• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Michaëlle Jean uhanganye na Mushikiwabo, yokejwe igitutu asabwa gukuramo kandidatire

Editorial 10 Oct 2018 HIRYA NO HINO

Birasa n’aho amasaha ya Michaëlle Jean nk’Umunyamabanga Mukuru wa OIF ari kugana ku musozo, kuko amahirwe yo kongera gutorerwa indi manda ari kuyoyoka isegonda ku rindi.

Canada n’Intara ya Québec zaraye zimuteye umugongo, zitangaza ko zitazashyigikira kandidatire ye muri aya matora ahubwo ko ziri inyuma y’umukandida w’ibihugu byinshi, Louise Mushikiwabo.

Guterwa umugongo na Canada ni ikintu gikomeye kuko ni kimwe mu bihugu bitera ingabo mu bitugu uyu muryango kuko buri mwaka gitangamo miliyoni 40 z’amadolari yifashishwa mu miyoborere yawo.

Mbere gato y’uko Canada itangaza aho ihagaze kuri iyi kandidatire, abantu bo hafi ya Jean bamufasha mu bikorwa byo kwiyamamaza, bari batangaje ko hari ibitagenda neza.

Umwe muri bo utarashatse ko amazina ye atangazwa, kuri uyu wa Kabiri yabwiye ikinyamakuru National Post cyo muri Canada mu Mujyi wa Toronto ati “turabibona ko ibintu bitari kugenda neza”.

Impuguke yo muri Québec akaba n’Umwanditsi w’ibitabo, Jocelyn Coulon, yatangaje ko urugendo rwa Jean muri OIF rwahinduye icyerekezo ubwo Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yatangazaga ko ashyigikiye Mushikiwabo.

Ati “Igihe Perezida w’u Bufaransa yakuragamo akarenge hanyuma akavuga ati ‘Nshigikiye umukandida w’u Rwanda’, ibintu byarahindutse’”

Uyu mugabo yakomeje avuga ko u Bufaransa bufite gahunda yo kugaragara cyane muri Afurika kuko buri kotswa igitutu n’u Bushinwa n’ibindi bihugu bikomeye.

Yakomeje avuga kandi ko Canada nayo yatangiye gutekereza mu buryo bw’igihe kirekire ku mibanire yayo na Afurika. Ibi yabivugaga mbere y’uko iki gihugu gifata umwanzuro wo gushyigikira umukandida w’uyu mugabane.

Ati “Ubwo abakuru b’ibihugu bose bazaba bicaye ku meza, Canada izabona ko umubare munini, uzaba uvuga mu ijwi ry’u Rwanda hanyuma ubwiganze bugaragare. Canada izabona ko nta wundi wo gushyigikira, hanyuma izashyigikira amahitamo rusange.”

Alupa Clarke, Umudepite wo mu Ntara ya Quebec we yatangaje ko bishoboka ko Abadipolomate ba Canada baba bari gusaba Michaëlle Jean gukuramo kandidatire ye.

Ibi yabishingiraga ku kuba uyu mugore yaranenzwe bikomeye ku mikoreshereze y’umutungo w’uyu muryango.

Ati “Icyiza ni ukumusaba gukuramo kandidatire ye ku bw’ineza y’umuryango n’ikibazo ubwacyo.”

Amakuru atangwa n’abantu bo hafi ya Jean bari kumufasha mu bikorwa byo kwiyamamaza, ni uko abayobozi bamwe bamusabye gukuramo kandidatire ye mbere y’iyi nama izatangira ku wa Kane.

Ngo benshi barashaka ko ikibazo cye gikemuka mbere gusa “byose biri mu maboko ye”.

Uwatanze amakuru yagize ati “Tuzareba aho byerekeza ndetse na kure ashaka kugera. Birasa naho yiteguye gukomeza kugeza umwanzuro ufashwe n’abayobozi.”

Jean yakunze kunengwa uburyo akoresha amafaranga nk’Umuyobozi wa OIF. Mu ntangiriro z’uyu mwaka ikinyamakuru cyitwa Quebecor cyanditse inkuru zivuga ko hafi igice cya miliyoni y’amadolari yagendeye mu kuvugurura inzu uyu mugore yari atuyemo i Paris.

Yavuzwe ho kandi gukoresha ibihumbi 20 by’amadolari mu kugura ‘Piano’.

Jean mu kwiregura kwe yavuze ko ayo makuru ari ibihimbano. Gusa umwe mu badepite ba Canada yavuze ko ibi ari igisebo ku gihugu.

2018-10-10
Editorial

IZINDI NKURU

Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Ishyaka Green Party rirasaba umutekano usesuye mu gihe rizaba riri kwamamaza abazarihagararira mu Nteko

Editorial 25 Jun 2018
Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Nyuma yo kubona ibibi yanyuzemo yashinze umuryango wigisha amahoro.

Editorial 25 Sep 2017
“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

“Gusaba u Rwanda urutonde rw’abo ufunze kugira ngo ubafungure ni ukwigiza nkana”

Editorial 13 Nov 2019
Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda

Umugore wa Rene Rutagungira yarekuwe mu banyarwanda 13 bari bafungiye muri Uganda

Editorial 18 Feb 2020

2 Ibitekerezo

  1. Lille
    October 10, 20181:49 pm -

    Urwanda rutsinze na Canada??? Kagame oyeee, birasekeje ukuntu politiki ikinwa..nta Ambassade y Abafransa iba iKigali, ariko Macron Kagame yamwemeje ko agomba kwemera candidature ya Mushikiwabo.

    Nyuma yaho uRwanda rwirukaniye Ambassadeur w uBufransa bukamuha amasaha mu Gushyingo 2006, nyuma bagafunga Ecole Francaise, bagaca igifransa nk ururimi, bagasenya Centre Culturel Franco-rwandais amanywa ava n umujinya mwinshi. Nyuma yo kwifatira ku gahanga Abafransa bakabatuka,bakabasebya no kubashinja gukora Jenoside……..Byahinduye isura bemeza Macron, n Afrika yose n Ubulayi none na Canada Kagame arayemeje.

    Ariko icyantangaje ni ukubona Urwanda rwogeza Ubufransa mu gikombe cy isi nagizengo ndi mu nzozi n ubu ndacyarota! Nagize isoni. Ni koko Nta Mwanzi uhoraho muri politiki , nta n umukunzi uhoraho.
    Politiki wee , Ura…ga ..Puuuuuuuuuuu

    Nari nibagiwe kubacira uyu mugani mu gifransa uvuga ngo: ”ON RECULE POUR MIEU SAUTER”.
    Rwanda oyeee, Ruyoboye n isi yose.

    Subiza
  2. Rebero Jeremy
    October 11, 20189:48 am -

    Dukomeze kubyina intsinzi kuko igihugu cyacu cyinjije igitego. Gusa tunatekereze ibindi byiyongera kubyo dufite. Kuki tudahabwa kuyobora ONU? Nibashaka umudamu wa mbere uyobora uriya umulyanga, turabafite babishoboye rwose. Mperutse gushimishwa no kubona Ange Kagame yicaye mu mwanya w’abahagarariye Urwanda muri LONI maze nibaza impamvu tutayiyobora. aaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaaambona dushatse Commonwealth bayiduha ku mbehe ariko kubera umukandida wacu w’indashyikirwa, dukwiye kureba kure. Muri make, reka twige ukuntu twanategeka LONI.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

MICT ngo si yo yabazwa iby’urupfu rwa Eliezer Niyitegeka wari ufungiye muri Mali kubera jenoside
Mu Mahanga

MICT ngo si yo yabazwa iby’urupfu rwa Eliezer Niyitegeka wari ufungiye muri Mali kubera jenoside

Editorial 10 Apr 2018
Ibuka  irasaba  LONI kwiga ku ruhare rw’u Bufaransa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
Mu Rwanda

Ibuka irasaba LONI kwiga ku ruhare rw’u Bufaransa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 01 Jul 2017
Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose
IKORANABUHANGA

Uko watandukana no kugendana amafaranga wifashishije amakarita ya Cogebanque yemewe ku Isi yose

Editorial 31 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru