisubire mu gihugu cyazo, hubwo ugahitamo kugereka uwo mutwaro ku Rwanda.

Ubu amahanga yirirwa yamagana umutwe wa M23, kandi abakurikiranira hafi ibyo muri Kongo bazi neza ko imwe mu mpamvu urwanira ari uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda. Ese gufata M23 nk’umutwe w’iterabwoba byakemura iki, mu gihe wirengagiza impamvu nyamukuru yatumye abo barwanyi bafata intwaro? Kwanga gushyikirana n’abarwanyi bafite imbaraga n’impamvu(cyangwa gushyikirana nawo rwihishwa), ni nko kwicara ku kirunga uzi neza ko amaherezo kizaruka, kandi utariteguye ingaruka zabyo.

 Ese umunsi u Rwanda rwagaragaje ko rutagishoboye kwakira impunzi z’Abanyekongo, no kwihanganira ibirego n’ibitutsi kubera gucumbikira izo munzi, uwo muryango mpuzamahanga nibwo uzibuka ko umutekano muri Kongo ukenewe kugirango izo mpunzi zishobore gutaha?

Ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi nibireke umukino wo gushakira inyungu mu ntambara no mu  maraso y’inzirakarengane. Nibigire ubutwari bwo guhangana n’ikibazo aho kukirenza ingohe no kucyegeka ku Rwanda. Umuryango mpuzamahanga, n’uRwanda rurimo, ufite inshingano zo gukebura abategetsi ba Kongo, no kubereka umuzi nyakuri w’ikibazo cy’umutekano muke, kinagenda kirushaho gufata intera ndende. Kwihunza ibibazo no kubigereka ku bandi bizatuma biba akarande, kubikemura bikazarushaho kugorana. 

2023-01-10
Editorial

IZINDI NKURU

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Sunrise FC yagarutse mu kiciro cya mbere 2022-2023 ibisikana na Etoile de l’Est na Gicumbi FC, Ikipe y’u Rwanda mu bahungu yabonye itike y’igikombe cya Afurika muri Basketball

Editorial 19 Jun 2022
Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Umubano hagati ya Adeline Rwigara, Col Sagatwa, Col. Rwagafirita n’umucuruzi Nzabarinda Xavier

Editorial 14 Oct 2017
Twagiramungu Kwihandagaza Akabeshya, Agatanga Amakuru Y’ibyabereye Muri Nyungwe Ari Mu Bubiligi Nyamara Abaturiye Iryo Shyamba N’abarigendamo Ntabyo Babonye.

Twagiramungu Kwihandagaza Akabeshya, Agatanga Amakuru Y’ibyabereye Muri Nyungwe Ari Mu Bubiligi Nyamara Abaturiye Iryo Shyamba N’abarigendamo Ntabyo Babonye.

Editorial 10 May 2019
Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.

Polisi yafashe magendu n’imiti yarangije igihe mu mikwabu itandukanye.

Editorial 04 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yashimiye Donald John Trump watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika
Mu Mahanga

Perezida Kagame yashimiye Donald John Trump watorewe kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika

Editorial 09 Nov 2016
Félix Tshisekedi niwe watorewe kuyobora Congo Kinshasa
INKURU NYAMUKURU

Félix Tshisekedi niwe watorewe kuyobora Congo Kinshasa

Editorial 10 Jan 2019
Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura  ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi
ITOHOZA

Uko Dr Nkiko Nsengimana asobanura ko FDLR ari ingabo z’ishyaka FDU-Inkingi

Editorial 05 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru