• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Mu myaka 7 u Rwanda rushobora kuzaba rufite ibikorwa remezo bikomeye

Ubwanditsi 26 Sep 2017 Amakuru

Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard avuga ko mu myaka irindwi mu Rwanda hazubakwa ibikorwa remezo byinshi birimo inganda, imihanda ibitaro n’ibindi.

Ibi yabigejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko kuri uyu wa 26 Nzeri, aho yabasobanuriraga ibikubiye muri gahunda y’imyaka 7 ya Guverinoma yo guhera muri 2017 kugeza 2024.

Mu rwego rw’ubukungu ari na ho inganda ziboneka cyane, Minisitiri w’Intebe yavuze ko Guverinoma ifite intego yo kurushaho kwihutisha iterambere ry’ubukungu bushingiye ku ishoramari ry’abikorera, ku bumenyi no ku mutungo kamere by’u Rwanda.

Avuga ko mu rwego rwo kuzamura iryo terambere hazubakwa inganda nshya ndetse n’izisanzwe zikonegererwa ubushobozi.

Mu nganda yavuze ko zizaba zubatswe muri iyi manda ya Perezida Kagame, ni inganda zikora imiti, izikora inzitiramibi, uruganda rukora ifumbire, inganda zikora ibikoresho by’ubwubatsi nk’amabati, amakaro n’ibyuma ndetse n’uruganda rukora ibyo gupfunyikamo ibicuruzwa.

Ubwikorezi

Avuga mu bijyanye n’ubwikorezi bukorerwa mu kirere, Minsitiri w’Intebe yavuze ko bazongera umubare w’Ibihugu indege ya Rwandair igeramo ku migabane ya Afurika, Uburayi, Aziya na Amerika.

Avuga kandi ko mu myaka irinswi hazabaho kurangiza kubaka no gutangira gukoresha igice cya mbere cy’umushinga w’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abagenzi bangana na miliyoni 1 n’ibihumbi 700 ku mwaka.

Muri iyi myaka kandi ngo hazashyirwaho Ikigo cy’Icyitegererezo kizafasha mu kongera ubumenyi bukenewe mu by’indege.

Mu bijyanye no gutwara abantu Minisitiri w’Intebe yavuze ko hazanozwa serivisi zo gutwara abantu n’ibintu mu migi no mu cyaro.

Bimwe mu bizakorwa ngo ni ukongera inzira zikoreshwa na bisi zitwarira abagenzi ku gihe kizwi, by’umwihariko, mu Mujyi wa Kigali, ngo hazashyirwamo inzira zihariye za bisi zitwara abantu zizaba zifite uburebure bwa Km 22. Ibi ngo byitezweho kuzagabanya igihe abantu bajyaga bamara bategereje bisi ku byapa.

Biteganyijwe kandi ko hazahangwa imihanda iri ku burebure bungana na Km 250 izagezwa ahagenewe gutuza abantu ndetse ngo hakorwe n’imihanda yo mu migi iri ku burebure bwa Km 288.

Imihanda myinshi izubakwa muri Kigali no mu cyaro

Dr Ngirente yavuze ko hazakorwa imihanda ya kaburimbo ihuza Uturere ireshya na km 800 mu Gihugu cyose harimo, uzahuza Ngoma-Bugesera-Nyanza; uzahuza Base-Kirambo-Butaro-Cyanika; ugomba guhuza Base-Gicumbi-Rukomo – Nyagatare; Huye – Kibeho – Munini; Kagitumba – Kayonza –Rusumo; Kigali- Kicukiro-Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera;

Hazubakwa ndetse n’umuhanda mugari uzengurutse Umujyi wa Kigali (Kigali Ring road).

Dr Ngirente yavuze kandi ko mu rwego rwo gufasha abaturage kugeza umusaruro ku isoko, hazubakwa hanasanwe imihanda y’imihahirano (feeder roads) ireshya na km 3.000. Hakazubakwa imihanda mishya ya kaburimbo ireshya na km 350 mu Mujyi wa Kigali, imigi iwunganira n’indi migi mito.

Ubukerarugendo

Muri iyi myaka irindwi, umusaruro ukomoka mu bukerarugendo ngo uzikuba kabiri ugere kuri miliyoni 800 z’ amadorali ya Amerika uvuye kuri miliyoni 404.

Muri uru rwego ngo hazashyirwaho ingamba zituma u Rwanda ruba ku isonga mu bihugu ba mukerarugendo benshi bifuza gusura;

Minisitiri w’Intebe avuga ko hazongerwa imari ishorwa mu gutunganya ibikorwaremezo byorohereza ubukerarugendo birimo no gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera kigaragaza uko inkengero z’Ikiyaga cya Kivu zarushaho kubyazwa umusaruro.

Avuga kandi ko serivisi zo kwakira abashyitsi ngo zizarushaho gutezwa imbere kandi abikorera bagahabwa amahugurwa azabafasha kurushaho gutanga serivisi nziza.

Ibitaro bizubakwa

Mu bijyanye n’inkingi y’imibereho myiza y’abaturage, mu rwego rw’ubuzima ibitaro bitandukanye bizubakwa, ibindi byagurwe kandi byose ngo bizashyirwamo ibyangombwa bikwiye.

Bimwe mu bitaro birebwa n’iyi gahunda ni ibya Ruhengeri, Munini, Byumba, Nyabikenke, Masaka, Gatunda, Gatonde na Muhororo.

Imirenge 17 itari ifite ibigo nderabuzima, izabihabwa kandi hirya no hino mu Gihugu hazubakwa Poste de Santé nshya 150.

Inshingano yo kugeza gahunda za guverinoma ku Nteko Ishinga Amategeko, Minisitiri w’Intebe azihabwa n’ingingo ya 119 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo muri 2003 ryavuguruwe muri 2015, aho bikorwa bitarenze iminsi mirongo itatu uhereye igihe yatangiriye imirimo ye.

-8141.jpg

Inteko ishingamategeko imitwe yombi

2017-09-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Amafoto – Volleyball yaganuye Petit Stade, Kepler VC na Police WVC yegukanye ibikombe mu irushanwa ryo Kwibohora

Ubwanditsi 29 Jul 2024
Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

RUSHYASHYA 24 Oct 2025
Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda

RUSHYASHYA 24 Apr 2026
Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

Umwambari wa FDLR Ndikuriyo yeguye muri Sena y’Abarundi

RUSHYASHYA 10 Dec 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amore akomeje kwagura muzika ye
IMIKINO

Amore akomeje kwagura muzika ye

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo
INKURU NYAMUKURU

Tanzania yakajije umutekano w’impunzi z’abarundi nyuma yo gutahura imbonerakure zabacengeyemo

Ubwanditsi 08 Nov 2017
Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu
INKURU NYAMUKURU

Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu

Ubwanditsi 17 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru