• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Maj.Dr Rugomwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 n’indishyi za miliyoni 11 Frw

Maj.Dr Rugomwa yakatiwe igifungo cy’imyaka 10 n’indishyi za miliyoni 11 Frw

Editorial 21 Aug 2017 Mu Rwanda

Maj.Dr.Aimable Rugomwa ukekwaho gukubita umwana witwa Mbarushimana Théogène agapfa, yakatiwe n’Urukiko rw’ibanze rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo, igifungo cy’imyaka 10 ananyagwa impeta zose za Girisirikare.

Isomwa ry’uru rubanza ryabaye kuri uyu wa Mbere aho yaba Maj.Dr Rugomwa n’abamwunganira Alain Mucyo Ntagara na Joseph Ngabonziza batagaragaye mu rukiko.

Urukiko rwamuhamije icyaha cyo gukubita no gukomeretsa bigatera urupfu rumuhanisha igifungo cy’imyaka icumi n’indishyi hamwe n’igihembo cya avoka n’ibindi byakoreshejwe bingana na 11 570 000 Frw.

Ibyo urukiko rwashingiyeho birimo kuba Maj. Rugomwa yaremeye ko yakubise ariko akavuga ko yirwanagaho, kuba abatangabuhamya baremeje ko bamusanze mu kizenga cy’amaraso no kuba Mbarushimana yaragejejwe kwa muganga atarapfa. Ibi byatumye urukiko ruhindura inyito y’icyaha ruvuga ko atari ubwicanyi ahubwo ari ugukubita bikavamo urupfu.

Mu gusobanura uko indishyi zigabanyije, Urukiko rwavuze ko harimo miliyoni n’igice y’umubyeyi wamureraga; indi miliyoni n’igice y’uwamubyaye, abavandimwe be umwe agenerwa miliyoni imwe ubwo kuko ari barindwi zikaba zirindwi.

Harimo kandi amafaranga ibihumbi 150 yo kwishyura imodoka yatwaye umurambo ndetse n’andi ibihumbi 120 yo kwishyura isanduku yashyizwemo umurambo. Indabo zashyizwe ku mva zabariwe ibihumbi 50, ibinyobwa byanyowe mu gushyingura nabyo bibarirwa ibihumbi 50, imva ibarirwa nayo ibihumbi 50, ikiriyo nacyo kibarirwa ko hakoreshejwe ibihumbi 100. Aya yiyongeraho n’igihembo cya Avoka kingana na miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.

Icyaha cyo gukubita no gukomeretsa bigatera urupfu giteganywa mu ngingo ya 151 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda. Iyi ngingo iteganya igifungo cy’imyaka 10 kugera kuri 15 ku muntu uhamye n’iki cyaha.

Maj.Dr Rugomba utagaragaye mu rukiko kubera impamvu z’uburwayi, afite iminsi 30 yo kujuririra igihano yahawe.

-233.png

Maj.Dr Rugomba

2017-08-21
Editorial

IZINDI NKURU

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Editorial 31 Mar 2017
Miss Honorine “Igisabo” yagaye umubyimba w’ikibuno cya Oda Paccy

Miss Honorine “Igisabo” yagaye umubyimba w’ikibuno cya Oda Paccy

Editorial 05 Oct 2017
Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Amajwi asaba Ubwongereza guta muri yombi abajenosideri 5 bidegembya muri icyo gihugu akomeje kuba menshi

Editorial 30 Aug 2021
Eddy Kenzi yegukanye ibihembo byinshi mu irushanwa Uganda Music Awards 2017, Dore abegukanye ibihembo bose

Eddy Kenzi yegukanye ibihembo byinshi mu irushanwa Uganda Music Awards 2017, Dore abegukanye ibihembo bose

Editorial 06 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction
HIRYA NO HINO

Umuhanzikazi w’ikimero n’uburanga yatunguye benshi muri Jazz Junction

Editorial 01 Apr 2018
Impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha
Mu Mahanga

Impunzi ziri mu nkambi ya Mahama zakanguriwe kwirinda ibiyobyabwenge n’ibindi byaha

Editorial 16 Sep 2016
Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa
Mu Mahanga

Polisi yakuye urujijo ku itabwa muri yombi ry’Umunyamabanga Mukuru wa Ferwafa

Editorial 12 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru