• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mamadou Sy na Dauda Youssef bari bahagaritswe na APR FC, bababariwe basubizwa mu kazi

Mamadou Sy na Dauda Youssef bari bahagaritswe na APR FC, bababariwe basubizwa mu kazi

Editorial 31 Oct 2025 Amakuru, IMIKINO

APR Football Club yatangaje imyanzuro yafashwe n’itsinda rishinzwe imyitwarire nyuma y’uko abakinnyi babiri, Dauda Yussif na Sy Mamadou, bagaragaje imyitwarire idahwitse mu gihe ikipe yari mu myiteguro y’imikino ya CAF Champions League yakinirwaga na Pyramids FC.


Nk’uko biteganywa n’amategeko n’amabwiriza agenga ikipe,
Komite ishinzwe imyitwarire yahise itoranywa kugira ngo ikurikirane iki kibazo cyabaye mu gihe ikipe yari mu mwiherero ukomeye w’imyiteguro.

Nyuma yo gusuzuma no gusesengura ibimenyetso, Komite yasanze aba bakinnyi bombi bararenze ku mabwiriza y’ikipe ndetse n’ay’abatoza, bigaragaza imyitwarire idahwitse. Kubera ibyo, bafatiwe icyemezo cyo kubavanamo by’agateganyo mu gihe iperereza ryari rigikorwa.

Nyuma y’isesengura ryimbitse, Komite yasanze imyitwarire yabo itari mu murongo w’indangagaciro z’ikipe, bityo ifata icyemezo cyo kubaha umuburo no kubibutsa inshingano zabo nk’abakinnyi ba APR FC.

Mu ngingo ya kane y’itangazo, APR FC yatangaje ko mu kumva uruhande rw’aba bakinnyi, bemeye amakosa yabo, basaba imbabazi, kandi biyemeza gukurikiza amabwiriza y’ikipe.

Komite, nyuma yo gusuzuma neza uko ibintu byagenze, yafashe icyemezo cyo kubaha umuburo wa nyuma mu nyandiko ndetse inashyiraho ingamba z’inyongera z’imyitwarire, bityo abasubiza mu mwiherero hamwe na bagenzi babo.

Komite ishinzwe imyitwarire igizwe na:

• Col (Lt) V. Mugisha, Umunyamabanga Mukuru akaba na Perezida wa Komite

• Lt Col J. P. R. Ruhorohoza, Umukozi ushinzwe amategeko

• Lt Francine, Ubuyobozi bwungirije

Mu nama ya Komite, umuyobozi wa APR FC yari ahari nk’umureberera.


Mu gusoza,
Brig. Gen. Deo Rusanganwa, Umuyobozi wa APR FC, yashimangiye ko ikipe izakomeza gukurikiza indangagaciro zayo zirimo ikinyabupfura, ubunyangamugayo, umurava n’urukundo rw’igihugu, kuko aribyo shingiro ry’intsinzi y’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Nyuma y’ibi byemezo, APR FC ikomeje imyiteguro y’umukino bazahura na Rutsiro FC mu mukino wa Shampiyona uteganyijwe kubera i Rubavu kuri uyu wa Gatandatu.

2025-10-31
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Amafoto – Minisitiri Aurore Mimosa na Ambasaderi Abdoul Harelimana basuye ikipe ya REG BBC yitegura BAL 2023

Editorial 12 May 2023
Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Amafoto – PSG yatsinze Real Madrid mu mukino ubanza wa 1/8 w’irushanwa rya UEFA Champions League, Manchester City yihaniza Sporting CP iyitsinda 5-0

Editorial 16 Feb 2022
Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Editorial 03 Jan 2022
Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Umujenosideri utabyicuza ahubwo ugikwiza ingengabitekerezo ya Jenoside, kumwita umwanda uhumanya bikwiye kuba urubanza?

Editorial 09 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Camerouni inyangiye abacongomani ,Amavubi akazahura na Congo
IMIKINO

Camerouni inyangiye abacongomani ,Amavubi akazahura na Congo

Editorial 25 Jan 2016
Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo
Mu Rwanda

Ban ki-Moon yageze Bujumbura yerekwa ishusho itariyo

Editorial 23 Feb 2016
Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo
Amakuru

Abangavu b’u Rwanda bari munsi y’imyaka 20 mu mukino wa Cricket bakomeje guhesha ishema urwababyaye muri Afurika y’Epfo

Editorial 17 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru