• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Yaba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo cyangwa undi uwo ari we wese, nta n’unwe ukwiye kuducecekesha, mu gihe hari abategura kuduhungabanyiriza umutekano

Ibi ni bimwe mu bikubiye mu butumwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahejeje ku bitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, EAC, na bagenzi babo bo mu Muryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, inama yabereye i Dar Salaam muri Tanzaniya, kuri uyu wa 08 Gashyantare 2025.

Ingingo rukumbi yari ku murongo w’ibyigwa w’iyo nama ihurije hamwe bwa mbere EAC na SADC, kwari ukwiga uko iyo miryango yombi yashyira hamwe imbaraga mu gukemura ikibazo cy’intambara yo mu burasirazuba bwa Kongo, ikomeje no kugira ingaruka ku bihugu bigize iyo miryango.

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, nyamara urebwa n’ikibazo by’umwhariko, yanze kujya i Dar Es Salaam, kimwe na mugenzi we w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye, bahuriye ku gushyigikira no gukorana bya hafi n’abajenosideri ba FDLR.

Muri iyo nama kandi, Perezida Kagame yibukije ko uRwanda rwasabye Kongo inshuro nyinshi gukemura ibibazo biruhangayikishije[ gutera inkunga FDLR ihora itegura kugirira nabi uRwanda], ariko abategetsi ba Kongo bagakomeza kuvunira ibiti mu matwi.

Agamije gusaba ko muri iyi nama noneho haterwa indi ntambwe, hagafatwa umwanzuro urambye aho guhora mu magambo atagira ibikorwa, Perezida Kagame yibukije ko hakozwe inama nyinshi kuri iki kibazo, mu by’ukuri zitatanze umusaruro. Yavuze rero ko nta mpamvu yo gukora izindi zo gusubiramo ibintu bimwe gusa.

Umukuru w’Igihugu cy’uRwanda yashimangiye ko ibibera muri Kongo ari intambara ishingiye ku moko no kwambura igice kimwe cy’Abakongomani uburenganzira bwabo, barangiza bakabigereka ku Rwanda. Yagize ati:” Iyi ntambara yakuruwe na Kingo ubwayo, nta ruhare na ruto uRwanda rubigizemo. Bashatse kuyitugerekaho ku gahato, ariko ntituzabyemera. Byumvikane bityo.”

Mu gusoza ubutumwa bwe, Perezida Kagame yasabye bagenzi be guha agaciro uburenganzira bw’abarengana, no kuzirikana impungenge zitahwemye kugaragazwa, niba koko hakenewe umuti ufatika.

Nubwo Perezida Kagame yasabye ko noneho haterwa indi ntambwe mu gushaka igisubizo gifatika, nta byinshi bishya bigaragara mu myanzuro y’iyo nama.

Hongeye gusabwa ko impande zishyamiranye zasubukura ishyirwa mu bikorwa ry’ ibyemezo bya Luanda na Nairobi, ibyemezo bisaba Leta ya Kongo uruhare mu gusenya FDLR, no kugirana ibiganiro bitaziguye n’umutwe wa M23.

Igishya ni uko hasabwe ko abagaba b’ingabo mu bihugu bya EAC na SADC, bahura mu minsi itarenze itanu, bagashaka uko umujyi wa Goma wacungirwa umutekano, ndetse ikibuga cy’indege cya Goma n’imihanda ihuza uwo mujyi n’utundi turere bigafungurwa.

Haribazwa rero uko abo bagaba b’ingabo bahabwa inshingano zirebana n’umutekano wa Goma, mu gihe ijambo rifitwe gusa na M23 kuko ariyo igenzura Goma yose n’imihanda iyishamikiyeho.

Undi mwanzuro mushya ni usaba Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe gufasha EAC na SADC mu gushaka abandi bahuza mu kibazo cya Kongo, bakomoka mu duce tunyuranye kuri uyu mugabane.

Kwiyambaza Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe kandi Perezida wa Komisiyo iwuyobora, Musa Faki Mahamat, yari amaze guhezwa mu nama, nabyo biratuma abasesenguzi bashidikanya ku gaciro k’uyu mwanzuro.

2025-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Polisi ya Uganda yatangije iperereza ku kivugwa ko ari ihohotera ryakorewe umupolisikazi Esther Namaganda

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Ishyari n’ipfunwe byabashoye mu kunenga u Rwanda rwiyemeje kubungabunga umutekano muri Mozambike, aho kubanza gusesengura icyateye uwo mutekano muke.

Ishyari n’ipfunwe byabashoye mu kunenga u Rwanda rwiyemeje kubungabunga umutekano muri Mozambike, aho kubanza gusesengura icyateye uwo mutekano muke.

Ubwanditsi 21 Jul 2021
Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Icyiciro cya mbere cy’abakinnyi, abatoza n’abandi bayobozi mu ikipe ya Musanze FC bakingiwe Covid-19

Ubwanditsi 08 Mar 2021
Ibizamini byo gutwara ibinyabiziga bizajya bikorwa kabiri mu kwezi muri Kigali

Ibizamini byo gutwara ibinyabiziga bizajya bikorwa kabiri mu kwezi muri Kigali

Ubwanditsi 23 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera  imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga
Amakuru

FERWAFA yahagaritse abasifuzi gutagaragara ibyumweru bitanu undi iby’umweru bine kubera imyitwarire yo ku mukino Bugesera FC na AS Muhanga

Ubwanditsi 29 Oct 2025
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League
Amakuru

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Ubwanditsi 16 May 2024
Bujumbura : Intambara yahinduye isura,  imbonerakure ziri gusambanya  kungufu abagore baba Tutsikazi, Polisi ibahagarikiye
Mu Rwanda

Bujumbura : Intambara yahinduye isura, imbonerakure ziri gusambanya kungufu abagore baba Tutsikazi, Polisi ibahagarikiye

Ubwanditsi 06 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru