• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Kwangiza Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizabakuraho ikimwaro cy’amaraso y’inzirakarengane mwamennye

Editorial 04 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwo mu mujyi wa Charleroi mu Bubligi rwangijwe n’inkoramaraso, rwatashywe ku mugaragaro tariki 20 Gicurasi 2017.

Aha Charleroi ni kamwe mu duce tw’Ububiligi twabereyemo umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, unitabirwa na bamwe mu bategetsi aho mu Bubiligi. Amwe mu magambo yahavugiwe, yarimo gusaba ko abagize uruhare bose muri iyo Jenoside bari mu Bubiligi baryozwa ayo mahano.

Ayo magambo abakorogoshora ndetse n’ ipfunwe ry’amaraso bamennye, ni bimwe mu bituma abajenosideri n’abafana babo bishora mu bikorwa bya giswa na kinyamaswa, nk’ibi byo konona inzibutso.

Nubwo iperereza ritaragaragaza amazina y’abo bagizi ba nabi, ababikurikiranira hafi barahamya ko urwo rwibutso rwaba rwangijwe n’abajenosideri n’ababashyigikiye baba aho mu Bubiligi, dore ko batahwemye kugaragaza ibikorwa bigamije guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwo urwibutso rwa Charleroi rwatahwagwa, kimwe n’izindi zimaze no kuba nyinshi mu mijyi inyuranye mu Bubiligi no hirya no hino ku isi, abajenosideri n’ababakomokaho, nk’abibumbiye mu kiswe”Jambo ASBL” , barabyinubiye cyane, dore ko batanemera ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, bakemeza ko habaye gusa”isubiranamo” ry’Abahutu n’Abatutsi.

Abandi badatandukanye na gato n’abajenosideri, ni abayoboke b’ingirwa-shyaka “FDU-Inkingi” rya Ingabire Victoire, rifitanye isano n’imikoranire ya hafi na FDLR, dore ko buri kwezi bakusanya inkunga yohererezwa Ingabire Victoire ndetse na FDLR.

Kimwe na Jambo ASBL, FDU-Inkingi nayo ifite indiri mu Bubiligi, ibikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ubutegetsi bw’icyo gihugu bukabirebera, niba atari ukubiha umugisha.

Niba koko hari ubushake bwo gutahura abari inyuma y’ubu bugome, iperereza ryagombye guhera ku bagize ibiguri bya Jambo asbl na FDU-INKINGI, bajijisha abadasobanukiwe neza mateka y’uRwanda, bakwiza ko habaye jenoside ebyiri, iyakorewe Abatutsi, n’iyakorewe Abahutu.

Birumvikana abo ari bo ba mbere bo gukekwa, kuko batahwemye kugaragaza ko batishimiye kuba hariho urwibutso rwa “Jenoside yakorewe Abatutsi” gusa.

Hari impungenge ko ibihugu bicumbikiye abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi nibikomeza kubajenjekera, byirengagiza itegeko byishyiriyeho rihana icyo cyaha, ndetse abashinzwe umutekano ntibongere imbaraga mu kubungabunga izi nzibutso, ibyabaye Charleroi bishobora gukorwa n’ahandi.

Izi nyangabirama zirarushywa n’ubusa ariko. Uretse gukomeza kwereka isi yose ubugome n’urwango byamunze imitima yabo, kwangiza urwibutso ntacyo rwose byakungura ubikoze. Ni ubuswa budashobora guhindura amateka, cyangwa kubahanaguraho amaraso y’inzirakarengane bamennye.

Ibigaragaza iyangizwa ry’Urwibutso rwa Charleroi

Urwibutso rwa Charleroi bangije ni ikimenyetso cy’amateka gusa, kuko URWIBUTSO rw’abacu nyarwo rwubatse mu mitima yacu, kandi rwo ntawe uzaruhungabanya, kuko tuzarubungabunga ubu n’iteka ryose.

2024-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

Ibintu 3 Kiliziya isabwa kugirango ihabwe imbabazi

Editorial 24 Nov 2016
Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Nyuma y’impfu z’abari abayobozi ba FLN, Gen. Hamada arakusanya inkunga zo kwisuganya

Editorial 27 Jan 2020
Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Itangira ry’urubanza rwa Turinabo na bagenzi be babangamiye imikorere y’urukiko rw’Arusha

Editorial 22 Oct 2020
Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Abatuye mu karere ka Ngoma bakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge

Editorial 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024
Amakuru

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Editorial 25 Nov 2023
Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki
POLITIKI

Kagame yaganiriye na Magufuli ku bucuruzi, ubuhahirane na politiki

Editorial 08 Mar 2019
Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside
ITOHOZA

Igipolisi cya Malawi cyongeye guta muri yombi Murekezi ukekwaho Jenoside

Editorial 08 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru