• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Magufuli yeruye ko Kagame ari inshuti ye ikomeye

Magufuli yeruye ko Kagame ari inshuti ye ikomeye

Editorial 09 Apr 2016 POLITIKI

Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli, yatangaje ko mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame, ari inshuti ye magara.

Ibi yabivuze kuri uyu wa Gatatu tariki 06 Mata 2016, mu muhango wo gutangiza ibiro bya gasutamo n’ikiraro cya Rusumo, bihuriweho n’ibihugu byombi.

Yagize ati “Ndashimira inshuti yanjye, umuvandimwe wanjye Kagame, sinkunda kugendagenda kuko sinkunda ibintu byo gusesagura umutungo.”

Perezida Magufuli yunzemo ati “Maze gutumirwa i Burayi kenshi nkanga kujyayo, ariko Kagame yantumiye uyu munsi naje. Urugendo rwanjye mu Rwanda rugamije gushimangira umubano mwiza n’ubuvandimwe dufitanye”.

-2609.jpg

Iyi ni yo nshuro ya mbere Magufuli agiye hanze y’igihugu kuva yatorerwa kuyobora Tanzania nka Perezida wa Gatanu mu Kwakira 2015, ikaba ari inshuro ye ya gatatu aje mu Rwanda, ikaba iya mbere ajemo nk’Umukuru w’Igihugu.

Mu ijambo yagejeje ku bitabiriye uyu muhango kandi, Magufuli yagize ati “Nje mu Rwanda nk’inshuti, nk’umuvandimwe, nk’umuturanyi. Nishimiye gusura Abanyarwanda nshimira inshuti yanjye Perezida Kagame wanyakiriye.”

Yakomeje agira ati “Mu minsi ibiri nzamara mu Rwanda nzi neza ko nziga byinshi kandi ndashaka gushimangira ko Abanyatanzaniya ari abavandimwe banyu.”

Aha Perezida Magufuli yashakaga gukuraho urujijo rwabaye mu minsi yashize ubwo umubano w’ibihugu byombi wazagamo agatotsi ubwo cyane cyane Abanyarwanda bari barahungiye muri iki gihugu bakirukanwagamo.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashimye imigenderanire hagati y’ibihugu byombi ndetse n’uburyo Perezida Magufuli ashishikajwe no kunoza umubano w’ibihugu byombi ndetse ko n’ubuhahirane hagati y’abaturage b’ibi bihugu ugomba kwiyongera.

-2608.jpg

Yagize ati “Bavuze ko abantu bambuka hano ari 2000 ku munsi. Ntabwo ari bake, ariko turashaka ko biyongera bikube nk’inshuro eshanu babe nk’ibihumbi 10. Ibyo byatuma ubucuruzi bwiyongera. Twifuza ko twabana na Tanzania neza tugahahirana kandi ibyo byose bigashingira ku mahoro hagati y’ibihugu byombi.”

Yakomeje agira ati “Abanyatanzania n’Abanyarwanda bakeneye amahoro, bakeneye ubucuti, bakeneye guhahirana twese tugatera imbere. Twishimye abashyitsi bacu kandi turabasezeranya ko uyu mubano mwiza uzakomeza gukura uko imyaka isimburana.”

Aba Bakuru b’Ibihugu byombi kandi bagarutse ku muryango wa Afurika y’Iburasirazuba ibihugu bihuriyemo aho bashimangiye ko bakomeje gufatanya ntacyabananira.

-2607.jpg

Perezida Kagame na Perezida Magufuli bafungura ibiro bya gasutamo ku Rusumo n’ikiraro gihuza u Rwanda na Tanzania (Ifoto/Kisambira T)

Kubaka iki kiraro gihuza u Rwanda na Tanzania ndetse na za gasutamo zo ku mpande z’ibihugu byombi byubatswe ku nkunga y’Abayapani.

2016-04-09
Editorial

IZINDI NKURU

Abatavuga rumwe na Leta y’Uburundi bamaze kugera Arusha mu biganiro ariko Leta y’Uburundi ntirahagera

Abatavuga rumwe na Leta y’Uburundi bamaze kugera Arusha mu biganiro ariko Leta y’Uburundi ntirahagera

Editorial 25 Oct 2018
U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

U Rwanda rugiye gufungura ambasade i Maputo

Editorial 20 Jul 2018
Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Abanyapolitiki bagaragaje ko amateka y’u Rwanda aruha kugira demokarasi yihariye

Editorial 24 Mar 2018
Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Editorial 21 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC
Amakuru

Umunsi wa 23 wa shampiyona y’u Rwanda urakomeza Police FC yakira Musanze FC naho Gasogi United ikine na Kiyovu SC

Editorial 15 Apr 2022
APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.
Amakuru

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Editorial 11 Jun 2021
FIFA: Umubare w’Amakipe azitabira Igikombe cy’Isi 2026 yongerewe
MULTIMEDIA

FIFA: Umubare w’Amakipe azitabira Igikombe cy’Isi 2026 yongerewe

Editorial 11 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru