• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Mu rwego rwo kwitegura igikombe cya Afurika 2022, ikipe y’igihugu ya Senegal na Guinée Conakry bazakorera umwiherero mu Rwanda

Editorial 14 Dec 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Mu gihe habura iminsi 26 ngo imikino y’igikombe cya Afurika CAN2022 itangire mu gihugu cya Cameroon, kugeza ubu ibihugu bibiri muri 16 byabonye itike yo gukina iyi mikino byamaze gutangaza ko bizakorera umwiherero mu rw’imisozi igihumbi.

 

Ikipe y’igihugu ya Senegal niyo yabanje gutangaza ko izakorera umwiherero hano mu Rwanda bitangajwe n’umutoza wayo Aliou Cisse, nyuma yaho kuri uyu wa mbere nibwo umutoza mushya wa Guinée Conakry Kaba Diawara nawe yemeje ko nabo bazakorera umwiherero mu Rwanda.

 

Nk’uko ibinyamakuru bitandukanye byabyanditse birimo na Depeche Afrique, yatangaje ko impamvu ikipe ya Senegal izaza gukorera umwiherero mu Rwanda baje gusanga imiterere y’umujyi wa Bafoussam bazakiniramo imikino y’amatsinda ijya kumera nk’iyo mu Rwanda. Ni Intara y’imisozi miremire n’ubutumburuke nk’ubwo mu Rwanda.

 

Muri iyi nkuru bagize bati “Witegereje umujyi wa Bafoussam umujyi Senegal izakiniramo imikino y’igikombe cya Afurika uteye kimwe n’igihugu cy’u Rwanda harimo imisozi nk’iyaho, bityo umutoza Aliou Cissé ndetse n’abo bafatanya bahisemo gukorera umwiherero mu gihugu kimeze nk’umujyi bazakiniramo.”

Ku rundi ruhande rw’ikipe y’igihugu ya Guinée Conakry, ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere ubwo umutoza mukuru w’iyi kipe y’igihugu Kaba Diawara yari mu Kiganiro Talents d’Afrique kinyura kuri Canal+ yemeje ko nabo bazaza mu Rwanda kuhakorera umwiherero bitegura igikombe cya Afurika kizaba muri Mutarama 2022.

Aya makipe yombi agiye kuza gukorera umwiherero mu Rwanda mu gihe yitegura iki gikombe cya Afurika kizakinwa guhera tariki ya 9 Mutarama 2022 kugeza ku ya 6 Gashyantare 2022.

Aya makipe kandi aherereye mu itsinda rimwe rya B aho Senegal, Guinée Conakry barikumwe n’andi makipe abiri ariyo Malawi na Zimbabwe.

Ku bijyanye niba aya makipe azakina imikino n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda, twagerageje kubaza mu buyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru FERWAFA ntibatwitaba ku murongo wa telefone ngendanwa.

Gusa hari amakuru avuga ko ikipe y’igihugu ya Guinée Conakry ishobora kuzakina n’Amavubi imikino ibiri mbere yo kwerekeza muri Cameroon.

Kugeza ubu kandi ntuharamenyakana itariki nyayo aya makipe azagerera mu Rwanda, gusa bitewe n’igihe irushanwa rizatangirira aya makipe azagera mu gihugu hakiri kare kugirango itariki ya 9 Mutarama 2022 izasange yaramaze kugera muri icyo gihugu.

2021-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Editorial 24 Jul 2018
Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Editorial 02 Jan 2016
Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Editorial 05 Feb 2021
Uvira : Intambara iraca ibintu

Uvira : Intambara iraca ibintu

Editorial 28 Sep 2017
Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Editorial 24 Jul 2018
Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Editorial 02 Jan 2016
Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Abarokotse Jenoside Yakorewe abatutsi baributsa “Idamange Yvonne” ko Leta yabarokoye ikabakura ku mwobo w’urupfu, ahubwo ariwe ukoresha iturufu ya Jenoside ngo abone VISA na Go fund me, Ubutabera buramutegereje

Editorial 05 Feb 2021
Uvira : Intambara iraca ibintu

Uvira : Intambara iraca ibintu

Editorial 28 Sep 2017
Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Kigali: Yishe umusore babanaga, umurambo we awujugunya mu bwiherero

Editorial 24 Jul 2018
Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Dore ibyo warya bikakongerera ubwiza n’ubuzima bwawe bugakomera

Editorial 02 Jan 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru