• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Kuki Amerika n’Uburayi bagarukira gusa ku guhungisha Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, aho gufasha mu kurandura igituma bahunga?

Editorial 10 Jan 2023 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Buri munsi umubare w’Abatutsi bo muri Kongo bahungira mu bihugu byo muri aka karere urushaho kwiyongera, bakaba bahunga Jenoside imaze imyaka ibakorerwa isi yose irebera.

Uretse ababarirwa mu bihumbi mirongo inani(80.000)bamaze imyaka isaga 20 mu nkambi zo mu Rwanda, ndetse n’uyu munsi bakaba bakiza, hari abandi ibihumbi amagana bari muri Uganda, Tanzaniya, uBurundi, Kenya n’ahandi. Hari n’abagira amahirwe bakajyanwa muri Amerika, Canada no mu Burayi, n’ubwo nta heza habaho ku mpunzi.

Icyo abasesenguzi bibaza rero, ni kuki ibyo bihugu byo mu burengerazuba bw’isi bihitamo guhungisha abo Batutsi b’Abanyekongo, aho kugira uruhare mu gukemura burundu ikibazo gituma bava mu byabo, bakajya kubaho mu buzima bubi bwa gihunzi?Ese ntihaba hari ba rusahuriramunduru bafite inyungu muri ako kaduruvayo?

Birazwi neza ko Abatutsi bo muri Kongo batangiye kwicwa cyane cyane ubwo abajenosideri bo mu Rwanda bari bamaze guhungira muri Zayire, ari yo Kongo ya none. Uko ubutegetsi bwagiye busimburana, nta muperezida wa Kongo n’umwe wigeze aha agaciro iki kibazo cy’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane Abatutsi, ahubwo Interahamwe zakomeje gushyirwa ku ibere, zicengeza ingengabitekerezo ya jenoside zari zikuye mu Rwanda, maze umututsi afatwa nk’umunyamahanga mu gihugu cye, udafite uburenganzira mba, harimo n’ubwo kubaho.

Raporo za Loni n’indi miryango mpuzamahanga nta gihe ziterekanye ko ubutegetsi bwa Kongo bushyigikiye imitwe yica abaturage, harimo n’uw’abajenosideri bo muri FDLR. Ariko se kwandika ibyegeranyo gusa, ntihagire ikintu ka kimwe gikorwa ngo ubwo butegetsi bureke gukorana n’abicanyi, bimaze iki?

Mu muhango wo kurahiza Senateri Kalinda François Xavier wabaye tariki 09 Mutarama 2023, Perezida wa Repubulika , Paul Kagame, nawe yibajije impamvu umuryango mpuzamahanga ntacyo ukora ngo ikibazo cy’umutekano muke muri Kongo kibonerewe umuti urambye, bityo impunzi z’Abanyekongo zinyanyagiye muri aka karere zisubire mu gihugu cyazo, hubwo ugahitamo kugereka uwo mutwaro ku Rwanda.

Ubu amahanga yirirwa yamagana umutwe wa M23, kandi abakurikiranira hafi ibyo muri Kongo bazi neza ko imwe mu mpamvu urwanira ari uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda. Ese gufata M23 nk’umutwe w’iterabwoba byakemura iki, mu gihe wirengagiza impamvu nyamukuru yatumye abo barwanyi bafata intwaro? Kwanga gushyikirana n’abarwanyi bafite imbaraga n’impamvu(cyangwa gushyikirana nawo rwihishwa), ni nko kwicara ku kirunga uzi neza ko amaherezo kizaruka, kandi utariteguye ingaruka zabyo.

 Ese umunsi u Rwanda rwagaragaje ko rutagishoboye kwakira impunzi z’Abanyekongo, no kwihanganira ibirego n’ibitutsi kubera gucumbikira izo munzi, uwo muryango mpuzamahanga nibwo uzibuka ko umutekano muri Kongo ukenewe kugirango izo mpunzi zishobore gutaha?

Ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi nibireke umukino wo gushakira inyungu mu ntambara no mu  maraso y’inzirakarengane. Nibigire ubutwari bwo guhangana n’ikibazo aho kukirenza ingohe no kucyegeka ku Rwanda. Umuryango mpuzamahanga, n’uRwanda rurimo, ufite inshingano zo gukebura abategetsi ba Kongo, no kubereka umuzi nyakuri w’ikibazo cy’umutekano muke, kinagenda kirushaho gufata intera ndende. Kwihunza ibibazo no kubigereka ku bandi bizatuma biba akarande, kubikemura bikazarushaho kugorana. 

2023-01-10
Editorial

IZINDI NKURU

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Editorial 28 May 2021
Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Editorial 21 Jul 2017
Angola: Bwa mbere kuva mu 1979 hagiye kuba amatora Perezida Dos Santos atazitabira

Angola: Bwa mbere kuva mu 1979 hagiye kuba amatora Perezida Dos Santos atazitabira

Editorial 22 Aug 2017
Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere

Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere

Editorial 14 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.
INKURU NYAMUKURU

Ni gute Rusisibiranya Rusesabagina yemereye isi yose amahano yakoreye Abanyarwanda, nka KATRINA LENTHOS SWETT n’abandi babeshya ko baharanira ubutabera babihakana?Urundi rugero rw’ikinyoma n’urwango bafitiye uRwanda.

Editorial 01 Sep 2020
Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup
IMIKINO

Amateka yandikiwe i Maputo: Rayon Sports yerekeje mu matsinda ya Caf Confederation Cup

Editorial 19 Apr 2018
Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame
UBUKUNGU

Kuki nka Afurika dukomeza kugondoza Imana? -Perezida Kagame

Editorial 08 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru