• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze
P

Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze

Editorial 06 May 2018 SHOWBIZ

Kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Gicurasi 2018 kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kugeza mu rucyerera rwo kuwa Gatandatu tariki 5 Gicurasi 2018, i Gikondo kuri Ambassador’s Park byari ibicika mu gitaramo cyahabereye. Ni igitaramo cyatumiwemo umuhanzi King James ufatwa nk’umwami w’imitoma mu muziki nyarwanda.

Iki gitaramo cyabaye ubwo muri Kigali hari ubukonje bukabije dore ko imvura yari irimo kugwa ubwo cyatangiraga. Abitabiriye iki gitaramo babigiriyemo amahirwe menshi cyane, nuko basusurutswa n’umwami w’imitoma mu muziki nyarwanda, uwo akaba ari nta wundi ahubwo ari King James umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi cyane cyane abakunda indirimbo z’urukundo. King James yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze, abantu barizihirwa.

Ni igitaramo cyaranzwe n’umuziki uryoheye amatwi n’amaso by’akarusho King James wari umuhanzi w’umunsi yacurangiye abitabiriye iki gitaramo umuziki w’umwimerere (Live music). Ambassador’s Park yateguye iki gitaramo mu rwego rwo gushimisha abakiriya bayo ndetse ubuyobozi bwa Ambassador’s Park bwatangaje ko bafite byinshi byiza bahishiye abakiriya babo n’abakunzi b’umuziki muri rusange dore ko hari n’ikindi gitaramo bari gutegura kizaba mu mins iri imbere. Iki gitaramo tuzakigarukaho mu gihe cya vuba.

Ambassador’s Park iherereye i Gikondo mu mujyi wa Kigali. Iteganye n’urusengero rwa Methodiste Libre. Usibye kuba wahasohokera ugafata kamwe bijyanye n’amahitamo ya buri wese, ubusanzwe Ambassador’s Park itanga serivisi zinyuranye zirimo Sauna&Massage, amafunguro ya kumanywa n’ibindi. Bafite kandi n’amacumbi meza cyane ku biciro byoroheye buri wese.

Ikindi ni uko bimaze kumenyerwa ko buri mugoroba cyane cyane mu mpera z’icyumweru baba bafite igitaramo gikomeye baba bateguriye abakiriya babo mu rwego rwo kubasusurutsa no kwishimana nabo. Iyo wahasohokeye kandi ubasha gukoresha interineti y’ubuntu. Sohokera muri Ambassador’s Park ugerwego n’ibyiza bagufitiye, uzagaruka uduha ubuhamya.


2018-05-06
Editorial

IZINDI NKURU

Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Mu masaha make haramenyekana niba Phiona Mutoni yegukana Miss Africa 2017

Editorial 27 Dec 2017
Amafoto yihariye y’abakobwa ba mbere binjiye muri Miss Rwanda 2018

Amafoto yihariye y’abakobwa ba mbere binjiye muri Miss Rwanda 2018

Editorial 14 Jan 2018
Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Danny Vumbi yashyize hanze indirimbo yahimbiye umugore we ikaba imaze imyaka 10 ayihimbye

Editorial 27 Mar 2021
Urupfu rwa Radio rukomeje gutuma Jose Chameleone akubita agatoki ku kandi ese bihatse iki ?

Urupfu rwa Radio rukomeje gutuma Jose Chameleone akubita agatoki ku kandi ese bihatse iki ?

Editorial 05 Feb 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Steven
    May 7, 20188:43 am -

    Ndabona rwose umwami james yabasusurukije

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yerekeje muri Senegal aho igiye kwitabira shampiyona ya Afurika ya Taekwondo.

Editorial 01 Jun 2021
Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Amakuru

Manda ya Mfumukeko igeze ku musozo, yaranzwe no kunyereza umutungo, gusubiza inyuma Umuryango wa EAC ndetse no guhunga Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 23 Feb 2021
Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.
Amakuru

Imikorere y’amwe mu madini n’amatorero idakurikiraniwe hafi, yaha umwanzi icyuho.

Editorial 16 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru