• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Minisitiri w’Intebe yatabaje amadini mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko

Editorial 14 Jan 2018 POLITIKI

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yasabye amadini n’amatorero akorera mu Rwanda gufasha Leta kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko, kugira ngo rubashe kugira uruhare mu kubaka igihugu.

Ikibazo cy’ibiyobyabwenge cyagarutsweho kuri iki Cyumweru mu gikorwa cyo gusengera igihugu kizwi nka ‘National Prayer Breakfast’ gitegurwa n’umuryango ‘Rwanda Leaders Fellowship’, kibaye ku nshuro ya 23.

Iki gikorwa cyabereye muri Kigali Convention Center, cyitabiriwe n’abayobozi basaga igihumbi, cyayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, mu gihe Perezida Kagame wajyaga akiyobora ari mu ruzinduko muri Tanzania.

Minisitiri w’Intebe yavuze ko urubyiruko ari rwo rugize 70 % by’abatuye u Rwanda, bikaba bitashoboka kugera ku iterambere rirambye rutabigizemo uruhare. Ku bw’ibyo ababyeyi n’amadini yabasabye kurutoza indangagaciro zizarufasha kugira icyerekezo.

Yagize ati “Guverinoma y’u Rwanda ikomeye ku rubyiruko ubu rugize hafi 70% by’abaturage bose. Nirwo mbaraga z’Igihugu. Nirwo ruzavamo abayobozi beza b’ejo. Rugomba gutozwa hakiri kare guhora rurangwa n’indagagaciro zizarufasha kuba urubyiruko rufite icyerekezo.”

Yasabye amadini gushishikariza urwo rubyiruko kujyanisha ukwemera kwarwo n’ibikorwa kuko ngo bitabaye ibyo uko kwemera ntacyo kwaba kumaze.

Ati “Amadini n’amatorero arasabwa kurushaho gushishikariza urubyiruko ndetse n’abandi bayoboke bayo, kujyanisha ukwemera kwabo n’ibikorwa byubaka igihugu. Twibuke twese ko ukwemera kutagira ibikorwa ntacyo kuba kumaze.”

Imibare ya Polisi y’Igihugu igaragaza ko hagati y’umwaka wa 2013 na 2016, abantu bari hagati y’imyaka 16 na 35 babaye imbata y’ibiyobyabwenge.

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko kwigisha urubyiruko indangaciro nziza ari byo bizatuma uwo mubare ugabanuka, igihugu kigatera imbere.

Ati “Kurera neza urubyiruko bizagabanya umubare munini warwo wishora mu kunywa ibiyobyabwenge. Tugomba kubirwanya twese twivuye inyuma kandi n’Imana izatuba hafi muri uru rugamba kuko na yo ikunda ko abana bayo babaho neza.”

Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano iherutse, Perezida Kagame na we yagaragaje ko ikibazo cy’ibiyobyabwenge mu rubyiruko gihangayikishije.

Yagize ati “Umwana asigaye ajya kwiga mu mashuri yo hanze ugasigara nyine usenga, usibye ko aba anabisize hano n’iyo bari hano turasenga ariko n’abakuru babigeraho; hari n’abakuru ndetse bo mu myaka nk’iyanjye usanga bari aho bashaka kujya muri ayo majyambere cyangwa barayagiyemo kera bakayakuriramo.”

Yakomeje agira ati “Ibyo bintu tunyura hejuru dutya, ni bibi kuri urwo rwego. Mubitekerezeho, mubitekereze murebe aho byaba biri hose mugerageze gutekereza ahantu abo bantu baba bagana, kandi mu gihugu cyacu ntabwo ari ikirwa, ibyo byose tuvuga biri ku Isi hose, natwe ni uko.”

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) giherutse gutangaza ko Umunyeshuri w’Umunyarwanda ugiye kwiga mu mahanga azajya abanza kwerekana icyemezo cy’ibitaro byemewe, gihamya ko atigeze akoresha ibiyobyabwenge.

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ’National Prayer Breakfast’


2018-01-14
Editorial

IZINDI NKURU

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Louise Mushikiwabo witegura kwiyamariza kuyobora OIF ni muntu ki?

Editorial 07 Jun 2018
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Editorial 06 Nov 2024
AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

AU yasabye ko gutangaza burundu ibyavuye mu matora ya RDC biba bihagaze

Editorial 18 Jan 2019
Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Editorial 29 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi
Amakuru

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Editorial 31 Mar 2024
Burundi: Habaye imyigaragambyo yo kwamagana ONU n’u Bufaransa
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Habaye imyigaragambyo yo kwamagana ONU n’u Bufaransa

Editorial 03 Jun 2018
Perezida Kagame  yageze  i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day
ITOHOZA

Perezida Kagame yageze i Bruxelles, azanayobora Rwanda Day

Editorial 07 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru