• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Kumenya ubuziranenge bw’ibinyabiziga birinda impanuka zo mu muhanda

Editorial 28 Jan 2016 Mu Mahanga

​Ishami rishinzwe gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga rirateganya kongera ibikorwa byaryo by’ubukangurambaga no kubahiriza amategeko y’umuhanda muri uyu mwaka hagamijwe gukangurira abatunze ibinyabiziga kumenya imiterere yabyo kugira ngo birinde impanuka z’umuhanda ziterwa n’uko ibyo binyabiziga bitameze neza.

Nk’uko bitangazwa na Chief Superintendent of Police (CSP) Emmanuel Kalinda,umuyobozi w’ Ishami rishinzwe gusuzuma imiterere y’ibinyabiziga (MIC),hariho gahunda yo kongera indi mirongo ibiri mu kigo gisuzuma imodoka kiri i Remera(MIC),ibi bikazatuma umubare w’imodoka zisuzumwa ku munsi wiyongera.

Yagize ati:” iyi mirongo ibiri iteganyijwe gufungurwa muri uyu mwaka,imodoka ipima irimo ibikoresho ndetse n’undi murongo upima imodoka wubatswe mu ishuri ry’ubumenyingiro rya Gishali ,byose bizatuma umubare w’igenzura ku munsi ry’ibinyabiziga wiyongera ukaba uzagera ku nshuro 800”.

CSP Kalinda yakomeje agira ati:” mu rwego kwegereza serivisi nziza abaturage tuzohereza imodoka yacu irimo ibikoresho bisuzuma imodoka mu turere twa Rusizi na Nyamasheke,tukaba ariko tunakora ubukangurambaga ku kubahiriza amategeko y’umuhanda”.

Yakomeje avuga ko umubare w’imodoka zakorewe isuzumwa kuva imirongo ibiri ya mbere igitangira gukoreshwa wagiye wiyongera.

Mu mwaka w’2014 imodoka zakorewe isuzuma zigera kuri 58,476 zikaba zarasuzumwe inshuro 75,839. Mu kwezi kwa Nzeri umwaka ushize hasuzumwe imodoka 45,840 zikorerwa iryo suzumwa inshuro 68,666.

Mu mwaka w’2008 wonyine, ubwo iri shami (MIC) ryajyagaho rifite imirongo ibiri ipima ibinyabiziga, ryasuzumye imodoka inshuro 20,472 , uyu mubare ukaba waragiye wiyongera ugera 30,909 mu mwaka w’2010.

“umubare w’imodoka zikorerwa isuzumwa ugenda uhinduka kubera ko imodoka ishobora gukorerwa isuzumwa inshuro zirenze imwe mu gihe basanze imodoka ifite ibibazo runaka, icyo gihe rero nyirayo asabwa kuyikoresha mu gihe kitarenze iminsi 14 akagaruka gukoresha isuzuma rya nyuma agahabwa icyemezo cy’uko yayisuzumishije”. Imodoka zikora ibikorwa byo gutwara abantu n’izindi zikora iby’ubucuruzi zikorerwa isuzumwa buri mezi 6 mu mwaka, naho izindi zidakora ibyo bikorwa zisuzumwa inshuro imwe mu mwaka.

“Uko tugenda duteza imere akazi kacu ni nako dufite gahunda yo kongera inshuro nyinshi ibijyanye no gusuzuma ibinyabiziga. Ariko kanditugenda tunafata n’izindi ngamba nshya zijyanye n’ubukangurambaga, kongera ibigo bikora isuzuma ry’ibinyabiziga harimo icya Gishali n’imodoka irimo ibikoresho igenda izenguruka ndetse n’imirongo mishya ku kigo gikuru cyacu giherereye i Remera.

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe gusuzuma ibinyabiziga rifite intego nyamukuru yo kugabanya ibibazo biterwa n’imiterere mibi y’ibinyabiziga bikaba bishobora kuba ariyo ntandaro y’impanuka zo mu muhanda.

Ibi bigo bipima ubuziranenge bw’ibinyabiziga bifite ibikoresho bipima imodoka mu bice bitandukanye byazo birimo imikorere y’amapine, amaferi,n’ibindi bice by’inyuma by’imodoka ndetse n’uturebanyuma twazo.

RNP

2016-01-28
Editorial

IZINDI NKURU

Huye :   Alexandre Kayiranga  yaguye  mu mpanuka ikomeye

Huye : Alexandre Kayiranga yaguye mu mpanuka ikomeye

Editorial 04 Aug 2016
Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Pascal Nyamurinda niwe utorewe kuyobora Umujyi wa Kigali

Editorial 17 Feb 2017
Inzozi za Tshisekedi zo gukuraho Perezida Kagame zizamusiga amahoro?

Inzozi za Tshisekedi zo gukuraho Perezida Kagame zizamusiga amahoro?

Editorial 04 Jul 2023
Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane

Nyabihu: Abaturage bakanguriwe kwirinda amakimbirane

Editorial 06 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC
ITOHOZA

Ubutinganyi (homosexuals) buravuza ubuhuha muri RNC

Editorial 13 Feb 2017
Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru  ryo mu Rwanda
Mu Rwanda

Ubushakashatsi bwagaragaje icyuho mu Itangazamakuru ryo mu Rwanda

Editorial 26 May 2017
Umuryango w’Ikigarasha Bénoit MUHOZA,Urarira ayo Kwarika, ngo Wapfushije Uhagaritse!!
ITOHOZA

Umuryango w’Ikigarasha Bénoit MUHOZA,Urarira ayo Kwarika, ngo Wapfushije Uhagaritse!!

Editorial 19 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru