• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Muhadjiri wari Kapiteni w’Amavubi, Muhozi Fred yabonye igitego, Danny Usengimana yatsinze igitego nyuma y’imyaka isaga 4, ibyaranze umukino Amavubi yatsinzemo Guine 3-0

Editorial 04 Jan 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Mutarama 2022, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yakinaga na Guinea umukino wa Gicuti warangiye ikipe U Rwanda rutsiinze ibitego 3-0.

Muri uyu mukino wari uwo gufasha Guinea kwitegura igikombe cya Afurika 2021 kizatangira tariki ya 9 Mutarama kugeza kuya 5 Gashyantare 2022, naho ku ruhande rw’u Rwanda ho kwari ugutegura imikino y’igikombe cya Afurika 2023 ndetse na CHAN.

Uyu mukino wabonetsemo ibitego byatsinzwe na Hakizimana Muhadjiri ubwo hari ku munota wa 22, Danny Usengimana watsinze kuwa 46 ndetse na Muhozi Fred uzwi nka Ngolo Kante wabonye igitego cya gatatu ku munota wa 71 w’umukino.

Muri uyu mukino rutahizamu wa Police FC, Hakizimana Muhadjiri niwe wari kapiteni w’Amavubi ndetse akaba yanatsinze igitego mu ikipe y’igihugu akaba yatsindaga igitego cya gatanu mu ikipe y’igihugu yatangiye gukinira mu mwaka wa 2016.

Danny Usengimana nawe bakinana muri Police FC nawe yaboneye Amavubi igitego, iki kikaba cyabaye icya kabiri mu rugendo rwe mu ikipe y’igihugu, yatsinze igitego nyuma y’imyaka 4 n’iminsi 178 abonye ikindi ubwo Amavubi yatsindaga Maroc ibitego 2-0.

Muhozi Fred ukinira ikipe ya Espoir yo mu karere ka Rusizi, bwari ubwambere ahamagawe mu mavubi ndetse ahita abona igitego, uyu mukinnyi w’imyaka 22 y’Amavuko akomeje kwitwara neza mu mikino arimo gukina kuko uyu mwaka wa 2021-2022 mu ikipe ye amaze kubanzamu kibuga incuro 4 ndetse akaba afite ibitego 3 harimo bibiri yatsinze Rayon Sports.

Mu bindi byaranze ikipe y’igihugu yatsinze ni uko harimo kandi abakinnyi bari bakinnye umukino wabo wa mbere mu ikipe y’igihugu nkuru, baba abanjemo ndetse uyu munsi ndetse n’abahamagarwaga ntiabkine, aha twavuga nk’umunyezamu Hakizimana Adolphe, Niyigena Clement ndetse na Muhozi Fred.

Hagati y’u Rwanda ndetse na Guine hategerejwe undi mukino uzakinwa kuwa kane w’iki cyumweru nawo uzabera kuri Sitade Amahoro i Remera mbere y’uko buzacya Guinea yerekeza muri Cameroon gukina imikino y’igikombe cya Afurika.

Muri iki gikombe Guinea iri mu itsinda rimwe na Sengal, Zimbabwe ndetse na Malawi.

2022-01-04
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yashimiye Arsenal iri kugaruka mu bihe by’intsinzi

Perezida Kagame yashimiye Arsenal iri kugaruka mu bihe by’intsinzi

Editorial 24 Oct 2018
Police FC izahura na AS Kigali, APR FC na Gasogi United – Uko amakipe azahura muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro

Police FC izahura na AS Kigali, APR FC na Gasogi United – Uko amakipe azahura muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro

Editorial 21 Feb 2025
Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Editorial 15 Feb 2016
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Editorial 07 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.
Amakuru

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza ngo arambiwe uruzurungutane mu nkiko rubangamiye gahunda z’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2023
Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko
Mu Mahanga

Bane bafashwe bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranije n’amategeko

Editorial 15 Sep 2016
Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu
Mu Rwanda

Jay Polly yakatiwe igifungo cy’amezi atanu

Editorial 24 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru