• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

KWIBUKA25 :“Twese hamwe,twahuje indoto z’ubumwe bwacu zari zaracitsemo ibice tuzikuramo ahariri nziza”.

Editorial 09 Apr 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Muri aya magambo akomeye asobetswe n’amarangamutima, Perezida Kagame yatangije ukwezi k’Umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Mu mbwirwa ruhame ye itazibagirana mu mateka mu kuza ku isonga, kandi ifite uburemere kurusha izindi mu gihe cye nk’Umuyobozi, Perezida Kagame yasobanuye neza cyane kandi anaburira abifuza kugirira nabi URwanda n’abanzi barwo ko batagomba guhirahira ngobabe bagira icyo bakora ku Rwanda.

“Bene abo,  baba abari mu gihugu cyangwase no hanze yacyo  batekereza ko igihugu cyacu cyitigeze cyibona amakuba ahagije, none bakaba bashaka kuturoha mu makuba…Ndashaka kuvuga ko, tuzabereka..” Ni ngufi, riraryoshye, mu ijwi rirenga, kandi ryumvikana. Kandi hari igitekerezo cyagenewe bene abo bantu. Ariko ni imbwirwaruhame yo mu gihe kiri imbere.

“Nyuma y’imyaka makumyabiri n’itanu, Perezida yakomeje agira ati, “turi aha. Twese hamwe. Twarakomeretse, n’imitima yajenjaguritse, yego. Ariko ntitwatsinzwe.”

Kagame yavuganye agahinda mu kwamagana icyiswe ko ari nyirabayazana ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, nkaho mu byukuri hakenewe ibisobanuro.

“Jenoside nta munsi runaka yatangiriyeho. Hari amateka yayo..”

“Ni kuki impunzi zahoraga ziva mu Rwanda imyaka n’imyaniko? Kuki se abantu bamwe bahoraga batotezwa bicwa, guhera mu mpera za 1950?

Kuki ababyeyi bamwe bicaga abana babo, babaga basa ukuntu?

Perezida Kagame asoza imbwirwaruhame agira ati,  “Muri ibyo byavuzwe ntacyigeze gitangizwa n’ihanuka ry’indege. None se byaturutse he?”

Iyi ni imbwirwaruhame yari yuzuye amateka kandi yibandaga ku bumwe bw’Abanyarwanda, no kubabarirana, ariko yibutsa ko Abanyarwanda batagomba kwibagirwa. Iyi mbwirwaruhame yasobanuye neza imbaraga no kwihangana biranga Abanyarwanda..

“Muri 1994, nta cyizere cyari gihari, hari umwijima gusa. Uyu munsi, urumuri ruramurika hano.

Byabaye gute?

Abanyarwanda bongeye kwishyirahamwe nk’umuryango. Amaboko y’abantu bacu yongeye gusobekana, ari nayo nkingi ya mwamba y’igihugu cyacu. Turazamurana.”

Mu magambo yakoze kubaraho mu buryo bujimije Perezida yavuze amagambo y’umusizi w’umunyarwanda ukiri muto agira ati; “Imana yari iri he muri ayo majoro y’umwijima ya Jenoside?”

Si nemera, ariko ubwo Perezida yavugaga amagambo akurikira, “Iyo ureba URwanda uyu munsi, bigaragara neza ko Imana yagarutse iwacu gutura”Nari ngiye kubyemera.

Ku munsi wibutsa Abanyarwanda iyo minsi mibi 100, abaturage baraza gusinzira neza iri joro, bazi neza ko umugabo ufite imitsi igizwe n’ibyuma ndetse n’ubunyangamugayo ayoboye.

Kandi niba yarayoboye ubwato bwacu mu mazi yuzuye umuhengeri n’ibyondo muri iy’imyaka yose, ni ukuri koko tuzagera imusozi amahoro nta nkomyi.

Ijambo rya Perezida risoza ryari indirimbo mu matwi yanjye. Yagize ati, “Kuri izo nyangabirama, zanangiye kwicuza, ntibitureba.”

“Turi Abanyarwanda baruta kure uko twari turi. Ariko kandi dushobora no kurushaho.”

Umwanditsi akaba n’umushakashatsi Willis SHALITA uba mu gihugu cya Amerika

2019-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Mu Burundi imyitozo ya gisirikari yakuwe kumezi 9 ishyirwa kumezi 3, ngo haboneke abasirikare bajya kurwana muri Congo

Editorial 15 Feb 2024
Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Ikiganiro cya Leah Karegeya muri The New Vision, gihamya mu buryo budasubirwaho ko RNC yibona mu buyobozi bwa Uganda.

Editorial 14 Apr 2019
u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

Editorial 12 Oct 2018
Abashaka gusenya bahoraho ariko ntibagomba kubigeraho – Perezida Kagame

Abashaka gusenya bahoraho ariko ntibagomba kubigeraho – Perezida Kagame

Editorial 01 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibya Dr. Rudasingwa n’abagenzi be Musonera na Ngarambe biteye kwibaza byinshi!
ITOHOZA

Ibya Dr. Rudasingwa n’abagenzi be Musonera na Ngarambe biteye kwibaza byinshi!

Editorial 17 Feb 2017
Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’
ITOHOZA

Umugabo yishyize mu kagozi nyuma yo gushwana n’umugore we bapfa ‘igitiyo’

Editorial 02 Oct 2016
Stade Malien yegukanye umwanya wa gatatu mu mikino ya Basketball Africa League itsinze Petro de Luanda amanota 73-65
Amakuru

Stade Malien yegukanye umwanya wa gatatu mu mikino ya Basketball Africa League itsinze Petro de Luanda amanota 73-65

Editorial 27 May 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru