• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari, anaganira n’abacuruzi

Mozambique : Perezida Kagame yunamiye intwari, anaganira n’abacuruzi

Editorial 25 Oct 2016 Mu Rwanda

Mu ruzinduko agira muri Mozambique, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yunamiye intwari zaharaniye ubwigenge bw’iki gihugu zishyinguye mu mujyi wa Maputo ahiswe ‘Praça dos Heróis Moçambicanos’.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rw’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Perezida Kagame kandi mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Ukwakira 2016 yagejeje ijambo ku bacuruzi bo muri iki gihugu hamwe n’abarimu bo muri kaminuza.

Umukuru w’Igihugu yabagaragarije ko u Rwanda na Mozambique bisangiye umuhate mu kubaka ahazaza h’abaturage babo hafite ubwigenge n’ubukungu.

Yagize ati “Uko dukomeza gutera imbere, tuzi ko tutari aho dushaka kuba turi kandi ibikorwa byiza tumaze kugera bigomba kurindwa. Ibi byemezo byarafashwe nubwo hari abaterankunga n’amabanki batabibonaga nk’igice cyashorwamo imari.”

Perezida Kagame yabasobanuriye uburyo ubuyobozi bwakanguriye Abanyarwanda bose ngo bagire uruhare mu kubaka umuryango mushya utandukanye n’uwo u Rwanda rwagize mbere.

Agaruka ku bwiyunge bw’Abanyrwanda nyuma y’amahano ya Jenoside yakorewe Abatutsi, Perezida Kagame yagize ati “Ubwiyunge bwari busobanuye gutanga ubutabera mu kwimakaza ubwiyunge kuko nta yandi mahitamo twari dufite atari ukongera kubana.”

Yagaragaje uburyo u Rwanda rwakoresheje inkiko Gacaca, ati “Mu myaka itagera ku 10, inkiko Gacaca zaciye imanza miliyoni ebyiri zari kuba zaraciwe mu myaka 100 iyo ziba zarajyanwe mu nkiko zisanzwe.”

Yunzemo ati “Ubwo Abanyarwanda babonaga ko dushobora kurwanya ibitekerezo bya jenoside, ibindi byose byagaragaraga nk’ibidashoboka byarashobotse. Twize kandi gushaka ibisubizo binyuze mu biganiro n’ubwumvikane.”

-4478.jpg

Umukuru w’Igihugu yabwiye aba bacuruzi n’abarimu bo muri kaminuza muri Mozambique ko gusura igihugu cyabo bigamije guhuza ibihugu bya Afurika, yongeraho ko ari ingenzi ku iterambere ry’abaturage b’ibihugu byombi.

Source: Izuba rirashe

2016-10-25
Editorial

IZINDI NKURU

Zari yasutse amarira ubwo Ivan Semwanga uwahoze ari umugabo we yitabye Imana!!  Amakuru afite gihamya nuko  Diamond  ariwe Wamurogesheje!

Zari yasutse amarira ubwo Ivan Semwanga uwahoze ari umugabo we yitabye Imana!! Amakuru afite gihamya nuko Diamond ariwe Wamurogesheje!

Editorial 25 May 2017
Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Editorial 13 Mar 2017
Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Eng. Didier Sagashya n’abandi bakozi babiri b’Umujyi wa Kigali batawe muri yombi

Editorial 17 Nov 2017
Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Editorial 07 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu
Mu Mahanga

Perezida Kagame yanenze abumvikanisha nabi gahunda yo guca caguwa mu gihugu

Editorial 01 Jun 2016
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe
Mu Mahanga

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’abaminisitiri idasanzwe

Editorial 14 Nov 2016
Tshisekedi ntazavuge ko atagiriwe inama.Dore Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, asubiye i Kinshasa kumukura ku izima.
Amakuru

Tshisekedi ntazavuge ko atagiriwe inama.Dore Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, asubiye i Kinshasa kumukura ku izima.

Editorial 24 Mar 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru