• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

  • Police FC yatangaje umunya-Maroc, Jaafar Rkyek nk’umutoza mukuru wayo asimbuye Ben Moussa watandukanye n’iyi kipe   |   21 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Abafite ubumuga bwo kutabona NEC yabitayeho nubwo hakiri ingorane zishamikiyeho

Ubwanditsi 26 May 2017 Mu Rwanda

Kuva amatora yatangira kubaho hano mu Rwanda abantu bafite ubumuga bwo kutabona bakomeje kugira ikibazo cyo kwihitiramo uwo bishakiye mu matora akorwa mu ibanga ku mpapuro, ariko ubu ibintu bitangiye guhinduka bigana heza.

Ubusanzwe itegeko mu Rwanda rivuga yuko umuntu ukenera ubufasha mu kwihitiramo umukandida yishakira gutora, yiyambaza undi yizera akabimifashamo. Uwo muntu yahisemo kumufasha ariko akaba atarageza imyaka yo kuba yatora.

Komisiyo y’igihugu y’amatora (NEC) isobanura yuko iyo umuntu uza gufasha undi mu matora nawe aba agejeje imyaka yo gutora biba bivuze yuko uwo watanze ubufasha aba atoye kabiri !

Ku birebana n’uburenganzira bwo kwihitiramo umukandida wishakira iyi ngingo irakomeye, cyane ku bantu bafite ubumuga bwo kutabona. Kuba umuntu ugejeje imyaka yo gutora afashije ufite ubumuga bwo kutabona gutora bifatwa nk’aho atoye kabiri, noneho byanabarwa yuko uwo ufite ubumuga ashobora kuba atatoye ahubwo yatorewe. Bibi kurushaho n’uko ashobora kuba yanatorerwa n’umukandida atifuza !

Umuntu ufite ubumuga bwo kutabona ashobora kwinjira mu cyumba cy’itora ashaka kwihitiramo umukandida bita Musanze, uwo yatwaye kubimufashamo akamwereka ahari izina Rubavu ! Ugiye gutora Musanze, ugarutse witoreye Rubavu kandi ku mutima wishimye ngo witoreye Musanze wikundira kubera gahunda ze zisobanutse !

Icyo cyo kuba umuntu ufite ubumuga bwo kutabona yatorerwa uwo atari yagambiriye gutora ni kimwe, ariko hari ikindi nacyo gikomeye. Ubindi gutora ni ibanga, ariko iyo witwaje ukwereka aho uri butere igikumwe ibanga ryawe riba ryavogerewe. Hari uwahitamo kudatora aho kugira ngo hagire umenya uwo yatoye !

Kuva amatora ya 2003 yavamo NEC yakomeje kotswa igitutu ibazwa ikibura ngo abafite ubumuga bwo kutabona bazajye bitorera hatagize uberekera ku rupapuro rw’itora.

Iki kibazo ariko ubu noneho NEC yaragikemuye. Iyi komisiyo y’igihugu y’amatora ivuga yuko mu matora ataha y’umukuru w’igihugu (3-4/8/2017) hazaba hari impapuro z’itora zigenewe abafite ubumuga bwo kutabona. Ibi kandi ni ukuri kuzuye kuko no mu matora aherutse y’abadepite bazajya mu nteko nshingamategeko ya EAC izo mpapuro zarakoreshejwe.

Izi mpapuro zo gutoreraho ziba ziriho amazina y’abakandida yanditswe muri za nyandiko zisomwa n’abafite ubumuga bwo kutabona (Brailles) muri bwa buryo bwo gukabakabisha intoki. Ntabwo Brailles ariko izi gusomwa na buri muntu wese ufite ubumuga bwo kutabona nk’uko no mu bantu badafite ubwo bumuga hari abatazi gusoma no kwandika !

Ibi rero icyo bisobanuye n’uko nubwo ubwo buhanga bufasha abafite ubumuga bwo kutabona kuba bakwitorera uwo bashaka bwarabonetse, ariko ntabwo ari buri wese buzafasha. Ntabwo ari buri muntu ufite ubwo bumuga wagize amahirwe yo kugera mu kigo nka Masaka Rehabilitation Center of the Blind ! Akarere ka Nyamasheke niko kabisobanura neza kuko ubushakashatsi bwahakorewe bugaragaza yuko gafite abantu bagera kuri 87 bafite ubumuga bwo kutabona ariko babiri gusa bakaba aribo bazi gukoresha Brailles.

-6687.jpg

-6686.jpg

Abafite Ubumuga

Ikindi kandi n’uko kugeza ubu ubumunyamabanga mukuru wa NEC, Munyaneza Charles, avuga yuko badafite umubare w’abantu bafite ubumuga bwo kutabona bashobora gukoresha Brailles, n’aho babarizwa muri za site z’itora. Inama Nkuru y’Abafite Ubunuga (NCPD) nidashobora kugira vuga ngo igeze kuri NEC umubare nyawo w’abazakenera impapuro z’itora za Brailles wa buri site y’itora, bizavangira Komisiyo y’amatora. Ni ibintu byumvikana yuko atari buri site y’itora izakenera izo mpapuro za Braille, n’izizazikenera ntabwo ari ku mubare ungana !

Casmiry Kayumba

2017-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Gushima no kwishimira ibyagezweho

Ubwanditsi 18 May 2017
Ingabire Victoire Umuhoza ngo azasubiza u Rwanda muri Jenoside niba adahawe ubutegetsi. Ese   kuki “IVU” ridashyirwa mu kimpoteri  nk’indi myanda yose, rigakomeza gutumukira abantu?

Ingabire Victoire Umuhoza ngo azasubiza u Rwanda muri Jenoside niba adahawe ubutegetsi. Ese   kuki “IVU” ridashyirwa mu kimpoteri  nk’indi myanda yose, rigakomeza gutumukira abantu?

Ubwanditsi 24 Aug 2022
Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ibintu 5 bitangaje byavuzwe na Dr Leopold Munyakazi wakuriweho igihano cya burundu y’umwihariko

Ubwanditsi 24 Jul 2018
Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Madamu Jeannette Kagame yashimangiye ko urwego rw’ubuzima mu Rwanda ruri ku isonga

Ubwanditsi 10 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.
Mu Rwanda

Mu myaka 15 ishize ubwandu bushya bwa SIDA bwagabanutseho 50%.

Ubwanditsi 09 May 2018
Abasirikare barindwi ba Loni muri Congo bishwe n’inyeshyamba
HIRYA NO HINO

Abasirikare barindwi ba Loni muri Congo bishwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48
Amakuru

Amafoto – Mu mukino utarakiniwe igihe, Rayon Sports yatsinze Police FC 2-1 mu mukino wahagaze iminota 48

Ubwanditsi 29 Nov 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru