• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda

Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Apr 2018 SHOWBIZ

Miss Uwase Ndahiro wambitswe ikamba rya Nyampinga wabaniye neza abandi muri Miss Rwanda 2018, yavuze ko yakuranye inzozi zo kuba umwe mu bagore bagize Inteko Nshingamateko y’U Rwanda kandi ngo arakomeje kugeza ubwo azagera kucyo yiyemeje.
Ibyo Miss Uwase Ndahiro Liliane ashyize imbere aramutse abaye umudepite

Uwase Ndahiro Liliane w’imyaka 21 y’amavuko ni umwe mu bakobwa batigishije murandasi ubwo amarushanwa y’ubwiza mu Rwanda yari arimbanyije.Yakunze kugira amajwi menshi mu batoye binyuze kuri SMS benshi bakavuga ko ariwe uzambikwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2018 ryatwawe na Miss Iradukunda Liliane w’imyaka 18 y’amavuko.

Uwase Ndahiro Liliane yabwiye Radio Rwanda binyuze mu kiganiro ‘Amahumbezi’ ko yumva ashaka gukomeza inzozi ze zo kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda. Avuga ko ari ibintu akunze kandi ko abifite ku rutonde yitwaje byatuma akomeza kuzamura no guha imbaraga abagore bo mu Rwanda. Uyu mukobwa ureshya na metero 1.74, agapima ibiro 69 yagize ati:

Icyabinteye n’ibintu natangiye gutekerezaho kuva nkirangiza amashuri yisumbuye.Icyabinteye by’umwihariko ni uko numvaga nanjye nk’umunyarwandakazi ndamutse ngize amahirwe nkaba umwe mu bagore bari mu nteko Ishinga Amategeko nagira uruhare mu ishyirwaho ry’amategeko ashyirirwaho Abanyarwanda, haba mu kwiteza imbere haba mu kubarenganura mu gihe habaye ibibazo runaka.

Uwase Ndahiro Liliane yakomeje avuga ko nk’umugore yumvise ko aramutse agizwe Umudepite yabishobora kandi ko yabikora neza akagira uruhare mu kwemeza amategeko. Ku bijyanye n’igihe ateganyiriza kwiyamamaza, yasubije ko akiri umunyeshuri ku  buryo ataratekereza neza igihe cyo kwiyamamaza. Miss Ndahiro ubusanzwe yiga muri kaminuza ya Kigali aho yiga ‘Ubutegetsi bw’igihugu’.

Avuga ko ari umwanya w’inzozi ze yumva ashaka, ati:”Cyane peee uko byagenda kose nzabiharanira ibyo ni mu bikorwa ndetse no mu mbaraga zanjye zose nshyiremo imbaraga.”Yavuze ko Madamu Jeannete Kagame na Minisitiri Louise Mushikiwabo ari bo afata nk’icyitegererezo mu byo akora byose.

Miss Rwanda 2018

Uwase Ndahiro Liliane afite indoto zo kuba umudepite

Yavuze ko afata Jeannette Kagame nk’icyitegererezo cye kubera ko yashyize imbere abagore agashinga Imbuto Foundation yaremye icyizere mu bana b’abakobwa. Minisitiri Louise Mushikiwabo amukundira ko ahagararira neza u Rwanda muri rusange akanahesha ishema abanyarwanda n’abanyarwandakazi. Oprah amukundira ko yanyuze mu bizazane bikomeye ariko agashikama kugeza ubwo abaye icyitegererezo cya benshi kuri iyi isi.

Mu ndangaciro yiyiziho harimo no kubahariza igihe. Ngo mu minsi yashize yagiye ahantu ariko atindaho iminota 10 ikintu cyatumye yiyemeza kubaha igihe uko byagenda kose. Uyu mukobwa wiyamamarije mu Ntara y’Amajyepfo muri Miss Rwanda 2018, ni umwe mu bakobwa 20 bagiye mu mwiherero wa Miss Rwanda 2018. Yabashije kuboneka mu 10 ba mbere anahabwa ikamba rya Miss Congeniality.

Uwase Ndahiro Liliane ni we kandi wabashije guhesha agatubutse ubuyobozi bwa Miss Rwanda binyuze mu marangamutima y’abamutoye bashakaga ko yegukana ikamba. Uwase Ndahiro Liliane yavukiye mu mujyi wa Kigali. Ni imfura mu muryango w’abana babiri b’abakobwa. Yiyamaje avuga ko atowe akaba Nyampinga w’u Rwanda 2018 yahangana n’ikibazo cy’ibiyobyabwenge cyugarije urubyiruko rw’u Rwanda.

2018-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iyumvire  uko umwe mu bahataniye ikamba rya Miss Rwanda yahuye n’uruva gusenya bari kumutereta

Iyumvire uko umwe mu bahataniye ikamba rya Miss Rwanda yahuye n’uruva gusenya bari kumutereta

Ubwanditsi 18 Apr 2017
AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri

AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri

RUSHYASHYA 28 May 2026
Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Uwigeze gutoza ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza, Arsène Wenger yiyongereye ku byamamare biri mu Rwanda.

Ubwanditsi 16 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora
Mu Mahanga

Perezida Museveni yikomye abaturage bamara igihe kinini mu masengesho aho kukimara bakora

Ubwanditsi 09 Oct 2017
Ku nshuro ya mbere polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi biganjemo abagore mu butumwa bw’amahoro
Mu Rwanda

Ku nshuro ya mbere polisi y’u Rwanda yohereje abapolisi biganjemo abagore mu butumwa bw’amahoro

Ubwanditsi 27 Jun 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 19 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru