• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Madamu Jeannette Kagame yasobonuriye isi uko u Rwanda rwesezereye ibigo by’impfubyi

Editorial 23 Sep 2017 POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yasobanuriye abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi uko u Rwanda rwahisemo kubaho rutagira ikigo na kimwe cy’impfubyi ahubwo umwana wese akarererwa mu muryango.

Abana ibihumbi n’ibihumbi babaga mu bigo by’impfubyi bashakiwe imiryango ibarera, igihugu kikaba kishimira ko Abanyarwanda bumvise umuco gakondo ko umwana ari uw’igihugu muri rusange.

Politiki yo gukura abana mu bigo by’impfubyi bagashyirwa mu miryango yabaye u Rwanda rusohotse mu marorerwa ya Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abasaga miliyoni naho ababarirwa mu bihumbi 75 bagasigara ari impfumbyi zitagira kivurira.

Inama y’abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi “Global First Ladies Alliance” yabereye i New York ubwo abakuru b’ibihugu bari mu Nama Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye.

-8075.jpg

Madamu Jeannette Kagame mu kiganiro mu nama y’abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi “Global First Ladies Alliance”

Madamu Jeannette Kagame yagize ati “Jenoside ikirangira, igihugu cyasigaranye inshingano zikomeye zo gusana imitima yakomerekejwe, kuvura inkomere no kongera kubaka inzego zari zasenywe.”

Muri “Global First Ladies Alliance” abagore b’abakuru b’ibihugu baterana inkunga mu bushobozi bwabo mu kuganira ku ngingo zizana impinduka nziza mu bihugu byabo no ku isi.

Madamu Jeannette Kagame, akaba yababwiye ko mu Muco Nyarwanda “Nta rwego na rumwe rushyirirwaho kwita ku bana b’impfubyi. Iyo umwana yabaga impfubyi yahitaga ahabwa umuryango mugari ukamwitaho cyangwa se agahabwa abaturanyi.”

Ni ho yahereye avuga ko hashingiwe kuri uwo muco, guverinoma yashyizeho gahunda yo gusubiza abana mu miryango, bagashakirwa imiryango ibarera nk’abana bayo (adoption).

Iyo uvuze ku kwita ku bana batagira kivurira hari ibihe bikomeye byo muri 2007, bitasibangana mu mutwe wa buri Munyarwanda.

-8074.jpg

Madamu Jeannette Kagame mu ihuriro ry’abagore b’abakuru b’ibihugu byo ku isi “Global First Ladies Alliance”

Muri 2007, mu buryo bwo gukemura ku buryo burambye ikibazo cy’impfubyi mu Rwanda, hashyizweho urwego rushinzwe kurengera abana b’impfubyi rwise “National Strategic Plan for Orphans and Vulnerable Children”.

Muri uyu mwaka kandi, Imbuto Foundation, Umuryango uyoborwa na Madamu Jeannette Kagame, ni bwo watangije gahunda ya ba “Malayika Murinzi” mu rwego rwo kwita ku bana batagira kivurira.

Kugeza ubu, u Rwanda rufite ba Malayika Murinzi basaga ibihumbi bitatu, aba akaba ari bantu bakuze bagiye bagaragariza abana batawe n’ababyeyi babo urukundo ntagereranywa bakemera kubabera ababyeyi.

Jeannette Kagame ati “Twafashe icyemezo cyo kujya dushimira abo bagabo n’abagore mu ruhame kubera ibikorwa byabo kugira ngo dushishikarize n’abandi kugira umutima nk’uwo, twongere ducane urumuri rw’icyizere ku bana by’umwihariko abatagira kivurira.”

Muri 2012 kandi, ni bwo gahunda y’ ivugururwa ry’itegeko ryo kwita ku bana yateguye uburyo abana bose bagomba gukurwa mu bigo by’impfubyi, abana bose bakarerwa mu miryango.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko “Gusubiza abana mu miryango bakongera kubona urukundo rwa kibyeyi aribyo byafashije mu kubaka uburyo burambye bwo kwita ku mwana no gushyira uburyo bwo kugenzura uko abana babayeho.”

Kugeza ubu, abana ubihumbi 2 na 909 mu bana ibihumbi 3 na 323 babaga mu bigo by’impfubyi babonye imiryango ibarera, ibigo 21 kuri 33 byashoboye kubonera imiryango abana bose byareraga.

Madamu Jeannette Kagame ati “Nk’igihugu cyahuye n’amateka asharira yo gutsindwa kwa muntu kikongera kwiyubaka gihereye ku busa, twisanze tugomba gukoresha uburyo budasanzwe mu kwihutisha iterambere ryacu nta n’umwe dusize inyuma.”

Yakomeje avuga ko hari izindi gahunda zikomeje zo kwita ku bana binyuze mu buringanire n’ubwuzuzanye mu nzego zose z’u Rwanda kugira ngo urubyiruko rwitabweho mu buryo bwose bushoboka ababyeyi bombi babigizemo uruhare.

-8076.jpg

Madamu Jeannette Kagame mu kiganiro i New York

Madamu Jeannette Kagame yogeyeho ati “iGuhura bidufasha kwigira ku masomo ya buri gihugu kandi tukarebera hamwe uko twashora imari kandi tukongerera ubushobozi abaturage bacu kugira ngo bashobore kubaka imiryango irambye, ibereye urubyiruko rwacu.”

2017-09-23
Editorial

IZINDI NKURU

Twagiramungu Faustin yavuye ku izima avuga ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’abakiri bato

Twagiramungu Faustin yavuye ku izima avuga ko u Rwanda rukwiye kuyoborwa n’abakiri bato

Editorial 11 Nov 2016
Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Sena yahamagaje Minisitiri w’Ubuhinzi ngo asobanure ibibazo bikigaragara mu ihunikwa ry’imyaka

Editorial 05 Apr 2018
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Editorial 24 Jun 2025
Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Mu Rwanda inzererezi zijyanwa mu bigo ngororamuco induru zikavuga, muri Kongo zakwicwa bigahabwa umugisha

Editorial 16 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Editorial 22 Dec 2016
Hamaganwe ikiganiro cy’abapfobya Jenoside giteganyijwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi
INKURU NYAMUKURU

Hamaganwe ikiganiro cy’abapfobya Jenoside giteganyijwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Bubiligi

Editorial 11 Feb 2018
Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA
ITOHOZA

Umukwe wa Trump azatanga amakuru mu iperereza ku ruhare rw’u Burusiya mu matora ya USA

Editorial 28 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru