• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye

Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye

Editorial 04 Jul 2018 POLITIKI

Nyuma yo gutangaza ko azahatana mu matora y’Umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka, Moise Katumbi utavuga rumwe na Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo akaba ari no mu buhungiro yamaze gushyiraho Guverinoma y’abantu bagera kuri 46 barimo abagore 23 n’abagabo 23 avuga ko bazamufasha kuyoborana no gutegura ibikorwa by’amatora.

Kuwa 2 Nyakanga 2018, nibwo Moise Katumbi yashyize umukono ku byemezo 6 yagendeyeho ashyiraho abanyamuryango ba Guverinoma ye (Cabinet) aho kugeza ubu amaze gushyiraho Abaminisitiri bagera kuri 46 barimo abagabo 23 n’abagore 23  bazamufasha gufata imyanzuro no gutegura ibikorwa by’amatora y’umukuru w’igihugu n’abayobozi b’Intara muri RDC ateganyijwe mu kwezi kw’Ukuboza uyu mwaka.

Jeunafrique dukesha iyi nkuru ivuga ko umunyamakuru wayo yirebeye kuri lisiti y’aba bayobozi bashyizweho na Katumbi, uwitwa Salomon Idi Kalonda Della akaba ari we uri ku isonga mu bagomba kumuba hafi (Bras Droit) mu bijyanye n’ubujyanama ndetse no gukora politiki bakaba baratangiye gukorana guhera mu myaka isaga 20 ishize, haba mu bijyanye na bizinesi, politiki ndetse bakanahurira ku ikipe y’umupira w’amaguru ya TP Mazembe.

Amakuru avuga ko aba bagabo bombi baranzwe no kuba hamwe ndetse bakanaganira ku mabanga yihariye batashakaga ko hari undi uyamenya, Salomon Idi Kalonda Della akaba yaranabaye umuyobozi w’intara ya Katanga imyaka igera ku 9 ndetse akaba yari no mu bantu baza ku ruhembe mu ishyaka ritavuga rumwe na leta . Parti national pour la démocratie et le développement (PND).

Aba bajyanama uko ari 46 bamaze kwemezwa na Katumbi bazayoborwa na Olivier Kamitatu.

Mu bandi bazakorana harimo Dominique Munongo Inamizi w’imyaka 57 wahoze ari umusirikare wa Sosiyete sivile, akaba azaba ashinzwe umuryango wa mbere mu gihugu,  Anne-Emilie Poto, umuvandimwe w’umugore wa perezida wa Congo-Brazzaville, Francis Kalombo wahoze ari umudepite mu ishyaka riri ku butegetsi ndetse na François Hurstel w’umufaransa ndetse n’abandi 2 bazaherekeza Katumbi mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Hari kandi Jean-Jacques Wondo, inzobere mu bibazo bijyanye n’umutekano, Frédéric Bola wahoze ari umucamanza, Jean-Marie Dikanga Kazadi wahoze ari Minisitiri,  Boniface Yemba Poyo, umwarimu I Washington, n’abandi batandukanye.

Moise Katumbi, umuyobozi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya TP Mazembe, yahoze ari umuyobozi w’ Intara ya Katanga ndetse ari n’inshuti ya Perezida Kabila, akaba amaze imyaka ibiri ari mu buhungiro.

Aganira na BBC, Katumbi yayitangarije ko ashaka kuzasubira muri RD Congo mu mezi abiri ari imbere kwiyandikisha mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza. Nyuma yo gutangaza ibi, iby’urubanza rwe bikaba byasubukuwe mbere y’uko agerayo.

Ati “ Nziyamamariza mu gihugu kuko ni uburenganzira bwanjye, ntacyo ntinya, hagati ya 24 Nyakanga na 8 Kanama nzaba ndi i Kinshasa muri ibyo bikorwa,…”.

Moise Katumbi aregwa ibyaha bitandukanye, amaze imyaka ibiri mu buhunzi, ku wa 19 Gicurasi 2016 nibwo yarezwe bwa mbere mu butabera icyaha cyo gushaka abacanshuro b’abanyamahanga ngo yashakaga kwifashisha mu guhungabanya umutekano w’igihugu n’ibindi byaha, ku ruhande rwe akabihakana avuga ko abigerekwaho ku mpamvu za politiki.

2018-07-04
Editorial

IZINDI NKURU

Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Editorial 06 Mar 2016
Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Editorial 27 Feb 2018
Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Editorial 09 May 2018
Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Editorial 11 Jun 2025
Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Editorial 06 Mar 2016
Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Editorial 27 Feb 2018
Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Mushikiwabo ashobora kwiyamamariza kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa

Editorial 09 May 2018
Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa

Editorial 11 Jun 2025
Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Ni byiza kuba Sudan yarinjizwe muri EAC

Editorial 06 Mar 2016
Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Kagame asanga abayobozi bakora neza u Rwanda rwaza ku myanya irenze iyo ruriho

Editorial 27 Feb 2018
prev
next

Igitekerezo kimwe

  1. Titi
    July 5, 20187:28 am -

    Uyu mukomisiyoneri wabayuda navanyamerika ndabona yamaze kwambara uruhu rw’inyamaswa atarica

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye
INKURU NYAMUKURU

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Editorial 20 Feb 2020
2022 FIFAWCQ: Amavubi yanyagiye Seychelles, u Rwanda rwuzuza ibitego 10-0
IMIKINO

2022 FIFAWCQ: Amavubi yanyagiye Seychelles, u Rwanda rwuzuza ibitego 10-0

Editorial 11 Sep 2019
Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19
Mu Rwanda

Bugesera: Ubufatanye mu kurwanya ikwirakwira rya Covid-19

Editorial 02 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru