• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Ubwanditsi 26 Sep 2017 Amakuru

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard avuga ko mu myaka irindwi mu Rwanda hazubakwa ibikorwa remezo byinshi birimo inganda, imihanda ibitaro n’ibindi.

Ibi yabigejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa 26 Nzeri, aho yabasobanuriraga ibikubiye muri gahunda y’imyaka 7 ya Guverinoma yo guhera muri 2017 kugeza 2024.

Mu rwego rw’ubukungu ari na ho inganda ziboneka cyane, Minisitiri w’Intebe yavuze ko Guverinoma ifite intego yo kurushaho kwihutisha iterambere ry’ubukungu bushingiye ku ishoramari ry’abikorera, ku bumenyi no ku mutungo kamere by’u Rwanda.

Avuga ko mu rwego rwo kuzamura iryo terambere hazubakwa inganda nshya ndetse n’izisanzwe zikonegererwa ubushobozi.

Mu nganda yavuze ko zizaba zubatswe muri iyi manda ya Perezida Kagame, ni inganda zikora imiti, izikora inzitiramibi, uruganda rukora ifumbire, inganda zikora ibikoresho by’ubwubatsi nk’amabati, amakaro n’ibyuma ndetse n’uruganda rukora ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa.

Ubwikorezi

Avuga mu bijyanye n’ubwikorezi bukorerwa mu kirere, Minsitiri w’Intebe yavuze ko bazongera umubare w’Ibihugu indege ya Rwandair igeramo ku migabane ya Afurika, Uburayi, Aziya na Amerika.

Avuga kandi ko mu myaka irinswi hazabaho kurangiza kubaka no gutangira gukoresha igice cya mbere cy’umushinga w’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abagenzi bangana na miliyoni 1 n’ibihumbi 700 ku mwaka.

Muri iyi myaka kandi ngo hazashyirwaho Ikigo cy’Icyitegererezo kizafasha mu kongera ubumenyi bukenewe mu by’indege.

Mu bijyanye no gutwara abantu Minisitiri w’Intebe yavuze ko hazanozwa serivisi zo gutwara abantu n’ibintu mu migi no mu cyaro.

Bimwe mu bizakorwa ngo ni ukongera inzira zikoreshwa na bisi zitwarira abagenzi ku gihe kizwi, by’umwihariko, mu Mujyi wa Kigali, ngo hazashyirwamo inzira zihariye za bisi zitwara abantu zizaba zifite uburebure bwa Km 22. Ibi ngo byitezweho kuzagabanya igihe abantu bajyaga bamara bategereje bisi ku byapa.

Biteganyijwe kandi ko hazahangwa imihanda iri ku burebure bungana na Km 250 izagezwa ahagenewe gutuza abantu ndetse ngo hakorwe n’imihanda yo mu migi iri ku burebure bwa Km 288.

Imihanda myinshi izubakwa muri Kigali no mu cyaro

Dr Ngirente yavuze ko hazakorwa imihanda ya kaburimbo ihuza Uturere ireshya na km 800 mu Gihugu cyose harimo, uzahuza Ngoma-Bugesera-Nyanza; uzahuza Base-Kirambo-Butaro-Cyanika; ugomba guhuza Base-Gicumbi-Rukomo – Nyagatare; Huye – Kibeho – Munini; Kagitumba – Kayonza –Rusumo; Kigali- Kicukiro-Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera;

Hazubakwa ndetse n’umuhanda mugari uzengurutse Umujyi wa Kigali (Kigali Ring road).

Dr Ngirente yavuze kandi ko mu rwego rwo gufasha abaturage kugeza umusaruro ku isoko, hazubakwa hanasanwe imihanda y’imihahirano (feeder roads) ireshya na km 3.000. Hakazubakwa imihanda mishya ya kaburimbo ireshya na km 350 mu Mujyi wa Kigali, imigi iwunganira n’indi migi mito.

Ubukerarugendo

Muri iyi myaka irindwi, umusaruro ukomoka mu bukerarugendo ngo uzikuba kabiri ugere kuri miliyoni 800 z’ amadorali ya Amerika uvuye kuri miliyoni 404.

Muri uru rwego ngo hazashyirwaho ingamba zituma u Rwanda ruba ku isonga mu bihugu ba mukerarugendo benshi bifuza gusura;

Minisitiri w’Intebe avuga ko hazongerwa imari ishorwa mu gutunganya ibikorwaremezo byorohereza ubukerarugendo birimo no gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera kigaragaza uko inkengero z’Ikiyaga cya Kivu zarushaho kubyazwa umusaruro.

Avuga kandi ko serivisi zo kwakira abashyitsi ngo zizarushaho gutezwa imbere kandi abikorera bagahabwa amahugurwa azabafasha kurushaho gutanga serivisi nziza.

Ibitaro bizubakwa

Mu bijyanye n’inkingi y’imibereho myiza y’abaturage, mu rwego rw’ubuzima ibitaro bitandukanye bizubakwa, ibindi byagurwe kandi byose ngo bizashyirwamo ibyangombwa bikwiye.

Bimwe mu bitaro birebwa n’iyi gahunda ni ibya Ruhengeri, Munini, Byumba, Nyabikenke, Masaka, Gatunda, Gatonde na Muhororo.

Imirenge 17 itari ifite ibigo nderabuzima, izabihabwa kandi hirya no hino mu Gihugu hazubakwa Poste de Santé nshya 150.

Inshingano yo kugeza gahunda za guverinoma ku Nteko Ishinga Amategeko, Minisitiri w’Intebe azihabwa n’ingingo ya 119 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, aho bikorwa bitarenze iminsi mirongo itatu uhereye igihe yatangiriye imirimo ye.

-8141.jpg

Inteko ishingamategeko imitwe yombi

2017-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Ku nshuro ya kabiri, mu gihe cy’icyumweru kimwe irushanwa rya BAL rigiye kubera mu Rwanda mu nyubako ya Kigali Arena – Ibyo wamenya kuri iri rushanwa

Ubwanditsi 20 May 2022
Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Ubwanditsi 17 May 2024
TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

TP Mazembe yaciwe $450 000 kuko yanze kwambara “Visit Rwanda ” nk’Umuterankunga mukuru wa Africa Football League, yitwaje ibinyoma bishinja u Rwanda gushyigikira M23

Ubwanditsi 18 Apr 2024
Amafoto – Mu Mukino ubanza Uganda yakiriye i Kigali, yanganyije n’u Rwanda mu bagore ibitego 3-3

Amafoto – Mu Mukino ubanza Uganda yakiriye i Kigali, yanganyije n’u Rwanda mu bagore ibitego 3-3

Ubwanditsi 13 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe
POLITIKI

RDC: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi biyemeje kuzashyigikira umukandida umwe

Ubwanditsi 30 Sep 2018
I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye  mu muhango wo guherekeza muka Rusagara
ITOHOZA

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye mu muhango wo guherekeza muka Rusagara

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina
Amakuru

Kicukiro:Abayobozi b’amadini n’amatorero bihaye umukoro wo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina

Ubwanditsi 23 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru