• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Ubwanditsi 30 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, Gen Elly Tumwine, yabwiye Komisiyo y’Abadepite ishinzwe uburenganzira bwa muntu ko mu gihugu hari inzu zifungirwamo abantu zitazwi ariko badashobora kwemererwa kuzisura kubera impamvu z’umutekano.

Kuri uyu wa Gatatu Tumwine yari imbere ya Komisiyo yari iyobowe na Janepher Nantume Egunyu, aho yatangaga ibisubizo ku birego by’iyicarubozo rikorerwa mu nzu zifungirwamo abantu zitazwi (Safe Houses).

Ni nyuma yuko mu cyumweru gishize Perezida w’umutwe w’Abadepite, Rebecca Kadaga, yabwiye komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu gukora iperereza ku bivugwa ko hari inzu zifungirwamo zitazwi ahitwa Lwamayuba i Kalangala na Kyengera muri Wakiso.

Tumwine akigera imbere ya Komisiyo yasabwe gusubiza ibibazo umunani birimo kuvuga niba muri Uganda hari inzu zifungirwamo zitazwi, itegeko zikurikiza mu gukora, umubare wazo, abantu bazirimo, ubwoko bw’ibyaha butuma umuntu afungirwa mu nzu zitazwi, niba abazifungiwemo bakorerwa iyicarubozo n’ibindi.

Ati “Hari inzu zifungirwamo abantu zitazwi kandi nk’uko nabibwiye inteko, zirakoreshwa mu bihugu byinshi ku Isi yose kandi akamaro kazo ni uguhuza ibikorwa by’ubutasi. Ubutasi ntabwo bukorerwa mu ruhame nk’aha turi muri komisiyo, bukorwa mu ibanga”.

Abajijwe niba abadepite basura izi nzu, Tumwine yababwiye ko bitari mu nshingano zabo bityo bidashoboka. Ni ibintu byarakaje abadepite ku buryo Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, yamusubije ko atemeye gukorana na komisiyo mu gihe abanya-Uganda bakomeje gufatwa nabi no gufungirwa ahantu hatazwi.

Uganda yemeye ko ifite inzu zifungirwamo abantu zitazwi mu gihe ikomeje kotswa igitutu cyo guta abantu muri yombi mu buryo butemewe n’amategeko no kubafungira ahantu hatazwi bagakorerwa iyicarubozo ndetse ntibanagezwe mu butabera.

Inashinjwa kandi ko binyuze mu rwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO), hakorwa imikwabu hagafatwa abasivili b’inzirakarengane bagatwarwa mu nzu zifungirwamo zitazwi bagakorerwa iyicarubozo.

Si abanya-Uganda gusa bavuga ubunyamaswa bakorerwa n’inzego z’umutekano zibafungira ahatazwi, kuko hari n’abanyarwanda bashimuswe n’Urwego rw’Ubutasi mu gisirikare cya Uganda, CMI na ISO, bagafungirwa muri izo nzu bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.

Kuva mu myaka ibiri ishize, Abanyarwanda barimo abagore bafite abana bato bakurwa mu modoka bakajya gufungwa bashinjwa kuba intasi, bagakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungirwa mu nzu zitazwi.

Aba barimo abasabwa kwiyunga n’Umutwe wa RNC [wa Kayumba Nyamwasa] ushaka guhungabanya u Rwanda.

Harimo uwitwa Rugorotsi Eric, washimuswe kuwa 25 Ukwakira 2018 na Twahirwa David washimuswe kuwa 15 Ukuboza. Aba bombi ngo bajyanywe na ISO. Rugorotsi wari umucuruzi yafatiwe i Kampala yagiye kugura ibyuma by’ibinyabiziga kimwe na Twahirwa wari wagiye muri gahunda ze.

Undi Munyarwanda witwa Ntakirutimana Theoneste, wayoboraga Itorero ADEPR muri Uganda yafashwe kuwa 28 Werurwe na Asiimwe Apollinaire wafashwe kuwa 7 Mata. Bombi byagaragaye ko bashimuswe na CMI. Hari kandi Gasana Deus, wavunjaga amafaranga wafashwe ku wa 3 Mata 2019 na ISO.

Aba banyarwanda bose bashimuswe bashyizwe ahantu hatazwi aho badashobora kugerwaho n’imiryango yabo cyangwa abanyamategeko babo.

Nyuma yo gufatwa, nta mpapuro zibata muri yombi cyangwa indi nzira y’amategeko ikurikijwe, ibinyamakuru bimenyerewe mu gukwirakwiza icengezamatwara muri Uganda, byatangiye kwandika inkuru ko ‘bakorera u Rwanda’.

2019-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Ubwanditsi 02 May 2024
Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Ubwanditsi 23 Sep 2024
RNC – ICYEGERANYO  : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

RNC – ICYEGERANYO : Kayumba Nyamwasa n’agaco ke muri Uganda ba komeje kuba Nyakamwe baricira inda kurwara.

Ubwanditsi 01 Apr 2020
Kayumba Nyamwasa arashinjwa gucucura impunzi z’Abanyarwanda azizeza ko agiye kuzirwanira

Kayumba Nyamwasa arashinjwa gucucura impunzi z’Abanyarwanda azizeza ko agiye kuzirwanira

Ubwanditsi 01 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?
HIRYA NO HINO

Mike Karangwa akomeje kwagura umurimo wo kwigisha abantu ijambo ry’Imana, Ese ni iki kibyihishe inyuma?

Ubwanditsi 09 May 2017
 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?
Amakuru

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Ubwanditsi 06 Jan 2021
Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?
ITOHOZA

Ese Museveni yaba atariwe vunja rikwiye guhandurwa muri politiki ya Uganda?

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru