• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Ubwanditsi 30 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, Gen Elly Tumwine, yabwiye Komisiyo y’Abadepite ishinzwe uburenganzira bwa muntu ko mu gihugu hari inzu zifungirwamo abantu zitazwi ariko badashobora kwemererwa kuzisura kubera impamvu z’umutekano.

Kuri uyu wa Gatatu Tumwine yari imbere ya Komisiyo yari iyobowe na Janepher Nantume Egunyu, aho yatangaga ibisubizo ku birego by’iyicarubozo rikorerwa mu nzu zifungirwamo abantu zitazwi (Safe Houses).

Ni nyuma yuko mu cyumweru gishize Perezida w’umutwe w’Abadepite, Rebecca Kadaga, yabwiye komisiyo ishinzwe uburenganzira bwa muntu gukora iperereza ku bivugwa ko hari inzu zifungirwamo zitazwi ahitwa Lwamayuba i Kalangala na Kyengera muri Wakiso.

Tumwine akigera imbere ya Komisiyo yasabwe gusubiza ibibazo umunani birimo kuvuga niba muri Uganda hari inzu zifungirwamo zitazwi, itegeko zikurikiza mu gukora, umubare wazo, abantu bazirimo, ubwoko bw’ibyaha butuma umuntu afungirwa mu nzu zitazwi, niba abazifungiwemo bakorerwa iyicarubozo n’ibindi.

Ati “Hari inzu zifungirwamo abantu zitazwi kandi nk’uko nabibwiye inteko, zirakoreshwa mu bihugu byinshi ku Isi yose kandi akamaro kazo ni uguhuza ibikorwa by’ubutasi. Ubutasi ntabwo bukorerwa mu ruhame nk’aha turi muri komisiyo, bukorwa mu ibanga”.

Abajijwe niba abadepite basura izi nzu, Tumwine yababwiye ko bitari mu nshingano zabo bityo bidashoboka. Ni ibintu byarakaje abadepite ku buryo Depite Robert Kyagulanyi Ssentamu uzwi nka Bobi Wine, yamusubije ko atemeye gukorana na komisiyo mu gihe abanya-Uganda bakomeje gufatwa nabi no gufungirwa ahantu hatazwi.

Uganda yemeye ko ifite inzu zifungirwamo abantu zitazwi mu gihe ikomeje kotswa igitutu cyo guta abantu muri yombi mu buryo butemewe n’amategeko no kubafungira ahantu hatazwi bagakorerwa iyicarubozo ndetse ntibanagezwe mu butabera.

Inashinjwa kandi ko binyuze mu rwego rushinzwe umutekano imbere mu gihugu (ISO), hakorwa imikwabu hagafatwa abasivili b’inzirakarengane bagatwarwa mu nzu zifungirwamo zitazwi bagakorerwa iyicarubozo.

Si abanya-Uganda gusa bavuga ubunyamaswa bakorerwa n’inzego z’umutekano zibafungira ahatazwi, kuko hari n’abanyarwanda bashimuswe n’Urwego rw’Ubutasi mu gisirikare cya Uganda, CMI na ISO, bagafungirwa muri izo nzu bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda.

Kuva mu myaka ibiri ishize, Abanyarwanda barimo abagore bafite abana bato bakurwa mu modoka bakajya gufungwa bashinjwa kuba intasi, bagakorerwa iyicarubozo ndetse bagafungirwa mu nzu zitazwi.

Aba barimo abasabwa kwiyunga n’Umutwe wa RNC [wa Kayumba Nyamwasa] ushaka guhungabanya u Rwanda.

Harimo uwitwa Rugorotsi Eric, washimuswe kuwa 25 Ukwakira 2018 na Twahirwa David washimuswe kuwa 15 Ukuboza. Aba bombi ngo bajyanywe na ISO. Rugorotsi wari umucuruzi yafatiwe i Kampala yagiye kugura ibyuma by’ibinyabiziga kimwe na Twahirwa wari wagiye muri gahunda ze.

Undi Munyarwanda witwa Ntakirutimana Theoneste, wayoboraga Itorero ADEPR muri Uganda yafashwe kuwa 28 Werurwe na Asiimwe Apollinaire wafashwe kuwa 7 Mata. Bombi byagaragaye ko bashimuswe na CMI. Hari kandi Gasana Deus, wavunjaga amafaranga wafashwe ku wa 3 Mata 2019 na ISO.

Aba banyarwanda bose bashimuswe bashyizwe ahantu hatazwi aho badashobora kugerwaho n’imiryango yabo cyangwa abanyamategeko babo.

Nyuma yo gufatwa, nta mpapuro zibata muri yombi cyangwa indi nzira y’amategeko ikurikijwe, ibinyamakuru bimenyerewe mu gukwirakwiza icengezamatwara muri Uganda, byatangiye kwandika inkuru ko ‘bakorera u Rwanda’.

2019-08-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Leta irotswa igitutu ngo ikore nk’u Rwanda

Uganda: Leta irotswa igitutu ngo ikore nk’u Rwanda

Ubwanditsi 20 Nov 2017
UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke,  bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

UBurundi bukomeje kurundanya abantu bitwaje intwaro mu Ntara ya Cibitoke, bikekwa ko ari Interahamwe zigamije gutera u Rwanda

Ubwanditsi 31 Mar 2018
Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Perezida Kagame yitabiriye itangira ry’Inama ya Commonwealth yayobowe n’Umwamikazi Elisabeth II

Ubwanditsi 19 Apr 2018
Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Perezida Kaguta Museveni yahawe inkwenene ubwo yatangazaga ko agiye kubaka umuhanda uhuza Uganda n’uBurundi unyuze muri Tanzaniya!

Ubwanditsi 20 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Frank Habineza  we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka
Mu Rwanda

Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Ubwanditsi 19 Jul 2017
Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League
IKORANABUHANGA

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo
Amakuru

Ubwiza bw’u Rwanda bukomeje kureshya ibihangange, umunyabigwi wa FC Barcelona Jose Bakero ndetse n’inyarubuga za Arsenal Robert Pires, David Seaman na Ray Parlour bari mu Rwagasabo

Ubwanditsi 06 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru