• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Kurengera umwana ni inshingano za buri wese : Umuyobozi w’umujyi wa Kigali

Editorial 13 Jun 2016 Mu Mahanga

Umuyobozi w’umujyi wa Kigali Madame Mukaruliza Monique yavuze ko kurengera umwana bidakwiye guharirwa Polisi gusa, ko ahubwo ari inshingano za buri wese baba ababyeyi, abayobozi, ndetse n’abana ubwabo.

Ibi yabivuze ku itariki ya 12 Kamena, ubwo yatangizaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, umuhango wabereye kuri Kigali Metropolitan Police Headquarter mu murenge wa Remera akarere ka Gasabo.

Uku gutangiza ku mugaragaro iki cyumweru bibaye nyuma y’aho ku itariki ya 11Kamena hatangijwe gahunda zo kwizihiza isabukuru y’imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe, ibirori byabereye mu ntara zose z’igihugu.

Uyu muhango kandi watangijwe no gusiga amarangi mu muhanda ahagenewe kwambukira abanyamaguru (Zebra Crossing), kikaba ari ikimenyetso cyo gukangurira abantu kubahiriza amategeko y’umuhanda, kikaba kandi ari kimwe mu bikorwa bizaranga iki cyumweru.

Wanahuriranye kandi no gutangiza ku mugaragaro umurongo wa telephone itishyurwa wo gutabariza umwana uhohotewe ariwo 116 ukorera muri Polisi y’u Rwanda, uyu murongo ukaba ufite ubushobozi bwo kwitaba telephone 30 icyarimwe.

Mu ijambo yavugiye muri uwo muhango, umuyobozi w’umujyi wa Kigali wari n’umushyitsi mukuru yagize ati:”Abana ni imbaraga zikomeye z’iterambere ry’igihugu, iyo mu miryango harimo amakimbirane, abana nibo babirenganiramo bikabagiraho ingaruka.”

Yanagize ati:”uyu munsi turizihiza ibimaze kugerwaho na Polisi y’u Rwanda mu myaka 16 imaze ishinzwe bituma abanyarwanda n’ibyabo bagira umutekano, ariko buri wese akwiye kumenya ko gukumira no kurwanya ikitwa icyaha cyose harimo no guhohotera umwana ari inshingano ze.”
Yanavuze ko abana bagomba kurindwa ihohoterwa iryo ariryo ryose kandi bagahabwa uburenganzira bwabo burimo kwiga no kuvuzwa.

Yavuze kandi ko Leta y’u Rwanda ishishikajwe no kwita kuri ejo heza h’umwana, akaba ariyo mpamvu yashyizeho ingamba zirengera umwana harimo gushyiraho amashuri y’uburezi bw’ibanze (9YBE), gushyiraho komisiyo y’umwana, inkongoro y’umwana, n’izindi.

Yasoje agira ati:”Mu myaka 16 ishize, Polisi y’u Rwanda yakoze ibishoboka byose ngo umwana yitabweho, harimo gushyiraho ikigo Isange One Stop Centre, kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu, gusubiza abana mu mashuri, natwe turasabwa guhuriza hamwe imbaraga, tukita ku bana, tukabarinda kujya mu mihanda, bagasubizwa mu mashuri, kandi tugashyiraho n’ingamba z’uko abayasubizwamo batongera kuyavamo.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP) Emmanuel K. Gasana, yakanguriye abari aho gukoresha umurongo 116 washyiriweho gutabariza abana bahohoterwa, n’uwa 3512 washyiriweho gutabariza ukorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Kugeza ubu Polisi y’u Rwanda yashyizeho imirongo 9 itishyurwa ariyo 112 ikoreshwa n’ushaka ubutabazi bw’ibanze, ibirebana n’inkongi z’imiriro ni 111, impanuka zo mu muhanda ni 113, ishami rya Polisi rikorera mu mazi ni 110, Isange One Stop Centre ni 3029, kurwanya ruswa ni 997 naho uhohotewe n’umupolisi ahamagara 3511.

Yavuze ko ikoreshwa neza kandi ku gihe ry’iyi mirongo bituma habaho guhanahana amakuru vuba, bigatuma ibyaha bikumirwa bitaraba.

Yakomeje avuga ati:”Ubu bukangurambaga bwo guharanira uburenganzira bw’umwana buri muri gahunda za Leta kandi buri no mu bukangurambaga bwa Nyakubahwa Madame wa Perezida wa Repubulika bwo “gufata umwana wese nk’uwawe.”

Yanavuze ati:”Abana bahura n’ibibazo bitandukanye birimo gushorwa mu biyobyabwenge, gukoreshwa imirimo ivunanye, gukurwa mu mashuri, kuvanwa mu miryango no gutwara inda zitateganyijwe, ibi byose bigateza umutekano mucye.”

Yasoje agira ati:”Dufite abafatanyabikorwa benshi barimo urubyiruko rw’abakorera bushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, komite z’abaturage zo kwicungira umutekano (community policing), amatsinda yo gukumira no kurwanya ibyaha mu mashuri, aba bose ni abadufasha ngo tugere ku iterambere rirambye kandi ryihuse. Nkaba nsaba abanyarwanda kubahiriza amategeko tugakumira, tukanarwanya ibyaha, turushaho kurengera uburenganzira bw’umwana.”

Umuyobozi wa World Vision mu Rwanda George Gitau, yashimiye ubufatanye umuryango ayoboye ufitanye na Polisi y’u Rwanda n’igihugu muri rusange ngo uburenganzira bw’umwana bwubahirizwe.

Iki cyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatewe inkunga na World Vision, umuyobozi w’uyu muryango akaba yijeje ko uzakomeza gukorana n’abana, imiryango yabo n’umuryango nyarwanda muri rusange ngo harwanywe ubukene habeho n’ubutabera mu Rwanda. Uyu muryango kandi niwo wateye inkunga mu ishyirwaho ry’uyu murongo 116 wo gutabariza umwana uhohotewe.

Iki cyumweru kizibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kurwanya icuruzwa ry’abantu, kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, kwirinda impanuka no kubungabunga umutekano wo mu muhanda, kizasozwa ku itariki ya 16 Kamena, ubwo hazizihizwa imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe.

-2940.jpg

RNP

2016-06-13
Editorial

IZINDI NKURU

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Editorial 12 Jun 2016
Impinduka muri Guverinoma irakomanga k’umuryango waba Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, Dr Papias Malimba, Judith Uwizeye, François Kanimba n’abandi ….

Impinduka muri Guverinoma irakomanga k’umuryango waba Minisitiri Jean Philbert Nsengimana, Dr Papias Malimba, Judith Uwizeye, François Kanimba n’abandi ….

Editorial 07 Aug 2016
Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Papa Francis yirukanye burundu Ruharwa Wenceslas Munyeshya mu basaserdoti ba Kiliziya Gatolika.

Editorial 03 May 2023
Abantu  cumi n’umwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngororero barazira iki ?

Abantu cumi n’umwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi y’u Rwanda ya Ngororero barazira iki ?

Editorial 15 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Umunyarwandakazi yishwe n’abantu bataramenyekana
HIRYA NO HINO

Uganda: Umunyarwandakazi yishwe n’abantu bataramenyekana

Editorial 05 Feb 2018
RNC yabuze ayo icira nayo imira nyuma yaho uwabakingiraga ikibaba yeretswe umuryango
INKURU NYAMUKURU

RNC yabuze ayo icira nayo imira nyuma yaho uwabakingiraga ikibaba yeretswe umuryango

Editorial 15 Feb 2018
Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho
ITOHOZA

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Editorial 15 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru