• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Dr Frank Habineza arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo

Dr Frank Habineza arashinjwa kutitabira Ubutumire bwa RPF muri Kongere yayo

Ubwanditsi 24 Jun 2017 POLITIKI

Ubwo tariki ya Kamena 2017 i Rusororo ho mu karere ka Gasabo, hateraniraga inama nkuru y’Umuryango RPF- INKOTANYI yari igamije gutora umukandida uzahagarira uyu mutwe wa Politiki mu matora ya Perezida wa Repuburika, abayobozi b’imitwe ya Politiki 11 ikorera mu Rwanda ndetse n’abahagariye imitwe ya Politiki itandukanye yo muri Afurika n’Ubushinwa bari batumiwe muri uyu muhango, ariko Ishyaka riharanira Demokarasi n’ibidukikije Green Party ntiryigeze rigaragara cyangwa ngo rihagararirwe muri iyi Kongere.

Iyi nama idasanzwe yamaze amasaha agera kuri atanu yahujwe no gutaha icyicaro gikuru gishya cy’Umuryango RPF- INKOTANYI yafunguwe ku mugaragaro na Perezida wa Repuburika y’u Rwanda Paul Kagame ari nawe muyobozi wa FPR INKOTANYI, abayobozi b’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda ndetse n’abamashyaka yo hanze afitanye ubumwe na RPF nka ANC yo muri Afurika Yepfo, Chama Cha Mapinduzi yo muri Tanzania,NRM yo muri Uganda yakiriwe ku buryo bwihariye ndetse buri muyobozi agenerwa n’umwanya uhagije wo kugeza Ijambo kuri Kongere y’abanyamuryango ba FPR imbere ya Perezida Paul Kagame.

Ishyaka GREEN PARTY rivuga ko ritavuga rumwe na Leta y’u Rwanda ryibajijweho na benshi ubwo Uwacu Yuliyana wari uyoboye ibirori yaheturaga urutonde rw’imitwe ya Politiki yatumiwe, ntihumvikanemo Democratic Green Party kandi nayo ibarizwa mu mashyaka yemewe mu Rwanda.

Ku mbuga nkoranyambanga bamwe bati “GREEN PARTY ntiyatumiwe kuko ari yo bahanganye yonyine mu matora., abandi bati Green party yakerensheje ubutumire nk’Ishyaka rigiye guhangana na RPF mu matora yegereje”

Ibyibajijwe ni byinshi ariko ahanini bishingiye ku gukeka, gusa na none uwari gukeka ko Green Party itatumiwe ku mpamvu z’uko ari shyaka ritavuga rumwe na Leta byari ukuba ari ukureba hafi kuko na mugenzi waryo PS- IMBERAKURI ryari ryatumiwe, ndetse rihabwa umwanya ryivugira ibyo ryiboneye mu ijwi rya Perezida waryo Mukabunani.

Kuri Dr. Frank Habineza wagaragaye ahagana mu masa tanu n’igice Kimironko hafi y’ibiro bye ari nayo masaha iyi nama nkuru yari irimbanije, yabwiye ikinyamakuru Makuruki dekesha iyi nkuru yavuzeko yari yatumiwe gusa atabashije kubona uko ajyayo ku mpamvu z’akazi kenshi harimo na gahunda bari bafite yo kuzuza imyanya mu nzego z’ishyaka.

Frank Habineza asobanura ko ubutumire bari babugejejweho ko icyabaye ari ikibazo cy’umwanya utarabonetse. Ibi byatumye tutirirwa tubaza abateguye Kongere niba kutitabira kwa Green Party ari uko batatumiwe, kuko Umuyobozi wayo yemera ko ubutumire bwabagezeho.

Abajije niba abona atari amahirwe y’imbonekarimwe bitesheje nka Green Party yo kugira umwanya wo kubonana n’Umukuru w’igihugu ndetse bagahabwa umwanya wo kugira icyo bavugira imbere y’abarwanashyaka bagiye guhangana mu matora, nkuko byakozwe ku rundi ruhande na Mukabunani wa PS IMBERAKURI, Dr. Frank Habineza yavuze ko nta kindi kibazo cyatumye batitabira ubutumire bagejwejweho usibye ikibazo cy’umwanya kandi byose birebana no gutegura amatora ari imbere.

Kutitabira ubutumire bwa FPR bivuze iki kuri GREEN PARTY mu kazoza ?

Nubwo kwitabira ubutumire ari amahitamo ya nyir’ugutumirwa ntawabura kuvuga ko gukerensa ubutumire bwa FPR nk’ishyaka ry’ikigugu riri ku butegetsi, byongeyeho watumiwe nk’Ishyaka rivuga ko ritavuga rumwe na Leta, nta wavuga ko ari amahitamo meza ku Ishyaka nka Green Party rishaka kwicara neza mu kibuga cya Politiki y’u Rwanda

Mu gihe Frank Habineza, atari kubona umwanya wo kwitabira ubutumire yari gutekereza uwari guhagarira iri shyaka ndetse akanahabwa umwanya wo gutambutsa ubutumwa bwe nk’uko andi mashyaka 10 basanganywe muri Forum y’imitwe ya Politiki yawuhawe.

Uyu kandi wari umwanya mwiza ku ishyaka nka Green Party riri mu rugamba rw’amatora kwigaragaza ko uhari nk’umutwe wa Politiki wemewe ugiye guhangana n’amashyaka asaga 9 ashyigikiye RPF Inkotanyi mu matora.

Ikindi cyaba nk’ingaruka cyangwa agatotsi ni uko mu gihe Green party itaramuka itsinze amatora ya Perezida wa Repuburika yegereje, byazagorana umubano wayo na FPR mu gihe nayo izaba iyikeneyeho amaboko cyangwa kuba bakongera gutumirwa mu bindi bikorwa binini mu gihe itaba yariseguye.

Kuri Green Party kutitabira yatumiwe byarayorohereye, ariko yari kubyibazaho kandi bikayitera ikibazo iyo ititabira kubera kudatumirwa mu gihe andi mashyaka yatumiwe.

Ibi tubishinigra ku buryo Dr. Frank Habineza yanditse ku rukuta rwe rwa Facebook mu Ukuboza 2016, ubwo yatumirwaga bwa mbere mu nama nkuru y’igihugu y’Umushyikirano agaragaza ko yishimiye cyane gutumirwa bwa mbere mu nama y’Umushyikirano atajyaga atumirwa, nyamara indi mitwe ya Politiki itumirwa.

Ku rundi ruhande ariko Green Party byakumvikana kutitabira Kongere yo kwemeza umukandida mu gihe guhangana, byasa n’ibigora ubuyobozi bw’iri shyaka rivuga ko ritavuga rumwe n’ishyaka riri ku butegetsi uburyo bagiye gukeza uwo bavuga ko bagiye guhangana mu matora barimo gutegura.

Tubibutse uretse imitwe ya Politiki ikorera mu Rwanda n’indi ifitanye ubushuti na FPR yo ku mugabane w’Afurika n’igihugu cy’ubushinwa iri ku butegetsi, i iyi Kongere yari yatumiwemo n’abandi banyacyubahiro badafite imitwe ya Politike babarizwamo nka Bernard Makuza usanzwe ari Perezida wa Sena y’u Rwanda.

-7077.jpg

Aha Frank Habineza yari yatumiwe munama y’Umushyikirano yicaranye n’umunyamabanga mukuru wa PDS

2017-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura

Ingoma Ibihumbi u Rwanda ruticaranye ku meza n’abaruhekuye bashaka kwambara Uruhu rwera kandi ari ibirura

RUSHYASHYA 04 Aug 2026
Save: ishyaka Green Party  ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Save: ishyaka Green Party ryakubise igihwereye aho ryagombaga Kwiyamamariza

Ubwanditsi 23 Aug 2018
Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Gashyantare 2018

Itangazo ry’Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Gashyantare 2018

Ubwanditsi 15 Feb 2018
Perezida Kagame umwe mu bayobozi bakomeye bateregerejwe i Dakar

Perezida Kagame umwe mu bayobozi bakomeye bateregerejwe i Dakar

Ubwanditsi 07 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali yeguye
Mu Rwanda

Umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali yeguye

Ubwanditsi 16 May 2018
Rayon Sports yakiriwe n’amagana y’abafana ubwo yavaga i Maputo
IMIKINO

Rayon Sports yakiriwe n’amagana y’abafana ubwo yavaga i Maputo

Ubwanditsi 20 Apr 2018
Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze
IMIKINO

Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Ubwanditsi 15 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru