• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda

Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda

Editorial 04 Apr 2018 SHOWBIZ

Miss Uwase Ndahiro wambitswe ikamba rya Nyampinga wabaniye neza abandi muri Miss Rwanda 2018, yavuze ko yakuranye inzozi zo kuba umwe mu bagore bagize Inteko Nshingamateko y’U Rwanda kandi ngo arakomeje kugeza ubwo azagera kucyo yiyemeje.
Ibyo Miss Uwase Ndahiro Liliane ashyize imbere aramutse abaye umudepite

Uwase Ndahiro Liliane w’imyaka 21 y’amavuko ni umwe mu bakobwa batigishije murandasi ubwo amarushanwa y’ubwiza mu Rwanda yari arimbanyije.Yakunze kugira amajwi menshi mu batoye binyuze kuri SMS benshi bakavuga ko ariwe uzambikwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2018 ryatwawe na Miss Iradukunda Liliane w’imyaka 18 y’amavuko.

Uwase Ndahiro Liliane yabwiye Radio Rwanda binyuze mu kiganiro ‘Amahumbezi’ ko yumva ashaka gukomeza inzozi ze zo kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda. Avuga ko ari ibintu akunze kandi ko abifite ku rutonde yitwaje byatuma akomeza kuzamura no guha imbaraga abagore bo mu Rwanda. Uyu mukobwa ureshya na metero 1.74, agapima ibiro 69 yagize ati:

Icyabinteye n’ibintu natangiye gutekerezaho kuva nkirangiza amashuri yisumbuye.Icyabinteye by’umwihariko ni uko numvaga nanjye nk’umunyarwandakazi ndamutse ngize amahirwe nkaba umwe mu bagore bari mu nteko Ishinga Amategeko nagira uruhare mu ishyirwaho ry’amategeko ashyirirwaho Abanyarwanda, haba mu kwiteza imbere haba mu kubarenganura mu gihe habaye ibibazo runaka.

Uwase Ndahiro Liliane yakomeje avuga ko nk’umugore yumvise ko aramutse agizwe Umudepite yabishobora kandi ko yabikora neza akagira uruhare mu kwemeza amategeko. Ku bijyanye n’igihe ateganyiriza kwiyamamaza, yasubije ko akiri umunyeshuri ku  buryo ataratekereza neza igihe cyo kwiyamamaza. Miss Ndahiro ubusanzwe yiga muri kaminuza ya Kigali aho yiga ‘Ubutegetsi bw’igihugu’.

Avuga ko ari umwanya w’inzozi ze yumva ashaka, ati:”Cyane peee uko byagenda kose nzabiharanira ibyo ni mu bikorwa ndetse no mu mbaraga zanjye zose nshyiremo imbaraga.”Yavuze ko Madamu Jeannete Kagame na Minisitiri Louise Mushikiwabo ari bo afata nk’icyitegererezo mu byo akora byose.

Miss Rwanda 2018

Uwase Ndahiro Liliane afite indoto zo kuba umudepite

Yavuze ko afata Jeannette Kagame nk’icyitegererezo cye kubera ko yashyize imbere abagore agashinga Imbuto Foundation yaremye icyizere mu bana b’abakobwa. Minisitiri Louise Mushikiwabo amukundira ko ahagararira neza u Rwanda muri rusange akanahesha ishema abanyarwanda n’abanyarwandakazi. Oprah amukundira ko yanyuze mu bizazane bikomeye ariko agashikama kugeza ubwo abaye icyitegererezo cya benshi kuri iyi isi.

Mu ndangaciro yiyiziho harimo no kubahariza igihe. Ngo mu minsi yashize yagiye ahantu ariko atindaho iminota 10 ikintu cyatumye yiyemeza kubaha igihe uko byagenda kose. Uyu mukobwa wiyamamarije mu Ntara y’Amajyepfo muri Miss Rwanda 2018, ni umwe mu bakobwa 20 bagiye mu mwiherero wa Miss Rwanda 2018. Yabashije kuboneka mu 10 ba mbere anahabwa ikamba rya Miss Congeniality.

Uwase Ndahiro Liliane ni we kandi wabashije guhesha agatubutse ubuyobozi bwa Miss Rwanda binyuze mu marangamutima y’abamutoye bashakaga ko yegukana ikamba. Uwase Ndahiro Liliane yavukiye mu mujyi wa Kigali. Ni imfura mu muryango w’abana babiri b’abakobwa. Yiyamaje avuga ko atowe akaba Nyampinga w’u Rwanda 2018 yahangana n’ikibazo cy’ibiyobyabwenge cyugarije urubyiruko rw’u Rwanda.

2018-04-04
Editorial

IZINDI NKURU

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Editorial 23 Aug 2021
Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Editorial 16 May 2019
Madonna yambuwe ububasha ku ibaruwa yandikiwe na Tupac ihishura uko bakundanye mu ibanga

Madonna yambuwe ububasha ku ibaruwa yandikiwe na Tupac ihishura uko bakundanye mu ibanga

Editorial 24 Apr 2018
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Editorial 17 Aug 2022
Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Editorial 23 Aug 2021
Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Editorial 16 May 2019
Madonna yambuwe ububasha ku ibaruwa yandikiwe na Tupac ihishura uko bakundanye mu ibanga

Madonna yambuwe ububasha ku ibaruwa yandikiwe na Tupac ihishura uko bakundanye mu ibanga

Editorial 24 Apr 2018
Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Umuhanzi Yvan Buravan yitabye Imana azize kanseri y’urwagashya

Editorial 17 Aug 2022
Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Cécile Kayirebwa aritegura gushyira hanze igitabo cye cya mbere yise “Wowe utuma mpimba” kizaba gikubiyemo ibisigo bye

Editorial 23 Aug 2021
Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Umusore uheruka kurongora Irene Uwoya yazinutswe gukunda ibyamamare

Editorial 16 May 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru