• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

“URwanda ntirushobora gucecekeshwa igihe hari abategura kurugirira nabi -Perezida Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Yaba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo cyangwa undi uwo ari we wese, nta n’unwe ukwiye kuducecekesha, mu gihe hari abategura kuduhungabanyiriza umutekano

Ibi ni bimwe mu bikubiye mu butumwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yahejeje ku bitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, EAC, na bagenzi babo bo mu Muryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, inama yabereye i Dar Salaam muri Tanzaniya, kuri uyu wa 08 Gashyantare 2025.

Ingingo rukumbi yari ku murongo w’ibyigwa w’iyo nama ihurije hamwe bwa mbere EAC na SADC, kwari ukwiga uko iyo miryango yombi yashyira hamwe imbaraga mu gukemura ikibazo cy’intambara yo mu burasirazuba bwa Kongo, ikomeje no kugira ingaruka ku bihugu bigize iyo miryango.

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, nyamara urebwa n’ikibazo by’umwhariko, yanze kujya i Dar Es Salaam, kimwe na mugenzi we w’uBurundi, Evariste Ndayishimiye, bahuriye ku gushyigikira no gukorana bya hafi n’abajenosideri ba FDLR.

Muri iyo nama kandi, Perezida Kagame yibukije ko uRwanda rwasabye Kongo inshuro nyinshi gukemura ibibazo biruhangayikishije[ gutera inkunga FDLR ihora itegura kugirira nabi uRwanda], ariko abategetsi ba Kongo bagakomeza kuvunira ibiti mu matwi.

Agamije gusaba ko muri iyi nama noneho haterwa indi ntambwe, hagafatwa umwanzuro urambye aho guhora mu magambo atagira ibikorwa, Perezida Kagame yibukije ko hakozwe inama nyinshi kuri iki kibazo, mu by’ukuri zitatanze umusaruro. Yavuze rero ko nta mpamvu yo gukora izindi zo gusubiramo ibintu bimwe gusa.

Umukuru w’Igihugu cy’uRwanda yashimangiye ko ibibera muri Kongo ari intambara ishingiye ku moko no kwambura igice kimwe cy’Abakongomani uburenganzira bwabo, barangiza bakabigereka ku Rwanda. Yagize ati:” Iyi ntambara yakuruwe na Kingo ubwayo, nta ruhare na ruto uRwanda rubigizemo. Bashatse kuyitugerekaho ku gahato, ariko ntituzabyemera. Byumvikane bityo.”

Mu gusoza ubutumwa bwe, Perezida Kagame yasabye bagenzi be guha agaciro uburenganzira bw’abarengana, no kuzirikana impungenge zitahwemye kugaragazwa, niba koko hakenewe umuti ufatika.

Nubwo Perezida Kagame yasabye ko noneho haterwa indi ntambwe mu gushaka igisubizo gifatika, nta byinshi bishya bigaragara mu myanzuro y’iyo nama.

Hongeye gusabwa ko impande zishyamiranye zasubukura ishyirwa mu bikorwa ry’ ibyemezo bya Luanda na Nairobi, ibyemezo bisaba Leta ya Kongo uruhare mu gusenya FDLR, no kugirana ibiganiro bitaziguye n’umutwe wa M23.

Igishya ni uko hasabwe ko abagaba b’ingabo mu bihugu bya EAC na SADC, bahura mu minsi itarenze itanu, bagashaka uko umujyi wa Goma wacungirwa umutekano, ndetse ikibuga cy’indege cya Goma n’imihanda ihuza uwo mujyi n’utundi turere bigafungurwa.

Haribazwa rero uko abo bagaba b’ingabo bahabwa inshingano zirebana n’umutekano wa Goma, mu gihe ijambo rifitwe gusa na M23 kuko ariyo igenzura Goma yose n’imihanda iyishamikiyeho.

Undi mwanzuro mushya ni usaba Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe gufasha EAC na SADC mu gushaka abandi bahuza mu kibazo cya Kongo, bakomoka mu duce tunyuranye kuri uyu mugabane.

Kwiyambaza Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe kandi Perezida wa Komisiyo iwuyobora, Musa Faki Mahamat, yari amaze guhezwa mu nama, nabyo biratuma abasesenguzi bashidikanya ku gaciro k’uyu mwanzuro.

2025-02-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball ku mugabane w’Afurika CAVB, ryamaze guhindura igihe ndetse naho irushanwa nyafurika ku makipe yatwaye ibikombe iwayo rizabera

Ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball ku mugabane w’Afurika CAVB, ryamaze guhindura igihe ndetse naho irushanwa nyafurika ku makipe yatwaye ibikombe iwayo rizabera

Ubwanditsi 17 Mar 2021
Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Mu mwaka wa 2016 ibyaha byagabanutseho 12% ugereranyije n’umwaka ushize

Ubwanditsi 15 Dec 2016
Uganda : Perezida Museveni  yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Uganda : Perezida Museveni yasinye Itegeko Nshinga rimwemerera manda ya gatandatu

Ubwanditsi 03 Jan 2018
U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

U Rwanda nta masezerano yo kwakira impunzi rwasinye na Israel

Ubwanditsi 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa
IKORANABUHANGA

Byinshi kuri ‘GIS’ ikoranabuhanga ryihishe inyuma y’iterambere ry’u Rwanda ridakunze kuvugwa

Ubwanditsi 16 Nov 2017
Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima
Amakuru

Col. Ngabo Janvier wamenyekanye nka Javel yahitanywe n’ibikorwa bya gisirikari bya FARDC Ahita ahasiga ubuzima

Ubwanditsi 28 Dec 2020
Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato
SHOWBIZ

Wema Sepetu yatunguye abatari bake atangaza ikintu yicuza mu buzima bwe cyakabereye isomo abakobwa bakiri bato

Ubwanditsi 27 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru