• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

MTN na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu guteza imbere Afrika

Editorial 26 Feb 2016 UBUKUNGU

Muri gahunda yo guteza imbere Afrika no gukemura ibibazo biyugarije bijyanye no gushishikariza abanyafrika kwihangira imirimo, MTN ifatanyije na Jumia batangije umukoro “MTN Entrepreneurship Challenge” mu gufasha abanyafrika kwikemurira ibibazo.

-2280.jpg

Sarah Anne Arnold umuyobozi wa MTN Solution Space

MTN Solution Space ku bufatanye na Jumia batangije kumugaragaro irushanwa ryiswe “MTN Entrepreneurship Challenge” rizahuriza hamwe abantu basaga 1000 bihangiye imirimo, abanyeshuri n’abashoramari mu gushakira hamwe ibyateza imbere Afrika, bagakora Application yihariye (Unique Digital Application or Smart Solution) izakemura ibibazo byugarije Afrika.

-2279.jpg

Iryo rushanwa rizitabirwa na kaminuza zisaga 60 zo mu bihugu 13 byo muri Afrika. Sarah Anne Arnold umuyobozi wa MTN Solution Space, yatangaje ko Afrika ari umugabane w’isezerano bityo intego yabo mu gutangiza uwo mukoro, ikaba ari ugufasha abanyafrika kwikemurira ibibazo bikazabafasha kuzuzanya n’aya masezerano. Ati Twizeye ko Entrepreneurship Challenge ari urufunguzo rw’ibyo bibazo”.

-2281.jpg

Herman Singh umwe mu bayobozi ba MTN Entrepreneurship Challenge yavuze ko ari uburyo buzafasha Afrika gutera imbere, bugateza imbere umuco wo kwihangira umurimo. Kugeza ubu Applications zatangiye kwakirwa kugeza kuwa 27 Werurwe 2016, abo muri Kaminuza zitabiriye iki gikorwa, bakaba batanga Applications zabo banyuze kuri:http://www.gsb.uct.ac.za/MTNECbyJumia/

-2282.jpg

Abazagera kuri Finale bazatangazwa kuwa 16 Mata 2016 aho amatsinda azahiga ayandi azabona amahirwe yo kwitabira Fesitavale y’abihangiye imirimo(Enterpreneurship Festival) izabera muri Kaminuza ya Cape Town Graduate School of Business iherereye muri Afrika y’epfo, uwo muhango ukazaba kuwa 27 Gicurasi 2016.

-2283.jpg

Iyo Fesitivale izitabirwa n’abo mu bihugu bitandukanye ku isi, bakoze udushya n’abihangiye imirimo. Hazaba hari kandi abacuruzi bakomeye ku rwego rw’isi, abayobozi, abashoramari n’ibinyamakuru mpuzamahanga. Muri iyo Fesitival nibwo hazatangazwa uwatsinze irushanwa MTN Entrepreneurship Challenge ahembwe ibihembo bitandukanye.

Umuntu uzatsinda iryo rushanwa MTN Entrepreneurship Challenge azahembwa igihembo kingana n’ibihumbi 25 y’amadorali y’Amerika ndetse umushinga we azaba yakoze wemererwe gukorana na Jumia mu gihe cy’umwaka
.
Azahembwa kandi kwemererwa gukora Porogarame izakoreshwa na Facebook,izaba ishobora no gukora Applications za Telefone, icyo gihembo kikaba kingana n’ibihumbi 15 y’amadorali y’Amerika. Ikindi ni uko azemererwa gukora muri MTN Solution Space muri Kaminuza ya Cape Town’s Graduate School of Business. Abantu babiri bazakurikira uwa mbere, bazahembwa buri umwe ibihumbi 5 y’amadorali y’Amerika.

Bankole Cardoso ushinzwe itangazamakuru muri Jumia yavuze ko uyu mukoro batangije uzafasha Afrika gutera imbere mu bucuruzi ndetse bikazafasha abakiri bato kwihangira imirimo bakajya bakora imishinga yabo bwite.

Ku muntu wakenera kumenya byinshi kuri MTN Entrepreneurship Challenge, yasura MTN Solution Space kuri http://www.gsb.uct.ac.za/ cyangwa agasura Jumia kuri https://www.jumia.com/ cyangwa agasura Twitter zabo arizo @uctgsbsolutions and @Africa_IG.


M.Fils

2016-02-26
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Nov 2018
BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

BK Group Plc yatangije ikigo cy’imari cya “BK Capital”

Editorial 15 Mar 2019
Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Ingengo y’Imari ya 2019/2020 iziyongeraho arenga miliyari 140 Frw

Editorial 24 Feb 2020
80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

80% by’amata mu Rwanda ntabyazwa undi musaruro

Editorial 20 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nkuyu mukobwa wa mugira iyihe nama koko!!
IMIKINO

Nkuyu mukobwa wa mugira iyihe nama koko!!

Editorial 12 Feb 2016
CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe
IMIKINO

CHAN2016:Zambie itsinze bigoranye umuturanyi zimbabwe

Editorial 19 Jan 2016
Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera
Mu Mahanga

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Editorial 06 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru