• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye

Moise Katumbi Uri Mu Buhungiro Yamaze Gushyiraho Urutonde Rw’abazaba Bagize Guverinoma Ye

Ubwanditsi 04 Jul 2018 POLITIKI

Nyuma yo gutangaza ko azahatana mu matora y’Umukuru w’igihugu ateganyijwe mu mpera z’uyu mwaka, Moise Katumbi utavuga rumwe na Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo akaba ari no mu buhungiro yamaze gushyiraho Guverinoma y’abantu bagera kuri 46 barimo abagore 23 n’abagabo 23 avuga ko bazamufasha kuyoborana no gutegura ibikorwa by’amatora.

Kuwa 2 Nyakanga 2018, nibwo Moise Katumbi yashyize umukono ku byemezo 6 yagendeyeho ashyiraho abanyamuryango ba Guverinoma ye (Cabinet) aho kugeza ubu amaze gushyiraho Abaminisitiri bagera kuri 46 barimo abagabo 23 n’abagore 23  bazamufasha gufata imyanzuro no gutegura ibikorwa by’amatora y’umukuru w’igihugu n’abayobozi b’Intara muri RDC ateganyijwe mu kwezi kw’Ukuboza uyu mwaka.

Jeunafrique dukesha iyi nkuru ivuga ko umunyamakuru wayo yirebeye kuri lisiti y’aba bayobozi bashyizweho na Katumbi, uwitwa Salomon Idi Kalonda Della akaba ari we uri ku isonga mu bagomba kumuba hafi (Bras Droit) mu bijyanye n’ubujyanama ndetse no gukora politiki bakaba baratangiye gukorana guhera mu myaka isaga 20 ishize, haba mu bijyanye na bizinesi, politiki ndetse bakanahurira ku ikipe y’umupira w’amaguru ya TP Mazembe.

Amakuru avuga ko aba bagabo bombi baranzwe no kuba hamwe ndetse bakanaganira ku mabanga yihariye batashakaga ko hari undi uyamenya, Salomon Idi Kalonda Della akaba yaranabaye umuyobozi w’intara ya Katanga imyaka igera ku 9 ndetse akaba yari no mu bantu baza ku ruhembe mu ishyaka ritavuga rumwe na leta . Parti national pour la démocratie et le développement (PND).

Aba bajyanama uko ari 46 bamaze kwemezwa na Katumbi bazayoborwa na Olivier Kamitatu.

Mu bandi bazakorana harimo Dominique Munongo Inamizi w’imyaka 57 wahoze ari umusirikare wa Sosiyete sivile, akaba azaba ashinzwe umuryango wa mbere mu gihugu,  Anne-Emilie Poto, umuvandimwe w’umugore wa perezida wa Congo-Brazzaville, Francis Kalombo wahoze ari umudepite mu ishyaka riri ku butegetsi ndetse na François Hurstel w’umufaransa ndetse n’abandi 2 bazaherekeza Katumbi mu bikorwa byo kwiyamamaza.

Hari kandi Jean-Jacques Wondo, inzobere mu bibazo bijyanye n’umutekano, Frédéric Bola wahoze ari umucamanza, Jean-Marie Dikanga Kazadi wahoze ari Minisitiri,  Boniface Yemba Poyo, umwarimu I Washington, n’abandi batandukanye.

Moise Katumbi, umuyobozi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya TP Mazembe, yahoze ari umuyobozi w’ Intara ya Katanga ndetse ari n’inshuti ya Perezida Kabila, akaba amaze imyaka ibiri ari mu buhungiro.

Aganira na BBC, Katumbi yayitangarije ko ashaka kuzasubira muri RD Congo mu mezi abiri ari imbere kwiyandikisha mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza. Nyuma yo gutangaza ibi, iby’urubanza rwe bikaba byasubukuwe mbere y’uko agerayo.

Ati “ Nziyamamariza mu gihugu kuko ni uburenganzira bwanjye, ntacyo ntinya, hagati ya 24 Nyakanga na 8 Kanama nzaba ndi i Kinshasa muri ibyo bikorwa,…”.

Moise Katumbi aregwa ibyaha bitandukanye, amaze imyaka ibiri mu buhunzi, ku wa 19 Gicurasi 2016 nibwo yarezwe bwa mbere mu butabera icyaha cyo gushaka abacanshuro b’abanyamahanga ngo yashakaga kwifashisha mu guhungabanya umutekano w’igihugu n’ibindi byaha, ku ruhande rwe akabihakana avuga ko abigerekwaho ku mpamvu za politiki.

2018-07-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Perezida Salva Kiir yemeye imikoranire myiza na mugenzi we Mashar

Ubwanditsi 26 Jun 2018
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2023
Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

Ubumwe n’Ubudaherwa bw’abanyarwanda niyo soko y’Umubano uhoraho i Rwanda n’Imahanga

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Amahoro mu burasirazuba bwa Kongo aracyari kure nk’ukwezi

Ubwanditsi 08 Jul 2024

Igitekerezo kimwe

  1. Titi
    July 5, 20187:28 am -

    Uyu mukomisiyoneri wabayuda navanyamerika ndabona yamaze kwambara uruhu rw’inyamaswa atarica

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 12 Nzeri 2017
POLITIKI

Ibyemezo by’inama y’abaminisitiri idasanzwe yo kuwa 12 Nzeri 2017

Ubwanditsi 13 Sep 2017
Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda
IKORANABUHANGA

Kagame na Macron beretswe ibikorwa by’ikoranabuhanga rigezweho birimo n’iby’abanyarwanda

Ubwanditsi 24 May 2018
Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe
Mu Mahanga

Umurambo wa Bihozagara umaze kugera kukibuga cy’indege cya kanombe

Ubwanditsi 07 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru