• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Me Nkongoli yakomoje ku kwinangira kwa Habyarimana mu isinywa ry’amasezerano akumira Jenoside

Editorial 11 Apr 2018 POLITIKI

Hari mu 1992, ubwo Leta y’u Rwanda na FPR Inkotanyi bari Arusha mu Mishyikirano yo guhosha intambara yari imaze imyaka ibiri itangiye, uwari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri icyo gihe, Ngurinzira Boniface, abinyujije kuri Radio Rwanda, yasabye ko buri Muturarwanda ubishoboye yatanga ibitekerezo yifuza ko byajya mu byavugirwaga mu biganiro.

Akimara kubyumva, Maître Laurent Nkongoli nk’umwe mu nzobere mu by’amategeko mpuzamahanga igihugu cyari gifite, yandikiye Guverinoma ya Habyarimana ibaruwa ifunguye. Yasobanuye impungenge yari atewe no kuba ku wa 12 Ukuboza 1975, u Rwanda rwarifashe rukanga gusinya ingingo zimwe na zimwe zo mu Masezerano Mpuzamahanga ya Loni agamije ‘gukumira no guhana icyaha cya Jenoside’ n’ibindi byaha biyishamikiyeho.

Nkuko bigaragara mu kiganiro kirambuye yagiranye n’Ikinyamakuru Rukokoma mu 1992 , Me Nkongoli ahamya ko yandika iyo baruwa ku wa 3 Kanama 1992, wari nk’umusanzu wo kubwira Leta ko hari ingingo z’ayo Masezerano yirengagije nkana. Yari agamije kurengera uburenganzira bw’abaturage no kubarinda ‘Ihohoterwa n’ivangura riganisha kuri Jenoside’, nk’uko byagenze mu 1994 ubwo imbaga y’Abatutsi basaga miliyoni bicwaga.

Amwe muri ayo Masezerano avugwa ni nk’ayemejwe n’Inteko rusange ya Loni ku wa 9 Ukuboza mu 1948, agatangira gushyirwa mu bikorwa ku wa 12 Mutarama 1951, aho ibihugu byose bigize Loni byategekwaga kurinda abaturage babyo Jenoside, nyuma y’iyari imaze guhitana Abayahudi basaga miliyoni esheshatu mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yo kuva mu 1941 kugera mu 1945.

Kubera ko muri icyo gihe u Rwanda rwari mu bihugu bya Afurika bitarabona ubwigenge, rwo rwaje kwemeza ayo Masezerano ku wa 12 Gashyantare 1975, ariko rwifata ku ngingo z’ingenzi zari ziyagize, harimo n’iy’uko rwahakanye rwivuye inyuma kuba rwaryozwa icyaha cya Jenoside n’ibindi byaha biyishamikiyeho.

Mu kiganiro IGIHE  dukesha iyi nkuru ,  Me Nkongoli, yavuze ko byari bibabaje igihugu nk’u Rwanda kugaragaza ko ntacyo bikibwiye kuba abaturage bacyo bakorerwa Jenoside.

Yagize ati “Byari agahomamunwa kuba igihugu nk’u Rwanda cyari cyariyemeje kwerurira Isi yose ko ntacyo bikibwiye kuba abaturage bacyo bakorerwa Jenoside cyangwa kuba bamwe bakwirara mu bandi bakabarimbura.”

Me Nkongoli abajijwe impamvu y’ingenzi yabonaga u Rwanda rwifashe ku ngingo zikomeye nk’izo, yasubije ko byatangiriye kuri Kayibanda Gregoire wabaye Perezida wa Repubulika ya Mbere y’u Rwanda. Uyu ngo yirinze kwigira indyarya nka Habyarimana yanga guhisha urwango yari afitiye Abatutsi, kugeza akuwe ku butegetsi mu 1973 yaranangiye kwemeza ayo Masezerano.

Gusa ngo Habyarimana Juvénal we akimara guhirika Kayibanda, yashatse impamvu zose yakwiyerekana mu ruhando mpuzamahanga nk’uzanye impinduka mu butegetsi no kubanisha abatuye u Rwanda. Yabonye ko nashyira umukono kuri ayo Masezerano yari yarabaye agatereranzamba ku Rwanda azarebwa neza, nk’umuperezida ukoze ibyananiye uwo yahiritse.

Me Nkongoli ati “Kayibanda yarabiretse yanga kuyasinya igice, Habyarimana na we byari kuruta akabireka aho gusinya uduce tumwe utundi akifata. Nibura byari gutuma uburemere bw’ababona isura mbi y’u Rwanda yo gushaka kumara abaturage bayo bwagaragariraga benshi, ariko wenda hari abarebaga u Rwanda ku rutonde rw’abayasinye bakarangazwa nabyo, ntibavumbure ko rwayasinye igice ahandi rukifata.”

Zimwe mu ngingo zikomeye zari nk’inkingi ya mwamba u Rwanda rwifasheho harimo nk’Ingingo ya Cyenda y’ayo Masezerano igira iti “Igihugu cyangwa umuntu wese uzanyuranya n’ibiri muri aya Masezerano, mu kuyagoreka cyangwa kudakora ibiteganijwe muri yo, hamwe no kubangamira iyubahirizwa ryayo, cyane cyane ku ngingo ziri mu ya Gatatu zirebana no kurwanya no gukumira Jenoside mu batuye icyo gihugu. Buri ruhande mu rwayasinye ruzaba rubishaka rwemerewe kugeza mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera rwa Loni urutazaba rwubahirije ibigenwe muri yo.”

Ingingo ya Gatatu yo yagiraga iti “Aya Masezerano agenera ibihano uwo ari we wese ‘Uzakora Jenoside, Gucura umugambi wo gukora Jenoside, Kugerageza Jenoside, Guhamagarira abantu gukora Jenoside mu ruhame ndetse n’ubufatanyacyaha muri Jenoside.”

Me Nkongoli yavuze ko uku kwifata ku itegeko rikomeye kwakozwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana, kwabuhaye rugari mu bikorwa byo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Uku ‘Kwifata’ kuri ayo Masezerano, kwaje gukurwaho mu 2009, ubwo u Rwanda rwayashyiragaho umukono uko yakabaye yose.

2018-04-11
Editorial

IZINDI NKURU

Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Editorial 17 Apr 2018
Perezida Kagame yashimangiye uruhare rwo gukemura ibibazo by’ingufu mu guteza imbere Afurika

Perezida Kagame yashimangiye uruhare rwo gukemura ibibazo by’ingufu mu guteza imbere Afurika

Editorial 29 Feb 2016
Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

Perezida Kagame aragaragaza ubushake buganisha ku mahoro mu Karere uruhare rwa Tshilombo nirwo rubura

Administrator 02 Nov 2025
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Editorial 27 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo
Mu Rwanda

Uganda : Umugabo ari mu maboko ya Police azira gusambanya uruhinja rw’amezi 4 abereye se wabo

Editorial 07 Oct 2016
Makamba: Abayoboke Babiri Ba CNDD- FDD Batewe Gerenade
INKURU NYAMUKURU

Makamba: Abayoboke Babiri Ba CNDD- FDD Batewe Gerenade

Editorial 21 Aug 2018
Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?
Mu Rwanda

Nzamwita muri FERWAFA aravuna umuheha akongezwa undi, ese koko ahagarikiwe n’ingwe?

Editorial 29 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru