• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Editorial 16 Mar 2018 IMIKINO

Tombora y’uburyo amakipe azahura muri ¼ cya UEFA Champions League yaberaga i Nyon mu Busuwisi, isize amakipe yombi ahagarariye u Bwongereza azahura mu gihe Real Madrid izahura na Juventus bahuriye ku mukino wa nyuma mu mwaka ushize.

Imikino ibanza izaba hagati tariki ya 3 n’iya 4 Mata mu gihe imikino yo kwishyura izaba hagati ya tariki ya 10 n’iya 11 Mata 2018.

Uko batomboranye muri ¼ cya UEFA Champions League

  • Barcelona vs AS Roma
  • Sevilla vs Bayern Munich
  • Juventus vs Real Madrid
  • Liverpool vs Manchester City

Liverpool na Manchester City ni undi mukino uzaba ukomeye muri 1/4Liverpool na Manchester City ni undi mukino uzaba ukomeye muri 1/4

1. Barcelone vs AS Roma

Gutombora kwiza ku ruhande rw’iyi kipe yo muri Espagne ugereranyije n’andi makipe asigaye. Barcelone yakomeje isezereye Chelsea yari yabaye iya kabiri mu itsinda ryayobowe na AS Roma. Iyi kipe yo mu Butaliyani yo yasezereye Shakhtar Donetsk iyitsinze 1-0 mu mukino wo kwishura, mu mukino ubanza yari yatsinzwe 2-1.

2. Sevilla vs Bayern Munich

Seville ni ikipe yatunguranye ikuramo Manchester United, ariko na none twibukiranye ko ari ikipe ifite igikombe cya Europa League inshuro eshanu, n’ubwo mu mwaka ushize nabwo itageze kure muri UEFA Champions League, ariko byibuze hamwe n’umutoza Vincenzo Montella bakoze amateka yo kugera kure.

Bayern Munich ni imwe mu makipe ari guhabwa amahirwe yo kwegukana irushanwa ry’uyu mwaka. Iyi yasezereye Besiktas ku bitego 8-1 mu cyiciro giheruka, mu mwaka ushize w’imikino yakuwemo na Real Madrid muri 1/2.

3. Juventus vs Real Madrid

Umukino wa nyuma wa 2017! Juventus yatsinzwe na Real Madrid ibitego byinshi ku mukino wa nyuma w’umwaka ushize, gusa na yo yari yarayisezereye mu 2015 ubwo yageraga ku mukino wa nyuma ariko igatakaza imbere ya FC Barcelone.

Ni umwe mu mikino ntashidikanyaho kuvuga ko uzaba ukomeye muri 1/4 dore ko Real Madrid yifuza kuba yakwegukana iki gikombe ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, igakomeza gukora amateka.

Real yatsinze Juventus 4-1 ubwo yegukanaga igikombe umwaka ushizeReal yatsinze Juventus 4-1 ubwo yegukanaga igikombe umwaka ushize

Ni byo Real Madrid ihagaze nabi muri Espagne, Juventus ihagaze neza mu Butaliyani, ariko gusezerera Paris Saint-Germain byerekanye ko iyi kipe ifite ubunararibonye muri aya marushanwa y’i Burayi.

4. Liverpool vs Manchester City

Abongereza bagomba kubanza kwishimira ko ikipe imwe yabo igeze muri 1/2, ubundi bagategereza kuryoherwa n’amakipe navuga ko ari yo ahagaze neza kurusha ayandi muri kiriya gihugu.

Mu mukino ubanza wahuje amakipe yombi muri shampiyona, Manchester City yatsinze Liverpool 5-0 mbere y’uko iyi iyihimuraho mu mukino wo kwishyura ikabatsinda 4-3.

Manchester City iracyishakisha ku rwego rw’amarushanwa nk’aya i Burayi mu gihe Liverpool na yo iri kurwana no kureba uko yagarukana ibigwi yahoranye muri iri rushanwa.

2018-03-16
Editorial

IZINDI NKURU

CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

CAN 2019: Uganda yari yahagaritse imyitozo kubera uduhimbazamusyi irisobanura na Sénégal muri 1/8

Editorial 05 Jul 2019
Amore akomeje kwagura muzika ye

Amore akomeje kwagura muzika ye

Editorial 04 Mar 2016
Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Amafoto- Héritier Luvumbu wakiniye ikipe ya Rayon Sports yageze i Kigali aho aje gukinira iyi kipe ku nshuro ye ya Kabiri

Editorial 29 Dec 2022
Mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere, Umufaransa Gérard Buscher niwe wagizwe umu umuyobozi wa Tekinike mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda

Mu gihe cy’imyaka ibiri iri imbere, Umufaransa Gérard Buscher niwe wagizwe umu umuyobozi wa Tekinike mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda

Editorial 16 Sep 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sitade Umuganda yongeye kwemererwa kwakira imikino, impinduka ku mikino imwe n’imwe y’umunsi wa 5 wa shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Sitade Umuganda yongeye kwemererwa kwakira imikino, impinduka ku mikino imwe n’imwe y’umunsi wa 5 wa shampiyona y’u Rwanda

Editorial 26 Nov 2021
Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye
POLITIKI

Perezida Macron arabazwa niba agiye gutsura umubano n’u Rwanda akanakurikirana abaruhekuye

Editorial 17 May 2017
U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru