• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Madamu Jeannette Kagame yeretse abayobozi ba Bloomberg Philanthropies ibikorwa bya Imbuto Foundation

Editorial 14 Nov 2017 UBUKUNGU

Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi w’ikirenga wa Imbuto Foundation, yitabiriye inama y’umuryango w’abagiraneza bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ‘Bloomberg Philanthropies’, abereka ibikorwa Imbuto Foundation imaze kugeraho mu guteza imbere Abanyarwanda mu myaka 16 ishize.

Muri iyi nama yabereye muri London, abayobozi ba Bloomberg Philanthropies harimo n’uwashinze uy’umuryango akaba n’uwahoze ayobora umujyi wa New York, Michael Bloomberg, bagaragarijwe ibikorwa bya Imbuto Foundation, mu bijyanye no guteza imbere uburezi, ubuzima, ubukungu, urubyiruko n’umuryango Nyarwanda muri rusange.

Mu myaka 16 ishize, Imbuto Foundation yashyize mu bikorwa gahunda n’imishinga 15 zigamije guteza imbere uburezi, ubuzima, ubukungu, urubyiruko n’umuryango mu byiciro bitandukanye by’Abanyarwanda.

Aha harimo gufasha abana gusubira mu ishuri, guhemba abakobwa batsinze neza mu bizamini bya Leta, gufasha abanyeshuri kwiga amashuri yisumbuye bahabwa ibikoresho bikenewe no kwishyurirwa amafaranga y’ishuri, kubaka ingo mbonezamikurire z’abana bato (ECD), ndetse no guteza imbere abagore, n’umuryango Nyarwanda.

Imbuto Foundation inafasha abangavu bagahabwa amasomo ku buzima bw’imyororokere, ubukangurambaga bwo kwigisha umwana w’umukobwa, gukangurira abanyeshuri kwirinda inda zitateguwe ndetse no gushimira urubyiruko rw’indashyikirwa rwakoze ibikorwa bidasanzwe mu kwiteza imbere.

Madamu Jeannette Kagame akaba n’Umuyobozi w’ikirenga wa Imbuto Foundation mu nama y’abayobozi ba Bloomberg Philathropies yerekanye ibikorwa bya Imbuto Foundation

Bloomberg Philanthropies mu myaka 11 umaze, ukora ibikorwa bigamije kurengera ubuzima, ibidukikije, guteza imbere abagore no guhanga imirimo ku mugabane wa Afurika. Watangiye gukora ibikorwa mu Rwanda kuva mu 2007, wibanda mu bikorwa biteza imbere abagore.

Ibikorwa byawo kandi byaragutse bijya no muri gahunda zo gushishikariza abana mu gusoma no kwandika, gushyigikira uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kwandika abapfuye n’abavutse n’ibindi.

2017-11-14
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Perezida Kagame yagaragaje ko ahatari internet iterambere ritabasha kwihuta

Editorial 18 Jan 2017
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Editorial 23 Aug 2023
Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Perezida Kagame na Magufuli bemeranyije gutangira iyubakwa ry’umuhanda wa gari ya moshi [ Isaka-Kigali ]

Editorial 14 Jan 2018
U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

U Rwanda rwahawe miliyari 180 FRW zo guteza imbere ireme n’ibikorwa remezo by’uburezi

Editorial 01 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York
ITOHOZA

Isesengura : Urutegereje Eugene Gasana, wafatiye umugore ku ngufu muri The Millennium Hilton New York

Editorial 19 Jun 2019
Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR
INKURU NYAMUKURU

Abasirikare babiri ba FARDC bishwe n’inyeshyamba za FDLR

Editorial 23 Jan 2020
Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye
ITOHOZA

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Editorial 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru