• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Minisitiri Mushikiwabo yanenze itangazamakuru rya Afurika kwima amaso ibibera iwabo

Editorial 12 Mar 2018 HIRYA NO HINO

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ubutwererane n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikwabo, yanenze itangazamakuru rya Afurika kudatangaza ibibera kuri uyu mugabane ahubwo ugasanga ritangaza ibibera ku yindi bidafitiye inyungu nini ababikurikira.

Yabigarutseho kuri uyu wa Mbere ubwo yatangizaga inama ya 11 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU), ku itangazamakuru rikoresha amajwi n’amashusho ibera i Kigali, ikaba yitabiriwe n’abagera ku 150 barimo abayobora ibigo by’itangazamakuru baturutse mu bihugu 46 bya Afurika.

Minisitiri Mushikiwabo, yavuze ko ikoranabuhanga ari umuyoboro mwiza wafasha Afurika gutangaza amakuru yayo ariko igitangaje ari uko kugeza ubu ibihugu 10 ari byo byavuye ku buryo bwa kera buzwi nka ‘analogue’ bikajya ku buryo bugezweho bwa ‘digital’.

Yakomeje atanga urugero rw’uko u Rwanda rwabikoze mu 2014 bigatanga umusaruro, aho televiziyo zavuye kuri imwe zikaba zigeze kuri 12. Icyakora yanenze ko ibitangazwa ku mugabane wose usanga bitibanda ku makuru meza Afurika ifite, bigatuma abanyamahanga babona urwaho rwo kuyatangaza uko bishakiye.

Yagize ati “Urugero nka hano mu Rwanda nubwo umubare wa televiziyo wiyongereye, haracyari ikibazo mu byo ziha abazireba, usanga twirebera ibyo muri Amerika y’Amajyepfo, Telemundo, filimi zo muri Amerika y’Amajyaruguru, iby’i Burayi nk’aho muri Afurika nta makuru dufite yo gutangaza.”

Mushikiwabo yasabye abafite ibitangazamakuru kubyaza umusaruro ikoranabuhanga bagatangaza ibibera muri Afurika, kuko hari byinshi cyane babwira abayituye ndetse n’abatuye Isi muri rusange.

Yagize ati “Hari amakuru menshi kuri uyu mugabane adatangazwa uko bikwiye. Afurika ntabwo ari indwara, kutagira icyizere n’ibyorezo gusa, ni n’iterambere irimo kugeraho binyuze kwishyira hamwe, politiki nziza z’iterambere, kurwanya ubukene, ni urubyiruko rwacu rukeneye gushyigikirwa, ni ukwihangira imirimo, abagore ba Afurika b’ibitangaza bakora ijoro n’amanywa ngo bafashe imiryango yabo n’ibindi.”

“Ni ishoramari turimo gukora mu ikoranabuhanga, ahantu nyaburanga habereye ubukerarugendo dufite mu bihugu byacu ariko tutavuga. Ni ahacu ho guhindura ibyo dutangaza uyu munsi tudategereje ejo.”

Umuyobozi w’Inama Nkuru y’Itangazamakuru, Peacemaker Mbungiramihigo, yavuze ko kuba ibitangazamakuru bya Afurika bidatangaza ibihabera biterwa n’impamvu zirimo; kudafatanya, kudakoresha amahirwe ikoranabuhanga ritanga ngo bisangire amakuru n’ubushobozi buke bw’abanyamakuru.

Yagize ati “Ikibazo mbona giterwa n’uko ibitangazamakuru bitaramenya agaciro ko gukorera hamwe, ubufatanye bw’ibitangazamakuru biciye mu mashyirahamwe yabyo ku mugabane wa Afurika, bwarushaho gutuma ibyo bitangazamakuru bisangira amakuru atandukanye bihitisha.”

Yongeraho ko hagomba kubaho guteza imbere ibitangazamakuru, bikubakirwa ubushobozi kugira ngo bigere ku makuru n’ibiganiro bikozwe mu buryo bw’ubunyamwuga butuma bitangaza ibyo Abanyafurika bakeneye kandi ba nyir’ibitangazamakuru bagakorera hamwe.

Kuki ibitangazamakuru byima amaso Afurika?

Umuyobozi Mukuru wa Radio 1 na TV1, Kakooza Nkuliza Charles (KNC), asobanura ko ubushobozi mu bijyanye n’ubukungu n’imyumvire ari bimwe mu bituma ibitangazamakuru byo muri Afurika bidatangaza ibyo mu bihugu byabyo.

Yagize ati “Ikibazo ni ubushobozi kuko iby’imbere mu gihugu birahenda. Nk’urugero agace kamwe k’ikinamico gakoze neza hano mu Rwanda ushobora gusanga gahagaze amadolari 1500, mu gihe wayigura kuri Novela igahagarara amadolari 100 cyangwa 70 ndetse na 20 igihe yakoreshejwe.”

Yongeyeho abanyafurika batizera umuco wabo kuko iyo ukoze ibintu biri mu muco wabo batekereza ko bitagezweho. Ibi ngo bituma habaho igitutu ku isoko kuko abatishimira iby’iwabo ari bo bafite ubushobozi bwo kugura.

KNC asanga hakwiye kubaho umurongo ndengerwaho nk’abashinzwe ubugenzuzi bakavuga ko mu bitangazwa mu bitangazamakuru hagomba kubamo ijanisha runaka ry’ibyo mu gihugu.

Ati “Isoko dufite ntabwo ryemera ko twatangaza 100% iby’imbere mu gihugu, rikeneye ko dufata ibyo hanze bihendutse kugira ngo ugire icyo wereka abantu.”

Avuga kandi ko hakenewe ubushake bwa politiki kuko usanga abasabwa gutangaza iby’imbere mu gihugu bahendwa mu gukoresha ibikorwa remezo leta iba yashyizeho. Atanga urugero rw’aho bahendwa cyane n’uburyo bwa Digital bwashyizweho nyamara bakabaye boroherezwa bityo bakabona n’ubushobozi bwo gushaka iby’imbere mu gihugu batangaza.

2018-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Gasabo: Yamaze imyaka ibiri afungiranywe kubera ubumuga, umugabo we aranamuharika

Editorial 27 Jun 2018
Inzu y’ubwanditsi yanze gutangaza mu Gifaransa igitabo cya Judi Rever gipfobya Jenoside

Inzu y’ubwanditsi yanze gutangaza mu Gifaransa igitabo cya Judi Rever gipfobya Jenoside

Editorial 23 May 2019
Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Perezida Tshisekedi yatanze integuza y’ibitero bikomeye ku mitwe yitwaje intwaro

Editorial 24 Sep 2019
Afurika yepfo: Minisitiri  Lindiwe Sisulu  yahinduriwe imirimo

Afurika yepfo: Minisitiri Lindiwe Sisulu yahinduriwe imirimo

Editorial 30 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umugore wa Kizza  Basigye Winnie Byanyima yahishuye ibanga ryakura ubukene muba nyafrika
Mu Mahanga

Umugore wa Kizza Basigye Winnie Byanyima yahishuye ibanga ryakura ubukene muba nyafrika

Editorial 13 May 2016
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi
Mu Mahanga

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Editorial 03 Sep 2016
Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe
IKORANABUHANGA

Apple yaciwe miliyoni $27 ishinjwa kugabanya imbaraga za iPhone zimaze igihe

Editorial 10 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru