• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Mcgregor yifatiye ku gahanga Mayweather arahiririra kuzamwesura

Mcgregor yifatiye ku gahanga Mayweather arahiririra kuzamwesura

Editorial 25 Aug 2017 IMIKINO

Conor Mac Gregor umuteramakofe wo muri Irlande w’imyaka 29 yatangaje ku mugaragaro ko Floyd Mayweather ari umusaza kandi ko yiteguye kumwesura akamwambura ikamba. Ni umukino uzabera I MGM muri Las Vegas muri leta ya Nevada mu rukerera rwo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 26 Kanama 2017 mu gihe mu Rwanda azaba ari saa kumi n’imwe z’urukererera.

Uyu musore ukomeje kuvugwa mu bitangazamakuru cyane ibyo mu Bwongereza, yitezweho guhagarika igihangange Mayweather cy’imyaka 41 kimaze imikino 49 kitaratsindwa aho uyu McGregor ariwe wasabye uyu murwano ngo ashyire iherezo kuri aka gahigo.

Mu kiganiro Mcgregor yagiranye n’abanyamakuru yavuze ko yiteguye kwesura Mayweather cyane ko yakoze imyitozo ihagije ndetse yiteguye bihagije guhangana n’iki gihangange we yita muzehe.

Yagize ati “Ndishimye cyane ko ndangije imyitozo yanjye neza.Niteguye kwigaragaza mu duce 12 twose duteganyijwe.Nzakina nsatira uyu muzehe kandi niteguye neza.Niteguye gukina umukino w’ubusazi kandi nizeye ko atazantsinda.”

-7734.jpg

Mayweather (ibumoso) na Conor McGregor bagiye guhurira mu mukino w’amateka

Uyu musore aremeza ko azi neza imikinire ya Mayweather n’amayeri akoresha ku buryo bizamworohera kumutsinda cyane ko avuga ko imyaka 41 afite ari myinshi ku buryo atazabasha kwihanganira gukina uduce 12.

McGregor yakinnye umukino we wambere mu mwaka wa 2007 aho yahembwe amayero 100 none kuri ubu ari mu baherwe aho mu mwaka ushize yinjije miliyoni 26 z’amadolari y’Amerika.Kuri uyu murwano uyu musore azinjiza miliyoni 62 z’amapawundi.

Si ubwa mbere umukinnyi w’iteramakofe ukomoka mu bwami bw’Ubwongereza ahagaritse igihangange cyo muri Amerika kuko abakurikiranira hafi uyu mukino muribuka ukuntu Umwongereza Lennox Lewis yahagaritse Mike Tyson wabiciye bigacika mu iteramakofe ry’abafite ibiro byinshi (Heavyweight).

Conor Mcgregor amaze gukina imikino 24 aho yatsinze 21 atsindwa 3 ndetse abasha gutsinda imikino 18 mbere y’igihe cyateganyijwe ibyo bita “ Knockout” mu gihe Floyd Mayweather amaze gukina imikino 49 yatsinze yose abasha gukora Knockouts 26.

-7735.jpg

Mayweather na Conor McGregor bari bamaze igihe bifuza kumvana imitsi

2017-08-25
Editorial

IZINDI NKURU

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Areruya ni we Munyarwanda washoboye gusoza Tour de Vendée

Editorial 07 Oct 2018
Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Mbere yo gutsinda Al-Merrikh SC i Kigali 2-0, Yanga SC yageneye impano Perezida Paul Kagame

Editorial 17 Sep 2023
TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

Editorial 14 Nov 2017
Miami Heats yari yageze ku mu kino wa nyuma wa NBA iheruka, yasezerewe na Millwakee Backs.

Miami Heats yari yageze ku mu kino wa nyuma wa NBA iheruka, yasezerewe na Millwakee Backs.

Editorial 30 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka
Mu Rwanda

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Editorial 27 Apr 2018
Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana
Mu Mahanga

Benin: Umuhanzi Bikindi Simon waririmbye indirimbo “Nanga Abahutu” yitabye Imana

Editorial 16 Dec 2018
Zambia yahaye abari impunzi z’Abanyarwanda 1468 impushya zo gutura mu gihugu z’agateganyo
INKURU NYAMUKURU

Zambia yahaye abari impunzi z’Abanyarwanda 1468 impushya zo gutura mu gihugu z’agateganyo

Editorial 01 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru