• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘ Leta ya Habyarimana yarwanyije Ubumwe n’Uburenganzira by’Abanyarwanda ‘_ Tom Ndahiro

‘ Leta ya Habyarimana yarwanyije Ubumwe n’Uburenganzira by’Abanyarwanda ‘_ Tom Ndahiro

Ubwanditsi 25 Jul 2017 Mu Rwanda

Ibyo Umuryango FPR-Inkotanyi, na Perezida wawo Kagame Paul bavuga kandi bakora bigira umuzi muremure no kudateshuka ku mugambi.

Ndi mu bantu barebye filimi yitwa “INKOTANYI” mu gihe yerekanwaga bwa mbere mu ruhame. Iyo filimi igaragaramo Perezida Kagame Paul aha impanuro n’amabwiriza ingabo z’Inkotanyi mu gihe cy’urugamba rwo kurwanya Perezida Habyarimana Juvenal.

Mu mpanuro yabahaye, yabihanangirije kwirinda irondabwoko, ivangura na ruswa. Ababwira ko babikoze ntaho baba bataniye n’abo barwanya kuko bo babishingiraho muri politiki. Iyo mvugo niyo ngiro yakomeje.

Nyuma y’iyo filimi nabajije Minisitiri w’Ingabo, Generali James Kabarebe igihe iryo jambo Perezida yarivugiye n’aho yarivugiye. Ngo iryo jambo ryavugiwe ahitwa i Nkana muri Nzeri 1991. Muri icyo gihe ubutegetsi bwa Habyarimana bwari bukataje mu gutegura jenoside nkuko nabyibukije.

Muri Gicurasi, 1991, nibwo Radio Muhabura y’Inkotanyi yatangiye gukora. Yahagaze muri Nyakanga 1994 hagati ibyuma byayo bikoreshejwe gutangiza Radiyo Rwanda. Muri icyo gihe cyose yamaze, nta na rimwe iyo radiyo yigeze ikoresha imvugo yigisha urwango nk’iz’ibitangazamakuru bya Leta cyangwa RTLM. Abarwanya FPR-Inkotanyi barabishakishije barabibura. Ni n’imvugo udashobora gusanga mu binyamakuru byandikaga nk’ibyitwa INKOTANYI na LE PATRIOTE.

-7350.jpg


Habyarimana n’abambari be

Politiki igendera ku mahame yashyizweho kuva mu Ukuboza 1987, niyo yagengaga ibiganiro by’iyo Radiyo kugeza ubwo ayo mahame yinjirijwe mu masezerano y’amahoro. Uhereye kuy’Igihugu Kugendera ku Mategeko yo ku wa 18 Kanama 1993.

Igice cya mbere (Chapter 1) cy’ayo masezerano ni Ubumwe bw’abanyarwanda nkuko ari ubwa mbere mu mahame-remezo ya FPR-Inkotanyi.

Ingingo ya mbere (Art.1) ivuga ko Ubumwe bw’igihugu bushingira kw’ihame ry’uko abaturage bareshya imbere y’amategeko, kandi bakagira amahirwe angana muri byose harimo iby’ubukungu no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.[1] Iyo mu mwaka w’2017 politiki yo guha abanyarwanda amahirwe angana nkuko byavuzwe bikanakorwa guhera mu 1994, abantu baba bakwiye kwumva ya soko-muzi.

Ingingo ya kabiri (Art.2) isobanura “Ubumwe bw’igihugu icyo ari cyo. Ko Abanyarwanda aribo bagize igihugu cy’u Rwanda kandi ko Umunyarwanda ari umwe w’indatana. Ubwo bumwe bukanasobanura ko ari ngombwa kurwanya icyo aricyo cyose cyabubangamira, by’umwihariko, intekerezo z’amoko, akarere, ubuhezanguni, no kutihanganirana. Ayo masezerano akavuga ko kutarwanya izo ntekerezo bibangamira inyungu z’igihugu zigasimburwa n’iby’amoko, akarere, idini, n’inyungu z’umuntu ku giti cye.[2]

Ingingo ya gatatu, (Art.3) ni Ubumwe bugirwa no kwanga/kwamagana iheza n’ivangura-bwoko iryo ari ryo ryose cyane cyane bishingiye ku bwoko, akarere, igitsina n’idini. Ibi bikagirwa n’uko abaturage bagira amahirwe angana ari muri politiki, ubukungu n’ikindi cyose kibafitiye inyungu kandi byose leta ikabiha agaciro.[3]

Ingingo ya kane (Art.4) ivuga ko impande zombi z’aya masezerano zemeza ko ubumwe bw’abanyarwanda bugashoboka hatabonetse igisubizo kirambye ku kibazo cy’impunzi z’abanyarwanda. Bikaba ihame ko impunzi z’abanyarwanda ari uburenganzira bwabo ndakuka bikaba n’inkingi y’amahoro, ubumwe n’ubwiyunge. Iyi ngingo ikanemeza ko ntawe ugomba kubangamira ihame ry’impunzi zishaka gutaha ku bushake.[4]

Iyi politiki yo guca ubuhunzi n’ikibutera no gucyura impunzi nibyo byatumye umwaka w’1997 urangira igice kinini cy’abagizwe impunzi na guverinoma yateguye igakora jenoside bamaze gutaha no gutura. Ari ku bushake no ku mbaraga. Na n’ubu gushishikariza abantu gutaha mu gihugu cyabo ku bushake birakomeza.

Demokarasi n’Uburenganzira mu Rwanda

Igice cya kabiri cy’aya masezerano yo kugira Igihugu kugendera ku mategeko, ni kuri Demokarasi. Ingingo ya gatanu (Art.5) ni ku ishingiro rya Demokarasi ko ari ubushake bw’abantu butavogerwa no kwihitiramo ubuyobozi bashaka. Ingingo ya gatandatu (Art.6) yibanda ku mahame rusange arimo ubutavogerwa bw’abaturage, gutandukanya ububasha bw’inzego z’ubutegetsi, ubwigenge bw’ubutegetsi bw’ubucamanza n’ubw’Inshingamategeko.

Iyi ngingo ishimangira ko nta demokarasi idashingiye ku kwubaha Uburenganzira bwa Muntu, ihame ry’abantu bose kureshya imbere y’amategeko, kugira no kubaha amategeko n’amabwiriza; ubwisanzure ari muri politiki, mu mibereho myiza n’ubukungu.

Ingingo ya munani (Art. 8) yavuye mu mahame rusange igaruka mu Rwanda ireba ibyahaberaga. Ivuga ko impande zombi z’aya masezerano ziyemeje kurwanya inkundura politiki ishingiye ku ngengabitekerezo zishyira imbere iby’ubwoko, akarere, idini no kutihanganirana birutishwa inyungu z’igihugu.[5]

Intumwa z’Inkotanyi zakomeye ku gitekerezo cyo kuvuga demokarasi ibereye umunyarwanda. Byatumye hajyamo ingingo yabaye iya cyenda (Art.9) isobanura ko kugirango ugire demokarasi ihamye, ari ngombwa guteza imbere imibereho myiza y’abaturage, amajyambere y’igihugu muby’ubukungu n’umuco, no kurwanya inzara, ubujiji ubukene n’indwara.[6]

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu ni imwe muri za Komisiyo ziteganywa n’Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ryo mu 2003 ndetse nk’uko ryavuguruwe kugeza ubu. Inshingano z’ingenzi z’iyi Komisiyo kuva yajyaho mu 1999, yateganyijwe n’aya masezerano mu ngingo yayo ya cumi na gatanu (Art.15).

Iyo abakunda kunenga u Rwanda baza kujya bibuka ibi byose bari kujya baceceka kuko inshingano zo kurinda no gutezwa imbere kw’Uburenganzira bwa Muntu atari isomo baha Inkotanyi.

Ingingo ya cumi na kane (Art.14) y’aya masezerano ivuga ko uburenganzira bwa muntu bugomba kujya mu Itegeko Nshinga n’andi mategeko.

Aya masezerano agaragaza icyerekezo cyiza umunyarwanda yagombaga kunyuramo. Ntabwo leta ya Habyarimana yigeze iyubahiriza kuko yasenyaga politiki yose yari yubakiweho yo kubiba urwango mu banyarwanda no kutita ku mibereho myiza.

Ku wa 21 Nzeri 1992, nibwo hasohotse itangazo ry’ubuyobozi bukuru bw’ingabo busobanura umwanzi w’u Rwanda. Mu bitwa umwanzi harimo Umututsi wo mu gihugu n’uwo hanze yacyo, Umuhutu utishimiye ubutegetsi, aba Nilo-hamitique bose, n’abandi bose bari hafi y’abo.

Cyabaye ikimenyetso cya mbere ko amasezerano y’amahoro ntacyo yari abwiye leta ya Habyarimana. Ariko n’amahanga yagombaga kureba ko yubahirizwa yipfutse mu maso igihugu kirashya kirakongoka.

Uko kwica amasezerano nkana tuzabikomeza ubutaha, kimwe n’ibyakozwe kubahiriza amahame ayarimo.

Biracyaza…

-7349.jpg

Ndahiro Tom

2017-07-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Ubwanditsi 29 Mar 2019
Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Ubwanditsi 18 Aug 2020
Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

RUSHYASHYA 24 Oct 2025
CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.

CECAFA y’ibihugu y’abatarengeje imyaka 23 igomba kubera muri Ethiopia yegejwe inyuma ibyumweru bibiri, ni mu gihe Amavubi yatangiye imyiteguro.

Ubwanditsi 28 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura
Amakuru

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Ubwanditsi 08 Oct 2025
Bujumbura :Ibiryo birabona umugabo bigasiba undi
Mu Rwanda

Bujumbura :Ibiryo birabona umugabo bigasiba undi

Ubwanditsi 08 Mar 2017
Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024
Amakuru

Hatangajwe inzira ya Tour du Rwanda 2024 izatangira kuya 18 isozwe 25 Gashyantare 2024

Ubwanditsi 25 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru