• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Editorial 04 Jan 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Mutarama 2022, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakinaga na Guinea umukino wa Gicuti warangiye ikipe U Rwanda rutsiinze ibitego 3-0.

Muri uyu mukino wari uwo gufasha Guinea kwitegura igikombe cya Afurika 2021 kizatangira tariki ya 9 Mutarama kugeza kuya 5 Gashyantare 2022, naho ku ruhande rw’u Rwanda ho kwari ugutegura imikino y’igikombe cya Afurika 2023 ndetse na CHAN.

Uyu mukino wabonetsemo ibitego byatsinzwe na Hakizimana Muhadjiri ubwo hari ku munota wa 22, Danny Usengimana watsinze kuwa 46 ndetse na Muhozi Fred uzwi nka Ngolo Kante wabonye igitego cya gatatu ku munota wa 71 w’umukino.

Muri uyu mukino rutahizamu wa Police FC, Hakizimana Muhadjiri niwe wari kapiteni w’Amavubi ndetse akaba yanatsinze igitego mu ikipe y’igihugu akaba yatsindaga igitego cya gatanu mu ikipe y’igihugu yatangiye gukinira mu mwaka wa 2016.

Danny Usengimana nawe bakinana muri Police FC nawe yaboneye Amavubi igitego, iki kikaba cyabaye icya kabiri mu rugendo rwe mu ikipe y’igihugu, yatsinze igitego nyuma y’imyaka 4 n’iminsi 178 abonye ikindi ubwo Amavubi yatsindaga Maroc ibitego 2-0.

Muhozi Fred ukinira ikipe ya Espoir yo mu karere ka Rusizi, bwari ubwambere ahamagawe mu mavubi ndetse ahita abona igitego, uyu mukinnyi w’imyaka 22 y’Amavuko akomeje kwitwara neza mu mikino arimo gukina kuko uyu mwaka wa 2021-2022 mu ikipe ye amaze kubanzamu kibuga incuro 4 ndetse akaba afite ibitego 3 harimo bibiri yatsinze Rayon Sports.

Mu bindi byaranze ikipe y’igihugu yatsinze ni uko harimo kandi abakinnyi bari bakinnye umukino wabo wa mbere mu ikipe y’igihugu nkuru, baba abanjemo ndetse uyu munsi ndetse n’abahamagarwaga ntiabkine, aha twavuga nk’umunyezamu Hakizimana Adolphe, Niyigena Clement ndetse na Muhozi Fred.

Hagati y’u Rwanda ndetse na Guine hategerejwe undi mukino uzakinwa kuwa kane w’iki cyumweru nawo uzabera kuri Sitade Amahoro i Remera mbere y’uko buzacya Guinea yerekeza muri Cameroon gukina imikino y’igikombe cya Afurika.

Muri iki gikombe Guinea iri mu itsinda rimwe na Sengal, Zimbabwe ndetse na Malawi.

2022-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Editorial 21 May 2025
# YouthConnect Africa : Akon yabwiye Urubyiruko ko u Rwanda rumutera ishema ryo kwitwa Umunyafurika

# YouthConnect Africa : Akon yabwiye Urubyiruko ko u Rwanda rumutera ishema ryo kwitwa Umunyafurika

Editorial 21 Jul 2017
Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Victoire Ingabire si umunyapolitiki, na DALFA Umurinzi avuga ko ahagarariye ntaho izwi. Nta gihe Leta y’u Rwanda izamugisha inama. Reka tumwibutse amateka yuwo uwo ariwe

Editorial 01 Sep 2021
Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.

Mushikiwabo avuga ko imyinshi mu migisha y’u Rwanda yigaragarije muri Perezida Kagame.

Editorial 21 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda
IMIKINO

Umuhanzi The BEN i Buruseli mu Bubiligi aho agiye gutaramira abanyarwanda

Editorial 29 Feb 2016
Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 
Amakuru

Mugisha Moïse yazamuye ibendera ry’U Rwanda, yegukana isiganwa rya Grand Prix Chantal Biya muri Cameroon 

Editorial 22 Nov 2020
Perezida Kagame yitabiriye inama ku bufatanye bwa Afurika n’ibihugu 20 bikize ku Isi
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yitabiriye inama ku bufatanye bwa Afurika n’ibihugu 20 bikize ku Isi

Editorial 30 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru