• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Meddy yashyize hanze Amashusho y’Indirimbo ye ‘ NTAWAMUSIMBURA (Lyric Video) yaciye ibintu muri iyi minsi

Meddy yashyize hanze Amashusho y’Indirimbo ye ‘ NTAWAMUSIMBURA (Lyric Video) yaciye ibintu muri iyi minsi

Editorial 08 Dec 2016 IMIKINO

Ngabo Medard Jobert wihaye akabyiniriro ka Meddy nk’umunyamuziki, yavukiye i Bujumbura mu Burundi, taliki ya 7 Kanama 1989. Ni umuhanzi nyarwanda umaze kubaka izina mu buryo bukomeye ukora mu njyana ya R&B na Pop akaba akorera umuziki we aho yiga muri Leta ya Texas muri Amerika.

Meddy wamamaye mu ndirimbo nka ‘Igipimo’, ‘Ungirira ubuntu’, ‘Akaramata’ n’izindi ariko iyaciye ibintu muri iyi minsi mu tubyiniro hirya no hino mu ma taxi n’ahandi ni ” Ntawamusimbura ” iyi ndirimo yamenyakanye cyane muri Rwanda Day yabereye i Sun Francisco, yiswe Rwanda Cultural Day ” MEDDY, TETA, ALPHA & KING JAMES bakaba bari mubahanzi basusurukije abanyarwanda menshi bitabiriye ” RWANDA DAY SAN FRANCISCO”.

Meddy ni mwene Sindayihebura Alphonse na Cyabukombe Alphonsine akaba umwana wa kabiri mu muryango w’abana bane , abahungu babiri n’abakobwa (…)

-4957.jpg

-4956.jpg

Amashuri y’inshuke yayize kuri Ecole Independante i Burundi, naho amashuri abanza ayiga muri Ecole Primaire St. Joseph na Ecole Primaire La Colombiere ari naho yigiye ayisumbuye. Yize mu ishami ry’Imibare n’Ubugenge (Math Physique).

-4955.jpg

1.Yakuranye inzozi zo kuzaba umuteramakofe ukomeye

Uyu muhanzi w’indirimbo zikora ku mitima ya benshi cyane cyane abanyantege nke mu gukururwa n’amagambo y’urukundo, mu buto bwe ntiyiyumvagamo cyane kuzaba umunyamuziki ahubwo we yumvaga azaba umuteramakofe ukomeye ndetse ngo yakuze akunda gukubita utwana duto biganaga.

Uku guhorana inyota yo gukomeza kugaragara nk’umunyembaraga utagira ikintu na kimwe atinya byamuteye kujya kwiga iteramakofe ariko nyina arabimubuza nubwo byagoranye kugira ngo abireke.

2.Meddy w’umunyarugomo

Ubwo yigaga mu mashuri abanza, Meddy yari umwana ukubagana cyane ndetse mu rugo bamuhozaga ku nkoni ahanini bamuca ku bukubaganyi no gusagararira abana bagenzi be kuko yahoraga akubita abo arusha intege bityo ababyeyi babo bagahora baza kumureba iwabo.

Hagati y’umwaka wa 2000 na 2003 yiyemeje kujya kwiga iteramakofe kugira ngo hatazagira umwana n’umwe umwigerereza.

Ati “Buriya kintu abantu benshi batazi ni uko mbere yo kuririmba nabanje gukina umukino w’iterana makofe kuri stade i Remera , umutoza yitwaga Gashugi, sinzi niba ariwe ugitozayo. Nashakaga kuzagira ingufu nyine ngo njye nkubita abantu kuko nari umunyarugomo cyane. Nyuma naje kubivamo kuko Mama yarabyangaga”

3.Mu buto bwe Meddy yari inkubaganyi

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru yavuze ko ikintu gikomeye yibuka yakoze na we kikamutera ubwoba ubwo yari akiri muto ni igihe yatwitse inzu y’iwabo aho bari batuye i Remera.

N’ibitwenge byinshi ati “hahahaha…kubera ubukubaganyi natwitse inzu twabagamo i Remera. Ariko ntiyakongotse yose, hahiye igice , bahamagara kizimyamoto isanga abaturanyi batabaye”

4.Meddy n’umuziki

Meddy yatangiye umuziki akiri muto nyuma y’uko nyina umubyara yakundaga kumwigisha gucuranga indirimbo za Bob Marley by’umwihariko iyitwa Redemption song.

Ababyeyi b’uyu muhanzi ngo na bo bari abanyamuziki, se yari umucuranzi ukomeye wa gitari gusa uyu musore ntiyagize amahirwe yo kumubona kuko yitabye Imana Meddy akiri muto cyane.

Nyina na we wakundaga umuziki cyane yatoje umwana we gucuranga ndetse amwinjiza muri Korali ari naho kwiyumvamo ubuhanzi byatangiriye

Meddy ati “Mama na Papa bari abanyamuziki, bombi bacurangaga gitari, sinagize amahirwe yo kubona papa acuranga ariko Mama ni we wambwiraga ibyo ukuntu yacurangaga.”

5.Nyina ni we wamwigishije gucuranga

Yakomeje agira ati “Indirimbo ya mbere naje kwiga gucuranga yari Redemption song ya Bob Marley mbyigishijwe na mama umbyara, icyo kintu sinshobora kuzacyibagirwa. Kuva icyo gihe nkunda umuziki bitavugwa nza kujya muri korali yabana”

Ageze mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye yaririmbaga mu itsinda rya “Justified” yo muri Zion Temple aho bakunze kwita kwa Gitwaza, yaririmbanaga n’abandi bahanzi nyarwanda nka The Ben, Nicolas na Mbabazi Isaac uzwi ku izina rya Lick Lick .

6.Ikimutera ubwoba kurusha ibindi

Meddy yemeza ko ikintu kimutera ubwoba mu buryo bukomeye mu buzima bwe ngo ni igihe atekereza ku iherezo rye.

Ati “Ikintu ntekereza kikantera ubwoba ni iherezo ryanjye. Ikintu cya mbere buriya ni ukurangiza urugendo rwacu ku Isi mu ntsinzi”

7.Abantu bakomeye ku Isi yifuza guhura na bo

Yakuze yifuza kuzahura na Perezida Kagame, Michael Jackson na Yesu. Ati “Ubundi nifuzaga kuzabonana Perezida Paul Kagame na Michael Jackson. Perezida we naramubonye , Michael Jackson we ntibigikunze, urumva nsigaje Yesu”

8.Indirimbo ye akunda kurusha izindi

N’amarangamutima menshi Meddy yavuze ko kugeza ubu indirimbo yanditse imuri ku mutima cyane ni iyitwa ‘Ubanza ngukunda’. Nubwo akunda iyi ndirimbo , iyitwa ‘Burinde Bucya’ igiye kumara ukwezi kuri YouTube imaze kurebwa n’abantu basaga 100,000 ndetse akaba abifata nk’ikintu gikomeye.

9.Umuhanzi w’icyamamare akunda ku Isi

Mu bahanzi babayeho n’abakiri ku Isi, Meddy ukunzwe muri iyi minsi mu ndirimbo ‘Burinde Bucya’ avuga ko akunda mu buryo bukomeye umuhanzi Michael Jackson by’akarusho agakunda Usher Raymond ari na we afataho icyitegererezo mu muziki.

10.Akazi akora hanze y’umuziki

Uyu muhanzi usigaye akorera umuziki we muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo nta kandi kazi akora hanze yo kuririmba uretse amasomo ari gukurikirana muri Texas muri Tarrant college, aho yiga mu ishami rya Actuarial Science.

Meddy – Ntawamusimbura (Lyric Video)


2016-12-08
Editorial

IZINDI NKURU

Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Police FC yanganyije na Mukura VS, Havugaruremo afungura konti y’ibitego muri shampiyona-AMAFOTO

Editorial 24 Apr 2018
Rukundo Abdoul Rahman wakiniraga Amagaju FC yerekeje muri  Rayon Sports ku masezerano y’imyaka 2

Rukundo Abdoul Rahman wakiniraga Amagaju FC yerekeje muri Rayon Sports ku masezerano y’imyaka 2

Editorial 29 Jun 2024
Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Editorial 29 Jul 2024
Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry,  Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya Guinée Conakry, Alsény Camara Agogo wari mu igereragezwa

Editorial 07 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Finland: Pasiteri Jerome Nyandwi, aravuga ko ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho ko agambanira U Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Finland: Pasiteri Jerome Nyandwi, aravuga ko ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho ko agambanira U Rwanda

Editorial 08 Jan 2019
Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0
Amakuru

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Editorial 18 Apr 2022
Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda
INKURU NYAMUKURU

Uganda yakabaye ariyo iharanira ko umubano n’u Rwanda uzanzamurwa- Andrew Mwenda

Editorial 14 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru