• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Masaka: Bafunganywe n’abana babo kubera babuze ubwishyu.

Masaka: Bafunganywe n’abana babo kubera babuze ubwishyu.

Editorial 05 Sep 2017 ITOHOZA

Abarenga 30 bafungiye mu bitaro bya Masaka mu karere ka Kicukiro kubera ko bahawe serivisi z’ubuvuzi ntibishyure.

Aba baturage bivurije mu bitaro bya masaka barangije babura ubwishyu bategekwa kutava mu bitaro kugeza igihe bazaba bamaze kwishyura.

Muri aba baturage bategetswe kudasohoka mu bitaro harimo abishyuzwa amafaranga ari hejuru y’ibihumbi magana atanu (500000RWF) y’u Rwanda, bose bahuriza ku kibazo cy’ubukene ko aricyo cyatumye batabasha kubona amafaranga yo kwishyura, ikindi nuko aba bivuje nta mituweli de sante bagira.

Marcel Uwizeye umuyobozi w’ibitaro bya Masaka yatangaje ko koko aba baturage batemerewe kuva mu bitaro kugeza ubwo bazaba bamaze kwishyura gusa avuga ko imvugo ikoresha yuko bafunze atari nziza.

Yakomeje avuga ko iki kibazo gishingiye ku myumvire y’abaturage ko serivisi z’ubuvuzi kwa muganga batazishuyura abandi bakaba bafite ikibazo cy’ubushake buke kuko bamwe muri bo batangiye bavuga ko nta mafaranga nyuma bakaza kwishyura.

Mu gihe ibitaro bivuga ko aba baturage bitazemera ko basohoka batisyuye, bamwe mubo twaganiriye badutangarije ko bo ntacyo bakora keretse ibitaro ngo nibibaha akazi bakazajya bakoropa kuko ntaho babona ho kuvana ayo mafaranga yo kwishyura abandi bavuga ko bizeye ko Imana izabacira inzira bakabona aho bakura ayo mafaranga kuko bo ntaho bayavana bakaba bakomeje batangaza ko babayeho kuri Mana mfasha kuko n’ibyo kurya bibatunga mu gihe bakiri ku bitaro babizanirwa n’abagiraneza.

Ibitaro bya Masaka biri mu ihurizo ryo gushaka amafaranga y’abaza kwivuza batagira mituweli umuyobozi wabyo avuga ko bibangamye kugumana abavuye mu bitaro bagakira kuko ari abantu ubona basilimutse banakomeye kandi basobanukiwe ikindi nuko abana babo badakwiye kuguma mubitaro ngo bahatinde kandi barakize kuko bashobora kuhagirira izindi ngaruka ariko akavuga ko nabo nta bundi buryo babigenza kuko nabo ntaburyo basobanurira umugenzuzi w’Imari aho miliyoni zigera ku ijana na mirongo ine(140) zagiye akaba yavuze ko hakenewe ubufatanye n’inzego zose .

Mu kwezi kwa karindwi ibitaro bya Masaka byahombye miliyoni cumi nimwe (11),kubera abantu bivuje ntibishyure, mu kwezi kwa munani gushize abantu 37 bagombaga kwishyura miliyoni 2.5 ariko ibitaro byabonye ibihumbi 760 gusa.

Mu myaka itanu ibitaro bimaze bikora bimaze guhomba miliyoni zisaga 140 z’amafaranga y’u Rwanda, benshi mu badafite ubwisungane mu kwivuza bavuga ko batigeze bashyirwa mu byiciro by’ubudehe abandi nabo bavuga ko babuze amafaranga yo kwishyura kugira ngo babone Mituweli.

-7913.jpg

Ibitaro bya Masaka byakira abaturage ibihumbi bitanu (5000) buri kwezi, ikibazo cy’abahabwa serivisi mu bitaro kimaze iminsi cyumvikana hirya no hino mu bitaro byo mu Rwanda no bigo nderabuzima bya leta, Minisiteri y’ubuzima iri gukusanya amakuru y’abavurwa mu bitaro hirya no hino mu gihugu ariko ntibishyure serivisi z’ubuvuzi.


Norbert Nyuzahayo

2017-09-05
Editorial

IZINDI NKURU

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Ibirenge biva muri “Edeni” bijya muri Kongo, ko tutabibona bigaruka aho ni ubuhoro? 

Editorial 22 Jan 2025
Kugirango  u Rwanda  rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese  birashoboka ?

Kugirango u Rwanda rugire amahoro ni uko Abafaransa bava muri Uganda, ese birashoboka ?

Editorial 23 Feb 2017
Uwari mu modoka imwe n’umushoferi wa Bobi Wine yavuze byinshi ku rupfu rwe

Uwari mu modoka imwe n’umushoferi wa Bobi Wine yavuze byinshi ku rupfu rwe

Editorial 29 Aug 2018
Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Inkundura muri ADEPR, Bishop Tom Rwagasana na we yagejejwe mu gihome

Editorial 06 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu nama yatorewemo Motsepe nk’umuyobozi mushya wa CAF, Ethiopia yahawe kwakira CECAFA y’ibihugu, Tanzaniya ihabwa Kagame Cup.
Amakuru

Mu nama yatorewemo Motsepe nk’umuyobozi mushya wa CAF, Ethiopia yahawe kwakira CECAFA y’ibihugu, Tanzaniya ihabwa Kagame Cup.

Editorial 12 Mar 2021
Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya
ITOHOZA

Kicukiro: Abagabo babiri bararegwa kwica umugore bashakaga gusambanya

Editorial 17 Apr 2017
Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se
Mu Rwanda

Ange Kagame yagaragaje ishema aterwa no kwitwa izina rya se

Editorial 24 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru