• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Mu mihango y’amakwe hari aho usanga twimakaza umuco w’ibinyoma

Editorial 15 Jan 2016 Mu Mahanga

Abanyarwanda bagerageza gukomera ku muco wabo, kandi muby’ukuri nibyiza kuko n’abakurambere bacu hari uko babivugaga ko igihugu kitagira umuco kizima. Ndetse no mu bindi bihugu n’uko !

Umuco ukubiyemo ibintu byinshi ariko reka hano twibande ku migenzereze y’abanyarwada ku bijyanye no gushyingira umukobwa n’umuhungu ngo bajye kwibanira, babyare buzukuruze.

Ubusanzwe mu muco nyarwanda iyo umuhungu yagezaga igihe cyo kurushinga yararambagizaga, agasaba, agatebutsa, hagakorwa ubukwe, uwarongowe agatinyishwa kuko yabaga ari ahantu hashyitsi kuriwe, bagatwikurura umukobwa akaba umugore mu muryango w’abandi.

Mu gihe cyo gukwa habagaho imihango iryoheye ijisho n’amatwi. Mwazanaga inka hakaba abahanga bajya kuyireba niba koko iyo nka ikwiriye umukobwa wabo. Iyo bayigayaga, abasaba bagombaga kuzazana iyindi. Iyo bayishimaga rero yarazanwaga igacanirwa, ibivuga bakivuga n’amayoga akanyobwa ku bwinshi.

Muri uru Rwanda tugezemo ariko ibintu byarahindutse kubera iterambere ritandukanye cyane n’u Rwanda rwo hambere. Mu rwanda rwo hambere igipimo cy’ubukungu cyari inka naho muri uru Rwanda turimo igipimo cy’ubukungu ni ifaranga. Hari aho koko bagikwa inka ariko ahenshi bakwa amafaranga kuko atwarika ku buryo bworoshye kurusha inka kandi ikaba atari imiryango yose yifuza kujya mu bworozi bw’inka.

Ukwa amafaranga akagira akamaro nk’ako ya nka kagize cyangwa no kurushaho, bitewe n’inyungu y’umushinga uba wayashoyemo. Aha rwose nta kibazo wakwa inka cyangwa ugakwa mafaranga, kuko byombi ari ugukwa kandi gukwa kukaba umuco nyarwanda !

Ariko ikibazo aho kiri n’uko gukomera cyane kuri uwo muco mwiza Nyarwanda bishobora kuzatuma twimakaza umuco mubi cyane w’ibinyoma !

Reka dutangirire mu gusa. Abasabana ubu baba baziranye kandi n’imiryango yabo iba ibazi. Usaba ati kanaka nje kugusaba umugeni kandi nzi yuko utamunyima kuko dusanzwe duhana abageni. Usabwa ati nibyo koko kanaka. Kandi muby’ukuri iyo miryango yombi ishobora kuba itarigeze narimwe ihana abageni. Byongeyeho n’uko usaba n’usabwa baba atari ababyeyi cyangwa abalezi b’abo bashaka gushyingiranwa.

Ubundi mu mategeko kubeshya cyangwa kwiyitirira icyo utaricyo hari uko bihanirwa.
Muri uko kuruhanya, ngo ni ukoryoshya ibirori, usabwa ati uwo mudusaba yararongowe kandi buri wese abizi neza yuko ari ho, cyangwa bakabanza kuzana akana gatoya bati ni uyu. Aha bishobora kubyara ibintu bibiri mu kiri batoya. Icya mbere ni cyakindi cy’uko kubeshya ntacyo bitwaye naho icya kabiri kikaba ari uko n’udukobwa tw’imyaka itageze ku 10 dushobora kurongorwa !

Kuko heshi cyane muri iyi minsi badatanga inzoga muri iyo mihango yo gusa, usabwa ati kanaka reka mbanze nkuzimane akamuha Fanta ati soma kuri iyi nzoga wumve. Usaba agasoma atiyi inzoga irasembuye kandi irahiye rwose. Fanta yigeze kuba inzoga ryari ? Kuki itayita Fanta ikayita inzoga kandi buri wese abona yuko atari inzoga? Ibi mbomna bishobora kuva mu muco ahubwo bikaba gutoza urubyiruko kuvuga ibinyoma !

Mu gukwa rero byo ni agahoma munwa cyane. Umuntu arajwa amafaranga ariko ati kanaka nazanye inka nziza zirisha hariya hepfo mpa abashumba bawe bajyane n’abanjye baze bakubwira uko zimeze. Abasore bagahaguruka bakikoza hanze y’urugo bati inka turazibonye kandi ni nziza cyane, abantu bagakoma amashyi ubwo zigatangira kuririmbirwa n’ibikobwakobwa byinshi cyane ! Abantu bazima baririmbira inka zidahari ngo ni umuco ? Umuco nyarwanda ntabwo wigeze ugendera ku bintu bihimbano !

Kayumba Casmiry

2016-01-15
Editorial

IZINDI NKURU

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Editorial 25 Jun 2018
APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Editorial 23 Jul 2021
Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Editorial 09 Dec 2022
Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Editorial 08 Jun 2016
Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Editorial 25 Jun 2018
APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Editorial 23 Jul 2021
Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Mu ijambo rye Perezida Tshisekedi yemeje ku mugaragaro ibyo Perezida Kagame yavuze ko akorana na FDLR

Editorial 09 Dec 2022
Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Umukozi wa Banki ya Kigali yarabuze ariko Polisi ntiyemera ko yaburiwe irengero

Editorial 08 Jun 2016
Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Zari yaba ari mu munyenga w’urukundo n’umunyamakuru yasimbuje Diamond?

Editorial 25 Jun 2018
APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

APR FC iri mu makipe 10 yemeje kuzakina CECAFA Kagame Cup 2021 izaba muri Kanama muri Tanzaniya

Editorial 23 Jul 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru