• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1   |   15 Aug 2025

  • Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa   |   15 Aug 2025

  • Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR   |   14 Aug 2025

  • Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club   |   14 Aug 2025

  • APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026   |   13 Aug 2025

  • Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka   |   13 Aug 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kwibohora si inzu nziza…, kwibohora ni ukumenya ngo uragana he – Kagame

Kwibohora si inzu nziza…, kwibohora ni ukumenya ngo uragana he – Kagame

Editorial 04 Jul 2016 Mu Mahanga

Mu ijambo ry’Umunsi wo Kwibohora Perezida Kagame yavugiye mu mudugudu wa Mbuganzeri mu kagari ka Batima mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera, yavuze ko umuturage adakwiye kubona ibimugenewe nk’igitangaza, avuga ko kwibohora abantu badakwiye kubibona nk’inzu nziza, amashanyarazi n’ibindi ahubwo ngo kwibohora ni no kumenya aho umuntu agana.

Perezida Kagame yavuze ko nyuma y’urugamba rwo kurwanya abayobozi babi bishe abantu ndetse bakanakenesha benshi, igisigaye ari ugukora ngo igihugu kijye mu iterambere.

Ati “Usibye urugamba rw’amasasu n’izindi ntwaro byari bihanganye n’abari bashyigikiye gukorera Abanyarwanda ibibi, ibyo bikaba byarafashe umwanya wabyo, bigafata inzira bikarangira, ubu icyo tuba twibuka ni ibyo ngibyo ariko cyane cyane ukuntu intambwe zo kwibora zigenda zikurikirana ziganisha ku byifuzi by’abanyagihugu baba bafite.”

Perezida Kagame yashimye ibikorwa byakozwe mu mudugudu wa Mbuganzeri watujwemo imiryango 104 igizwe n’abantu 451 bari batuye nabi mu kirwa cya Mazane na Sharita mu murenge wa Rweru, bijyanye no gushyira amashanyarazi mu nzu nshya bubakiwe n’ingabo z’igihugu.

Agendeye ku buhamya bw’umuturage, Nyiraminani Erevaniya watangariye ibyo yasanze aho bimuriwe, birimo inzu nziza cyane, amashanyarazi atari yarigeze abona, inka, n’ibindi byinshi byiza, Perezida Kagame yavuze ko umuturage atagakwiriye kuba atangarira ibyo yari akwiye kuba afite.

Yagize ati “Ibikorwa by’amashanyarazi, ikoranabuhanga, ubuhinzi n’ubworozi, …kuriya niko abantu bakwiriye kuba babaho. Gusanga uko abantu bakwiriye kuba babaho ukabona ko ari paradizo urumva ikiba kibura icyo aricyo, umuntu aho atamenya amata, amashanyarazi, ntamenya inzu abantu babamo, ntamenye ibikoresho biri mu mashuri, ikiba cyabujije ko abimenya ni cyo tukirwana na cyo.”

Yongeyeho ati “Ntabwo bikwiriye kuba igitangaza abantu kugira amashanyarazi, abana kujya kwiga, abantu kugira ubuzima bwiza, imihanda myiza, kugera ku majyambere bagizemo uruhare ubwabo ngo ibyo bibe ibitangaza, uwo bigezeho akumva ari igitangaza. Ntabwo aribyo. Iyo bibaye igitangaza bigaragaza ko haba hari icyabuze icyo ni cyo turwana na cyo kikava mu nzira.”

Kagame yavuze ko abatekereje ko iki gikorwa kibera muri Rweru bagize neza bitewe n’amateka hafite, asaba ko n’ubutaha byazabera ahantu nkaho. Yavuze ko Abanyarwand abakwiye gukorera hamwe bagatera imbere ku ruhare rwa buri wese.

Yavuze ko hakiri inzira ndende ngo Abanyarwanda bagere aho bifuza n’ubwo nyuma y’imyaka 22 urugamba rwo kubora igihugu rurangiye hagezweho ibintu byinshi.

Ati “U Rwanda aho rugeze nyuma y’imyaka 22 ni kure nyuma y’iyo nzira yo kwibohora, haracyari urugendo rurerure, …kwibuka akazi dufite mu byo tugomba gukora, inzitizi tukazivana mu nzira ibyo dushaka tukabigeraho.”

Yavuze ko umutekano ariwo musingi w’ibigerwaho mu iterambere, asaba abaturage gukomeza gukorera hamwe n’ubwo baba bafite ibitekerezo bitandukanye.

Ati “Icyangombwa ni ukwiha umutekano, turashaka gukomeza umusingi uduha ibikorwa biduha umutekano, gukora akazi mu bumwe, kuba hamwe tugakorera mu bumwe twubahana, twuzuzanya dukora ibikorwa bitandukanye biturutse mu bitekerezo bitandukanye bikavamo ubumwe ni imbaraga zituma twakomeza kubaka igihugu cyacu uko tubyifuza.”

Kagame yavuze ko nta muntu ugomba guhitiramo Abanyarwanda n’Abanyafurika aho bashaka kugana mu gihe bo nta muntu wabahitiyemo aho bageze.

Yagize ati “Nzahora mbibutsa ko nta we ufite uburenganzira bwo kutubwira, kuduhitiramo aho dushaka kugana n’uburyo dushaka kubaho, buri munsi abo muzagenda mubababona. Mujye mubabaza ngo umpitiramo gute aho nshaka kugana?

Aho nshaka kugana wahampitiramo gute, Abanyarwanda twaraparanganye ku buryo dukeneye abashaka kutubwira aho tugoba kugana, wanabishaka wabibwirwa n’Umunyarwanda mugenzi wawe.

Turi Abanyarwanda, Turi Abanyafurika… Abanyarwanda, Abanyafurika dukwiye kwihitiramo inzira itubereye, inzira iduha ubuzima bwiza. Kwibohora ntimuzibwire ngo ni inzu nziza, amashanyarazi…, kwibohora ni ukumenya ngo wowe uragana he, aho ushaka kugana urabigeraho ute.”

Kagame yavuze ko Kwibohora k’uyu munsi bifite agaciro kanini, mu kugeza Abanyarwanda aho bashaka kugera.

Ati “Kwiha agaciro ni ukwihitiramo, kumenya aho ugomba kugana, ni ukubiharanira, ni ukubirwanira, kwiha agaciro ntabwo bihendutse ntibipfa kuboneka gusa ngo bikugereho, kwiha agaciro abantu barahaguruka bagahangana kugira ngo babigereho… ibyo murabyiteguye?”

Perezida Kagame yongeye gushimira ingabo z’igihugu zitanga nyuma y’akazi kabo bakitabira n’ibikorwa biteza imbere abaturage, ibyo ngo bituma bihenduka cyane ugereranyije n’ikiguzi byagatwaye, kuburyo agaciro kagabanuka inshuro ehanu mu guhenduka.

-3160.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ari nawe wari uyoboye urugamba rwa RPF rwabohoye Igihugu

Nk’uko byagaragajwe n’Umuyobozi w’akarere ka Bugesera, ngo mu myaka itandatu ishize ubushakashatsi bwerekanaga ko aka karere kari ku myanya wa 19 mu bukire, aho abari munsi y’umurongo w’ubukire bari 48% ubu ngo aka karere kari ku mwanya wa cyenda, abari munsi y’umurongo w’ubukene bageze kuri 34%.

Source : Umuseke

2016-07-04
Editorial

IZINDI NKURU

DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

Editorial 31 Oct 2019
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Editorial 03 Mar 2022
Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Editorial 18 Mar 2025
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Editorial 12 Jun 2025
DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

Editorial 31 Oct 2019
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Editorial 03 Mar 2022
Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Editorial 18 Mar 2025
Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda  

Editorial 12 Jun 2025
DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

Editorial 31 Oct 2019
Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Umuheto woshya umwambi bitazajyana, rimwe mu masomo intambara yo muri Ukraine ikwiye gusigira abizezwa inkunga mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda!

Editorial 03 Mar 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru