• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Editorial 26 Sep 2017 Amakuru

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard avuga ko mu myaka irindwi mu Rwanda hazubakwa ibikorwa remezo byinshi birimo inganda, imihanda ibitaro n’ibindi.

Ibi yabigejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa 26 Nzeri, aho yabasobanuriraga ibikubiye muri gahunda y’imyaka 7 ya Guverinoma yo guhera muri 2017 kugeza 2024.

Mu rwego rw’ubukungu ari na ho inganda ziboneka cyane, Minisitiri w’Intebe yavuze ko Guverinoma ifite intego yo kurushaho kwihutisha iterambere ry’ubukungu bushingiye ku ishoramari ry’abikorera, ku bumenyi no ku mutungo kamere by’u Rwanda.

Avuga ko mu rwego rwo kuzamura iryo terambere hazubakwa inganda nshya ndetse n’izisanzwe zikonegererwa ubushobozi.

Mu nganda yavuze ko zizaba zubatswe muri iyi manda ya Perezida Kagame, ni inganda zikora imiti, izikora inzitiramibi, uruganda rukora ifumbire, inganda zikora ibikoresho by’ubwubatsi nk’amabati, amakaro n’ibyuma ndetse n’uruganda rukora ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa.

Ubwikorezi

Avuga mu bijyanye n’ubwikorezi bukorerwa mu kirere, Minsitiri w’Intebe yavuze ko bazongera umubare w’Ibihugu indege ya Rwandair igeramo ku migabane ya Afurika, Uburayi, Aziya na Amerika.

Avuga kandi ko mu myaka irinswi hazabaho kurangiza kubaka no gutangira gukoresha igice cya mbere cy’umushinga w’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abagenzi bangana na miliyoni 1 n’ibihumbi 700 ku mwaka.

Muri iyi myaka kandi ngo hazashyirwaho Ikigo cy’Icyitegererezo kizafasha mu kongera ubumenyi bukenewe mu by’indege.

Mu bijyanye no gutwara abantu Minisitiri w’Intebe yavuze ko hazanozwa serivisi zo gutwara abantu n’ibintu mu migi no mu cyaro.

Bimwe mu bizakorwa ngo ni ukongera inzira zikoreshwa na bisi zitwarira abagenzi ku gihe kizwi, by’umwihariko, mu Mujyi wa Kigali, ngo hazashyirwamo inzira zihariye za bisi zitwara abantu zizaba zifite uburebure bwa Km 22. Ibi ngo byitezweho kuzagabanya igihe abantu bajyaga bamara bategereje bisi ku byapa.

Biteganyijwe kandi ko hazahangwa imihanda iri ku burebure bungana na Km 250 izagezwa ahagenewe gutuza abantu ndetse ngo hakorwe n’imihanda yo mu migi iri ku burebure bwa Km 288.

Imihanda myinshi izubakwa muri Kigali no mu cyaro

Dr Ngirente yavuze ko hazakorwa imihanda ya kaburimbo ihuza Uturere ireshya na km 800 mu Gihugu cyose harimo, uzahuza Ngoma-Bugesera-Nyanza; uzahuza Base-Kirambo-Butaro-Cyanika; ugomba guhuza Base-Gicumbi-Rukomo – Nyagatare; Huye – Kibeho – Munini; Kagitumba – Kayonza –Rusumo; Kigali- Kicukiro-Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera;

Hazubakwa ndetse n’umuhanda mugari uzengurutse Umujyi wa Kigali (Kigali Ring road).

Dr Ngirente yavuze kandi ko mu rwego rwo gufasha abaturage kugeza umusaruro ku isoko, hazubakwa hanasanwe imihanda y’imihahirano (feeder roads) ireshya na km 3.000. Hakazubakwa imihanda mishya ya kaburimbo ireshya na km 350 mu Mujyi wa Kigali, imigi iwunganira n’indi migi mito.

Ubukerarugendo

Muri iyi myaka irindwi, umusaruro ukomoka mu bukerarugendo ngo uzikuba kabiri ugere kuri miliyoni 800 z’ amadorali ya Amerika uvuye kuri miliyoni 404.

Muri uru rwego ngo hazashyirwaho ingamba zituma u Rwanda ruba ku isonga mu bihugu ba mukerarugendo benshi bifuza gusura;

Minisitiri w’Intebe avuga ko hazongerwa imari ishorwa mu gutunganya ibikorwaremezo byorohereza ubukerarugendo birimo no gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera kigaragaza uko inkengero z’Ikiyaga cya Kivu zarushaho kubyazwa umusaruro.

Avuga kandi ko serivisi zo kwakira abashyitsi ngo zizarushaho gutezwa imbere kandi abikorera bagahabwa amahugurwa azabafasha kurushaho gutanga serivisi nziza.

Ibitaro bizubakwa

Mu bijyanye n’inkingi y’imibereho myiza y’abaturage, mu rwego rw’ubuzima ibitaro bitandukanye bizubakwa, ibindi byagurwe kandi byose ngo bizashyirwamo ibyangombwa bikwiye.

Bimwe mu bitaro birebwa n’iyi gahunda ni ibya Ruhengeri, Munini, Byumba, Nyabikenke, Masaka, Gatunda, Gatonde na Muhororo.

Imirenge 17 itari ifite ibigo nderabuzima, izabihabwa kandi hirya no hino mu Gihugu hazubakwa Poste de Santé nshya 150.

Inshingano yo kugeza gahunda za guverinoma ku Nteko Ishinga Amategeko, Minisitiri w’Intebe azihabwa n’ingingo ya 119 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, aho bikorwa bitarenze iminsi mirongo itatu uhereye igihe yatangiriye imirimo ye.

-8141.jpg

Inteko ishingamategeko imitwe yombi

2017-09-26
Editorial

IZINDI NKURU

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Editorial 06 Jan 2021
Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Editorial 21 Dec 2023
Amafoto – I Kigali hafunguwe iduka ry’imyenda n’ibikoresho by’ikipe ya Rayon Sports ryiswe “Gikundiro Shop”

Amafoto – I Kigali hafunguwe iduka ry’imyenda n’ibikoresho by’ikipe ya Rayon Sports ryiswe “Gikundiro Shop”

Editorial 23 Feb 2024
Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Ibyo Utamenye ku Buzima n’Imibereho ya Ruharwa Kabuga Felicien ndetse n’Abamukingiye Ikibaba mu Myaka 26 Ishize, Byashyizwe Hanze na Netflix

Editorial 06 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!
Amakuru

Aho yambariye inkindi ahambariye ubucocero: Umujenosideri,umuterankunga mukuru w’abajenosideri, Kabuga Félicien, yaraye ijoro rye rya mbere mu buroko bw’I La Haye mu Buholandi, aho yajyaga yidegembya nk’umuherwe ukomeye!

Editorial 27 Oct 2020
Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler
INKURU NYAMUKURU

Ibyinshi utari uzi kuri FDLR ifata urugero kuri Hitler

Editorial 21 Sep 2019
Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora
Mu Rwanda

Ubwo Perezida Kagame yifurizaga Polisi y’u Rwanda umwaka muhire wa 2018 yayihaye umukoro wo kurushaho kunoza ibyo ikora

Editorial 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru