• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Mario Mandžukić yarijije Abongereza ageza Croatia ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi

Editorial 12 Jul 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu ya Croatia yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi aho igomba kwisobanura n’u Bufaransa mu mpera z’iki cyumweru, nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu y’u Bwongereza ibitego 2-1, mu mukino wabereye kuri Luzhniki Stadium.

Myugariro Kieran Trippier ni we wabonye igitego cya mbere ku ruhande rw’u Bwongereza ku munota wa 5 gusa, agitsinze neza ku mupira w’umuterekano. Gusa Ivan Perišić usanzwe akinira Inter Milan yaje kucyishyura ku munota wa 68.

Iminota 90 y’umukino yarangiye amakipe yombi anganya 1-1, hitabazwa iminota 30 y’inyongera, maze Mario Mandžukić ukinira ikipe ya Juventus yo mu Butaliyani, araza nabi Abongereza ubwo yashyiragamo igitego cya kabiri ku munota wa 109.

Croatia yahise ibona itike yo gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Isi aho izacakirana n’u Bufaransa kuri Luzhniki Stadium mu murwa mukuru Moscow, ku wa 15 Nyakanga 2018.

U Bwongereza bugomba kubanza guhatanira n’u Bubiligi umwanya wa gatatu, umukino uteganyijwe ku wa Gatandatu.

Iyi yari inshuro ya mbere u Bwongereza bugeze mu mikino ya kimwe cya kabiri nyuma ya 1990, ikaba n’iya mbere kuri Croatia nyuma ya 1998. Ni n’inshuro ya mbere Croatia igiye gukina umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi.

Croatia inakuyeho agahigo kari kamaze imyaka 20, iba ikipe ya mbere ibashije gutsinda umukino wa kimwe cya kabiri mu Gikombe cy’Isi kandi ari yo yabanjwe igitego, nyuma y’u Bufaransa bwabikoze mu 1998 bubikoreye kuri iki gihugu n’ubundi.

Umukino watangiye abafana bibaza uza gutsinda

Ba Kapiteni: Luka Modric wa Croatia na Harry Kane w’u Bwongereza baramukanya mbere y’umukino

Dele Alli yacungirwaga hafi n’abakinnyi ba Croatia, aha yaguye barwanira umupira

Kieran Trippier yafunguye amazamu y’Abongereza, umukino uhita uhindura isura

Byabaye ibyishimo ku Bongereza, gusa ntibyarambye

Abakinnyi bakomeje kugundagurana, nta we ukeneye guha undi urwaho

Ivan Perisic yaje kwishyura igitego ku munota wa 68 maze ibintu bisubira ibubisi

Umuzamu w’Abongereza Jordan Pickford yashidutse umupira winjiye mu rushundura

Yirambuye ngo arebe ko yawugeraho, biba iby’ubusa

Mario Mandzukic yashyizemo igitego cya kabiri cya Croatia

Ibyishimo by’Abongereza ntibyarambye

Modric ntiyanyuzwe n’ibyemezo byose by’umusifuzi

Croatia mu byishimo nyuma yo kugera ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi ku nshuro ya mbere

Mandzukic na Perisic, bombi bahesheje Croatia intsinzi

Ivan Rakitic yashwanye na Dele Alli umusifuzi aritambika

Abongereza bararanye agahinda

2018-07-12
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Rayon Sports WFC yasuye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, ibumurikira ibikombe bibiri yatwaye mu mwaka w’imikino wa 2023/24

Amafoto – Rayon Sports WFC yasuye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza, ibumurikira ibikombe bibiri yatwaye mu mwaka w’imikino wa 2023/24

Editorial 08 May 2024
Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere

Gisagara VC na Police Women VC begukanye BK Arena Volleyball cup 2025 yakinwaga ku ncuro ya mbere

Editorial 14 Dec 2025
AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

AS Kigali yashyikirijwe igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru y’abagore 2021-22

Editorial 21 Mar 2022
Police FC yageze  muri Sudani n’impamba y’ibitego bibiri

Police FC yageze muri Sudani n’impamba y’ibitego bibiri

Editorial 25 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yiteguwe muri Nyamagabe yagiye irangwamo ibibazo by’umutekano mu gihe gishize

Editorial 25 Feb 2019
Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho
ITOHOZA

Rusizi : Inzego z’umutekano z’u Rwanda zabonye ibimenyetso byasizwe inyuma n’abantu bitwaje ibirwanisho

Editorial 13 Mar 2017
Nyaruguru: Abaturage bari bakubise buzuye baje kwakira umukandida wa FPR Inkotanyi
Mu Rwanda

Nyaruguru: Abaturage bari bakubise buzuye baje kwakira umukandida wa FPR Inkotanyi

Editorial 15 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru