• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze
P

Mu mafoto reba uko igitaramo King James yakoreye muri Ambassador’s Park- Gikondo, cyagenze

Ubwanditsi 06 May 2018 SHOWBIZ

Kuri uyu wa Gatanu tariki 4 Gicurasi 2018 kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kugeza mu rucyerera rwo kuwa Gatandatu tariki 5 Gicurasi 2018, i Gikondo kuri Ambassador’s Park byari ibicika mu gitaramo cyahabereye. Ni igitaramo cyatumiwemo umuhanzi King James ufatwa nk’umwami w’imitoma mu muziki nyarwanda.

Iki gitaramo cyabaye ubwo muri Kigali hari ubukonje bukabije dore ko imvura yari irimo kugwa ubwo cyatangiraga. Abitabiriye iki gitaramo babigiriyemo amahirwe menshi cyane, nuko basusurutswa n’umwami w’imitoma mu muziki nyarwanda, uwo akaba ari nta wundi ahubwo ari King James umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki nyarwanda wigaruriye imitima ya benshi cyane cyane abakunda indirimbo z’urukundo. King James yaririmbye nyinshi mu ndirimbo ze, abantu barizihirwa.

Ni igitaramo cyaranzwe n’umuziki uryoheye amatwi n’amaso by’akarusho King James wari umuhanzi w’umunsi yacurangiye abitabiriye iki gitaramo umuziki w’umwimerere (Live music). Ambassador’s Park yateguye iki gitaramo mu rwego rwo gushimisha abakiriya bayo ndetse ubuyobozi bwa Ambassador’s Park bwatangaje ko bafite byinshi byiza bahishiye abakiriya babo n’abakunzi b’umuziki muri rusange dore ko hari n’ikindi gitaramo bari gutegura kizaba mu mins iri imbere. Iki gitaramo tuzakigarukaho mu gihe cya vuba.

Ambassador’s Park iherereye i Gikondo mu mujyi wa Kigali. Iteganye n’urusengero rwa Methodiste Libre. Usibye kuba wahasohokera ugafata kamwe bijyanye n’amahitamo ya buri wese, ubusanzwe Ambassador’s Park itanga serivisi zinyuranye zirimo Sauna&Massage, amafunguro ya kumanywa n’ibindi. Bafite kandi n’amacumbi meza cyane ku biciro byoroheye buri wese.

Ikindi ni uko bimaze kumenyerwa ko buri mugoroba cyane cyane mu mpera z’icyumweru baba bafite igitaramo gikomeye baba bateguriye abakiriya babo mu rwego rwo kubasusurutsa no kwishimana nabo. Iyo wahasohokeye kandi ubasha gukoresha interineti y’ubuntu. Sohokera muri Ambassador’s Park ugerwego n’ibyiza bagufitiye, uzagaruka uduha ubuhamya.


2018-05-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ubwanditsi 29 Jul 2021
Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ikiganiro “Isango na Muzika” cya Radiyo Isango Star kigiye gutanga ibihembo ku nshuro ya kabiri

Ubwanditsi 02 Nov 2021
Charly na Nina, Riderman na Yvan Buravan ni bo bahize abandi mu marushanwa yateguwe na Clouds TV

Charly na Nina, Riderman na Yvan Buravan ni bo bahize abandi mu marushanwa yateguwe na Clouds TV

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Diamond Yasobanuye Ibikomeje Kumuvugwaho ko Yateye Inda Hamisa Umukobwa Wagaragaye Mu Mashusho ye ya Salome

Ubwanditsi 24 Jun 2017

Igitekerezo kimwe

  1. Steven
    May 7, 20188:43 am -

    Ndabona rwose umwami james yabasusurukije

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204
Amakuru

Manchester City yegukanye igikombe cya Shampiyona y’u Bwongereza, ibyaranze umwaka w’imikino wa English Premier League 2023-204

Ubwanditsi 20 May 2024
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.
Amakuru

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Ubwanditsi 06 Nov 2024
Abarundi basubiye mu mihanda, bamagana France, Human Rights Watch n’u Rwanda
Mu Rwanda

Abarundi basubiye mu mihanda, bamagana France, Human Rights Watch n’u Rwanda

Ubwanditsi 06 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru