• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Mbarara: Inzego z’Ubutasi zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Mbarara: Inzego z’Ubutasi zambitse ubusa Abanyarwandakazi ngo zireba uko bateye

Editorial 12 Oct 2018 ITOHOZA

Abakozi b’inzego z’umutekano  zirimo Urwego rushinzwe iperereza mu gisirikare cya Uganda (CMI) n’ Urwego rushinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (ISO) baravugwaho kuba barambitse ubusa buri buri  Abanyarwandakazi batatu; Dinah Kamikazi  Agasaro Vanessa na Jessica Muhongerwa, kugira ngo barebe uko umugore w’Umunyarwandakazi aba  ateye.

Ibi ni ibyabaye kuwa 16 Ukuboza  umwaka ushize nk’uko ikinyamakuru Virunga Post dukesha iyi nkuru kibitangaza.

Aba bakobwa  batangaje ko ubwo batabwaga muri yombi n’inzego z’umutekano bahatirijwe gukuramo imyambaro yabo  kugira ngo berekane uko Umunyarwandakazi ateye.

Ubusanzwe, Dinah Kamikazi yari afite akabari n’inzu itunganya ubwiza (Salon) mu gihe  Agasaro Vanessa na Jessica Muhongerwa bombi bari bafite utubari mu mujyi wa Mbarara.

Aba banyarwandakazi nyuma yo kwigirizwaho nkana no gukorerwa iyicarubozo  n’abakozi ba ISO  na CMI baje kujugunywa ku mupaka w’U Rwanda na Uganda witwa Katuna nk’uko bisanzwe bigenda ku bandi Banyarwanda batabwa muri yombi maze imitungo yabo isigara Mbarara.

Si ubwa mbere Abanyarwanda by’umwihariko abakorera mu mujyi wa Mbarara bakorerwa iyicarubozo. Tubibutse ko kuwa 4 Mutarama 2018 Umunyarwanda wari ufite iduka ry’ibikoresho by’ikoranabuhanga ryitwa Sanyu Electronics ari we Emmanuel Cyemayire yatawe muri yombi agakorerwa iyicarubozo rikomeye ku buryo yageze mu Rwanda aririmba urwo yabonye.

Nyuma yaho abandi Banyarwanda barimo Hubert Munyangaju Mugiraneza na Fred Turatsinze batawe muri yombi bafatiweho imbunda na CMI.

Benshi mu bagiye batabwa muri yombi bahuriza ku ngingo ivuga ko kuba ari ukubikiza kuko baba badashyigikiye umugambi wa Rwanda National Congress (RNC), ishyaka ritavuga rumwe n’U Rwanda rya Gen. Kayumba Nyamwasa. Aba bahamya ko umujyi wa Mbarara ari indiri ikomeye y’ibikorwa bya RNC by’umwihariko urusengero AGAPE rwa Pasiteri Deo Nyirigira kuko ngo ari rwo rukorerwamo urutonde rw’abatahiwe gutabwa muri yombi ubundi rugashyikirizwa ISO na CMI.

Inzego z’ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda (CMI) iyobowe na Brig. Abel Kandiho ndetse n’izumutekano w’imbere mu gihugu (ISO) iyobowe na (Rtd) Col. Frank Kaka Bagyenda zagiye zitungwa agatoki kenshi mu gutoteza no guhimbira ibyaha Abanyarwanda baba muri Uganda.

Abayobozi ku ruhande rwa Uganda bavuze ko Abanyarwanda batabwa muri yombi baba bafite aho bahuriye n’ibikorwa byo kubangamira umutekano w’igihugu cyabo.

Ku rundi ruhande, U Rwanda rwagiye runenga iyi mikorere ruvuga ko Aba banyarwanda batabwa muri yombi mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

2018-10-12
Editorial

IZINDI NKURU

Abanzi b’Igihugu bikomye bikomeye Ikinyamakuru Rushyashya n’umuyobozi wacyo

Abanzi b’Igihugu bikomye bikomeye Ikinyamakuru Rushyashya n’umuyobozi wacyo

Editorial 12 Mar 2016
Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Congo-Kinshasa: FDLR yagabye igitero muri Rutshuru, abayobozi barasaba ingabo za Congo gukaza umutekano

Editorial 01 Sep 2019
Ibya Dr. Rudasingwa n’abagenzi be Musonera na Ngarambe biteye kwibaza byinshi!

Ibya Dr. Rudasingwa n’abagenzi be Musonera na Ngarambe biteye kwibaza byinshi!

Editorial 17 Feb 2017
Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Editorial 12 Apr 2019

3 Ibitekerezo

  1. RUGENDO
    October 12, 20183:42 pm -

    ARIKO UYU WANDIKA INKURU NKIZI YABA BARACIYE MWISHURI???
    NABANYA RWANDA BANGAHE SE BABAYE UGANDA IMYAKA NIMYAKA!!!??
    NONESE MUJYIYE KUTUBWIRA KO UBWAMBURE BWABANYARWANDA
    BUTANDUKANYE NUBWABANDI BANTU BATUYE ISI????

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    October 12, 20184:11 pm -

    Ibi bihabanye n’ibyo tuzi bibera i Mbarara kandi abanyarwanda sibwo baturayo! Mpazi abanyarwanda bahageze muri 1957 kandi ntibambitswe ubusa!

    Subiza
    • Sunday
      October 13, 20184:39 am -

      Abanyarwanda babi babicyanyi bakoreswha numwicyanyi kagame niyo mavunja duhandura kandi nayongayo atarinjira mukuguru tuzayafuhirira umuti.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we
ITOHOZA

Twifatanyije n’ Umunyamakuru Jean Lambert Gatare wabuze umufasha we

Editorial 04 Oct 2016
CHAN2016 : Kunshuro ya kabiri Congo Kinshasa yegukanye  igikombe  cy’Afrika
IMIKINO

CHAN2016 : Kunshuro ya kabiri Congo Kinshasa yegukanye igikombe cy’Afrika

Editorial 09 Feb 2016
Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo
Amakuru

Nyuma yo gukora ibara, agafata ku ngufu umwana yibyariye w’imyaka 15 yasinze, Sergeant Major Robert Kabera yahise ahungira muri Uganda inzoga zimushizemo

Editorial 23 Nov 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru