• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Editorial 18 Jun 2024 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu mu Burundi iratabariza abaturage bugarijwe n’ubukene bukomeye, bukagaragarira cyane cyane mu ibura ry’imiti n’ibiribwa, dore ko ubu ngo Abarundi bashobora kwikora ku munwa nibura kabiri ku munsi ari mbarwa.

Aho ibintu bigeze, ngo igihangayikishije gusa ni ukubona ikijya mu nda gihagije, naho ngo kuvuga ibifite intungamubiri byo ni ubutesi.

Mu rwego rero rwo kugoboka abaturage, Perezida w’icyo gihugu Evariste Ndayishimiye yahereye ku bakozi bo mu biro bye, buri wese amugenera ikilo kimwe(1kg) cy’inyama.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umukozi mukuru muri Perezidansi y’u Burundi, rirasaba buri mukozi kuba hafi agafata iryo geno ry’Umukuru w’Igihugu, kandi ngo utaboneka ntanohereze uzimufatra, ngo ntazagire icyo abaza bukeye, kuko Perezidansi idafite aho iraza izo nyama.

Igitangaje ni uko iryo tangazo rivuga nk’aho izo nyama zaguzwe na Perezida Ndayishimiye, kandi ari impano bagenewe n’Umuryango w’Abayisilamu mu Burundi.

Ubusanzwe Perezida Ndayishimiye agereranya u Burundi n’ubusitani bwa Eden buvugwa muri Bibiliya, ngo kuko icyo gihugu ari nka paradizo ikungahaye kuri byose, birimo n’ibiribwa.

Amagambo ya Ndayishimiye ariko anabamo kwivuguruza no kwishongora ku baturage be bashonje, aho avuga ko we ntaho yahurira n’inzara ngo kuko ibigega bye bifigije.

Abahanga baragaragaza ko ubukungu bw’u Burundi bugeze aharindimuka kubera ruswa n’imiyoborere mibi. Mu kigega cy’igihugu nta devize rirangwamo, ku buryo gutumiza ibintu mu mahanga, nk’ibikomoka kuri peteroli, imiti, ifumbire n’ibindi nkenerwa mu buzima bwa buri munsi ubu ari ihurizo.

Iyo miryango ndetse n’itangazamakuru bivugira ko ubukene mu Burundi atari ubwa none, ariko nibura hambere, nk’abaturanye n’u Rwanda ngo bashoboraga kwambuka bagaca incuro, cyangwa bakagobokwa n’abaturanyi, none umupaka urafunze ku ruhande rw’uBurundi.

Nk’uko bisanzwe rero mu bihugu nk’ibi byapfubye, abaturage, ba nyakugorwa, nibo barimo kwishyura ikiguzi cy’iyo mitegekere ya Ndayishimiye na CNDD-FDD ye iteye agahinda.

2024-06-18
Editorial

IZINDI NKURU

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Loni yatangiye igenzura ry’abapolisi 70 bagomba koherezwa muri Sudani y’Epfo

Editorial 03 Feb 2016
Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Perezida Kagame yagarutse ku mubano ukwiriye Afurika n’u Burayi

Editorial 07 Jun 2017
FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

FIFA yahanishije Afurika y’Epfo guterwa mpaga kubera gukinisha umukinnyi ufite amakarita abiri y’umuhondo

Editorial 30 Sep 2025
Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Editorial 17 Jul 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi
Amakuru

Umunsi wa 10 wa shampiyona usize Tchiamas watozaga Gicumbi FC asezeye, abatoza bakuru ba APR FC na Police FC ntibatoje, ibyaranze uyu munsi

Editorial 23 Dec 2021
Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis
Amakuru

Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis

Editorial 25 Jan 2021
Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda
Amakuru

Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda

Editorial 25 Jun 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru