• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka   |   28 Jun 2025

  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Editorial 23 Dec 2018 IMIKINO

Mukura VS, yubatse amateka  nyuma yo kunganya ubusa ku busa mu mikino yombi, yasezereye Al Hilal Obayed yo muri Sudani kuri penaliti 5-4.

Abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda by’umwihariko aba Mukura VS bari muri Stade Huye bita Imbehe ya Mukura VS, bitereye hejuru saa 17:37 ubwo amateka yandikwaga ikipe yabo itsindira itike yo gukina ijonjora rya gatatu ry’igikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe by’ibihugu iwayo.

Iyo saha niyo Umurundi Ndayishimiye Christophe yatereyeho Penaliti ya gatanu yasoje izindi. Byabaye ngombwa ko zitabazwa kuko amakipe yombi yari yanganyije 0-0 mu mukino umutoza Haringingo Francis yari yahisemo gukinisha abakinnyi benshi basatira.

Uyu mukino wo kwishyura wayobowe n’abasifuzi bakomoka muri Eswatini barimo Thulani Zibandze, Sifiso Nximulo, Zamani Thulani na Mbogiseni Eliot. Watangiye ikipe ya Mukura VS ikinira cyane mu rubuga rwa Al Hilal Obayed.

Ku munota wa 15, Mukura yashoboraga gufungura amazamu hakiri kare ariko umupira wazamukanywe na Mutijima Janvier awuha Bertrand Iradukunda arihuta cyane agera imbere y’izamu ariko agongana na mugenzi we Lomami Frank bituma umupira bawamburwa na ba myugariro ba Hilal.

Ntabwo abakinnyi ba Mukura bacitse intege kuko ku munota wa 30 yongeye guhusha ikindi gitego cyabazwe ku ishoti rikomeye Umurundi Gael Duhayindavyi yateye ariko umunyezamu Mohammed arikuramo.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa ariko abakunzi ba Mukura VS bakubita agatoki ku kandi kuko babonaga byashobokaga ko babona intsinzi muri iyi minota 45.

Mu gice cya kabiri umutoza Frank Nutall wa Hilal yabonye akomeje gusatirwa akuramo abakinnyi bakina basatira barimo rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Sudani Mudather El Taib, abasimbuza abakina bugarira nka Abdelrahim Hassan.

Umutoza Haringingo bita Mbaya yabibonye we yongera imbaraga mu busatirizi ashyira mu kibuga Iddy Saidi Djuma na Ndizeye Innocent mu myanya ya myugariro Rugirayabo Hassan na Iradukunda Bertrand.

Gusa izi mpinduka zose ntacyo zahinduye kuko umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, umusaruro usa n’uwabonetse muri Sudani.

Hitabajwe penaliti

Icyizere cy’abakunda Mukura VS cyari cyinshi kuko banatwaye igikombe cy’Amahoro batsinze Rayon Sports kuri penaliti. Gusa n’ubwoba bwari bwinshi nubwo bwaje gutwikirizwa ibyishimo byinshi.

Abakinnyi batanu ba Mukura VS bateye penaliti bose bazinjije. Abo ni Gael Duhayindavyi, Iddy Saidi Djuma, Innocent Ndizeye na Christophe Ndayishimiye. Hilal yo yasezerewe kuko yahushije penaliti imwe yatewe na Yousuf Ibrahim ku giti cy’izamu.

Ikipe ya Mukura VS kuri ubu ihagaze neza [ foto igihe]

Mukura VS ntabwo iramenya iyo bizahura mu cyiciro gikurikiraho kuko bizasaba tombola iteganyijwe ku wa Gatanu tariki 28 Ukuboza 2018.

2018-12-23
Editorial

IZINDI NKURU

Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Editorial 23 Dec 2024
APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

Editorial 26 Jan 2024
Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya  Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Editorial 06 Feb 2024
Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika

Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika

Editorial 25 Feb 2016
Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Editorial 23 Dec 2024
APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

Editorial 26 Jan 2024
Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya  Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Manishimwe Djabel yerekeje mu ikipe ya Al-Quwa Al-Jawiya yo mu kiciro cya mbere muri Iraq

Editorial 06 Feb 2024
Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika

Ndayisenga Valens yahize abaterengeje imyaka 23 bo muri Afurika

Editorial 25 Feb 2016
Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Editorial 23 Dec 2024
APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

APR FC, Police FC, Musanze na Rayon Sports zigiye guhatanira Miliyoni 6 mu irushanwa ry’gikombe cy’Intwari 2024

Editorial 26 Jan 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru