• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Editorial 02 Oct 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 1 Ukwakira 2022 nibwo hakinwaga agace ko gusiganwa ku magare kiswe Gisaka Race kabera mu karere ka Kirehe, ni kamwe mu duce kagize Rwanda Cycling Cup 2022.

Iri siganwa ryakozwe kuri uyu wa gatandatu ku ntera ya KM 102.8 ku bagabo n’abatarengeje imyaka 23, abakobwa bo bakoze KM 87.6, mu gihe mu bakiri bato b’abahungu nabo bakoze iyo ntera kimwe no mu bakobwa bakiri bato.

Ni agace kegukanywe na Manizabayo Eric uzwi nka Karadio mubagabo, mubakobwa umwanya wa mbere wegukanywe na Nzayisenga Valentine Nyirahabimana Claudette wa Benediction Club, mu bakiri bato mu bahungu umwanya wa mbere watwawe na Tuyizere Hashimu ukinira Les Amis Sportifs naho abakobwa bato Nyirahabimana Claudette wa Benediction Club yegukanye umwanya wa mbere.

Mu gusoza iri siganwa, Murenzi Abdallah uyobora ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, yashimiye ubuyobozi bw’Akarere ka Kirehe ku buryo bateguye neza umukino w’Amagare wahabereye akaba yavuze ko n’ubwitabire bushimishije, yanashimiye kandi inzego z’umutekano zo muri ako Karere kuko isiganwa ryakozwe neza mu mutekano.

Naho mu mupira w’amaguru, shampiyona y’u Rwanda mu kiciro cya mbere yakinwaga kuri uyu wa gatandatu mu bice bitandukanye by’igihugu imikino ikaba yakinwe.


I Kigali kuri sitade ya Nyamirambo, ikipe ya Kiyovu SC yatsinzwe na Sunrise FC ibitego 2-1, ku ruhande rwa Kiyovu yari yakiriye uyu mukino yatsindiwe na Erisa Ssekisambu kuri Penaliti naho kuri Sunrise FC yo yatsindiwe na Babua Samson na Yafesi Mubiru.


Mu wundi mukino, ikipe ya Marines FC yatsinzwe na Rayon Sports 3-2, kuri Gikundiro yatsindiwe na Essombe Willy onana watsinze bibiri ndetse na Mbirizi Eric, kuri Marines yo yatsindiwe na Mugisha Desire ndetse n Gitego Arthur.

Mukura VS yari yakiriye ikipe ya Gorilla FC yatsindiwe mu rugo ibitego 3-2, ibyo bitego byose bya Gorilla FC bikaba byatsinzwe na Muhammed Bobo Camara.

Ku rundi ruhande ikipe ya Bugesera FC yabonye itsinzi yayo ya mbere nyuma yaho uyu mwaka w’imikino utangiriye, ikaba yatsinze Etincelles FC ibitego 3-1.

Muri rusange uko imikino yagenze:

Kiyovu SC 1-2 Sunrise FC

Marines FC 2-3 Rayon Sports

Bugesera FC 3-1 Etincelles FC

Mukura VS 2-3 Gorilla FC

Uko imikino yindi ikinwa kuri iki cyumweru, tariki ya 2 Ukwakira 2022:

Rwamagana City vs APR FC

Police FC vs Gasogi United

Rutsiro vs AS Kigali

Musanze FC vs Espoir FC


2022-10-02
Editorial

IZINDI NKURU

Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Kagere Meddie na Salomon Nirisalike bari mu bakinnyi bakina hanze y’u Rwanda batangiye imyitozo mu Mavubi, Rwatubyaye na Raphael York bageze mu mwiherero bitegura Uganda

Editorial 05 Oct 2021
Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Biratangaje, biranababaje kubona hari abahisemo kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, nyamara ntibagire icyo bavuga ku mutwe w’iterabwoba wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda” -Perezida Kagame

Editorial 09 Jul 2022
Hubert Védrine wari Umunyamabanga Mukuru mu biro bya Perezida François Mitterrand, yibukijwe uruhare rw’ u Bufaransa, n’urwe bwite, muri Jenoside yakorewe Abatutsi , anasabwa kureka kuyipfobya no kuyihakana.

Hubert Védrine wari Umunyamabanga Mukuru mu biro bya Perezida François Mitterrand, yibukijwe uruhare rw’ u Bufaransa, n’urwe bwite, muri Jenoside yakorewe Abatutsi , anasabwa kureka kuyipfobya no kuyihakana.

Editorial 24 Dec 2020
Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Umuhuza mu kibazo cya Kongo, Uhuru Kenyatta, arasaba ko umutwe wa M23 ushyikirana n’ubutegetsi bwicyo gihugu

Editorial 03 Apr 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda
Amakuru

Dore ukuri mutamenye ku ngemu Ingabire Victoire yohererezwa nk’umuyobozi wa FDU-Inkingi mu Rwanda

Editorial 21 Oct 2022
Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA
IMIKINO

Degaule mu baziyamamariza kuyobora FERWAFA

Editorial 12 Dec 2017
Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika

Editorial 06 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru