• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Robinah NABBANJA yishongoye kuri Kenya, bikurura uburakari mu baturage b’ibihugu byombi

Editorial 26 Jan 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa gatatu, ubwo yari mu kiganiro kuri Televiziyo ya NBS, Minisitiri w’Intebe wa Uganda, Madamu Robinah NABBANJA, yishongoye cyane ku bihugu bituranye na Uganda, avuga ko igihugu cye ari paradizo ugereranyije n’ibyo bihugu.

Icyakuruye impaka cyane ni uburyo Robinah NABBANJA yikomye by’umwihariko igihugu cya Kenya, avuga ko ntaho gihuriye na Uganda mu bwiza.

Yagize ati:” Nimurebe nka Kenya. Ni igihugu kigira ibihe bibi cyane by’ubukonje bukabije[Ndlr: winter cyangwa hiver mu ndimi z’amahanga], mu gihe Uganda twihorera mu bihe by’umunezero”.

Abaturage bo mu bihugu byombi bahagurukanye uburakari bukomeye ku mbuga nkoranyambaga, maze bagaragaza ko amagambo ya Robinah NABBANJA agamije kurangaza abaturage ba Uganda, ngo bibagirwe ibibazo biri mu gihugu cyabo.

Nk’abaturage bo muri Uganda banenze ubwishongozi bwa Minisitiri w’Intebe w’igihugu cyabo, bamwibutsa ko kugira”winter” cyangwa kutayigira atari byo waheraho ushima cyangwa unenga ubwiza bw’igihugu runaka.

Basanga aho kujya mu tuntu tudafite ireme, Madamu Robinah NABBANJA yagombye kuvuga bibazo bikomereye Uganda, nka ruswa n’icyenewabo, umutekano muke, imibereho y’abaturage irushaho kuba mibi, n’izindi ngorane zugarije Uganda muri iki gihe.

Abaturage bo muri Kenya nabo ntibaripfanye. Bibukije Minisitiri w’Intebe Robinah NABBANJA ko abayobozi bose ba Uganda bivuriza muri Kenya, kuko Uganda idafite abaganga beza, ibikoresho n’amavuriro akomeye nk’uko bimeze muri Kenya.

Banagarutse ku burezi ngo bwazambye muri Uganda, dore ko ngo abana bakigira munsi y’ibiti no mu bizu byashaje, bigatuma ababyeyi bahitamo kohereza abana mu mashuri yo muri Kenya. Bati:”kutagira winter ariko ntunagire ibikorwa biteza imbere imibereho y’abaturage, nibyo bigira Uganda igihugu cy’akataraboneka mu karere?”.

Hari abasomyi bashobora gufata ibi nk’akabazo gasanzwe. Nyamara abasesenguzi batewe impungenge n’uko umubano wa Kenya na Uganda ugenda uzamo udutotsi.

Dore nk’ubu Perezida Kaguta Museveni araregwa umugambi wo kurogoya amatora y’umukuru w’Igihugu ateganyijwe muri Kenya muri uyu mwaka, dore ko ngo abogamiye kuri umwe mu bakandida, William Ruto, usanzwe ari Visi-Perezida aho muri Kenya.

Izindi ngero zerekana ko ishyamba atari ryeru, ni amakamyo menshi yo muri Kenya aherutse kumara iminsi myinshi ku mupaka w’ibihugu byombi yarangiwe kwinjira muri Uganda, bikaba byarakuruye umwuka mubi hagati y’ibyo bihugu. Kenya kandi imaze iminsi ishinja abashinzwe umutekano muri Uganda guhohotera abarobyi b’abanyakenya mu kiyaga ibihugu byombi bihuriyeho.

Ubwo twateguraga iyi nkuru, abantu banyuranye bari bacyandika ku mbuga nkoranyambaga bikoma amagambo ya Madamu Robinah NABBANJA.

Hategerejwe kureba niba ari bugire ubutwari bwo gusaba imbabazi nk’uko abaturage b’ibihugu byombi bakomeje kubimushishikariza.

2022-01-26
Editorial

IZINDI NKURU

Ntamuhanga Cassien  watorotse gereza yagaragaye i Kampala muri Uganda

Ntamuhanga Cassien watorotse gereza yagaragaye i Kampala muri Uganda

Editorial 13 Dec 2017
Perezida Kagame mu banyacyubahiro bitabiriye umukino ufungura igikombe cy’Isi

Perezida Kagame mu banyacyubahiro bitabiriye umukino ufungura igikombe cy’Isi

Editorial 15 Jun 2018
Uko ikinyamakuru cyo muri Kenya kiragaragaza imigambi yapfubye ya Uganda ku Rwanda

Uko ikinyamakuru cyo muri Kenya kiragaragaza imigambi yapfubye ya Uganda ku Rwanda

Editorial 08 Dec 2017
Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Editorial 09 Dec 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukundo si ukuryamana, dore ibyo wakorera umukunzi wawe akarushaho kukwizera
SHOWBIZ

Urukundo si ukuryamana, dore ibyo wakorera umukunzi wawe akarushaho kukwizera

Editorial 12 Apr 2018
APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0
Amakuru

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

Editorial 14 Mar 2022
Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte
ITOHOZA

Padiri Nahimana akomeje kwiba impunzi akoresheje numero za Compte

Editorial 31 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru