• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire agiye gukura urujijo ku rubanza rwe

Editorial 06 Mar 2018 Mu Rwanda

Alain Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire Victoire, mu cyumweru gitaha azasohora igitabo ahamya ko kizashyira ahabona byinshi ku bivugwa nabi kuri urwo rubanza, bamwe bafata ko afunzwe ku mpamvu za politiki cyangwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko kandi yarahamijwe ibyaha n’inkiko zibifitiye ububasha.

Umuhango wo kumurika iki gitabo Mukuralinda yise “Qui manipule qui?” kigaruka ku migendekere y’urubanza rwa Ingabire, uteganyijwe ku gicamunsi cyo ku wa Kane, tariki ya 8 Werurwe 2018, i Kigali.

Ingabire washinze ishyaka FDU Inkingi ritemewe mu Rwanda, yavuye mu Buholandi aruzamo ashaka guhatanira kuruyobora mu matora yo mu 2010, biza kugaragara ko hari ibyaha yakoze atangira gukurikiranwa mu butabera.

Ku wa 13 Ukuboza 2013 nibwo Urukiko rw’Ikirenga rwamukatiye gufungwa imyaka 15 nyuma y’uko yari yajuririye igifungo cy’imyaka umunani yari yakatiwe n’Urukiko Rukuru, ahamwe n’ibyaha byo kugambanira igihugu agamije kukibuza umudendezo no kurema umutwe w’abagizi ba nabi.

Ifungwa rye ariko ryazamuye amagambo menshi ku bihugu n’imiryango mpuzamahanga, bamwe bavuga ko yafungiwe politiki; ko hari uburenganzira atahawe n’ibindi, kugeza ubwo intumwa zabo zinjiye mu Rwanda kenshi zitwaje izindi gahunda, zigamije guhura na Ingabire rwihishwa ariko imigambi yabo ikagenda ikemangwa.

Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yo yageze aho isohora raporo inenga ubwisanzure bw’ubutabera bw’u Rwanda, inasaba ko urubanza rwa Ingabire rusubirwamo.

Ni ibintu Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye, yavuze ko atumva impamvu yo kuvanga politiki mu bucamanza ndetse ko ari “agasuzuguro” kuba abantu basanzwe basaba igihugu gusubiramo urubanza rw’umuntu wanyuze mu nkiko zose.

Mu kiganiro na IGIHE, Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire, avuga ko mu myaka ibiri ishize abantu batagira ingano bakunze kumubaza impamvu atavuga ku mugaragaro uko urwo rubanza rwagenze, aza gufata icyemezo cyo kwandika igitabo.

Yagize ati “Bamwe bagira bati mwaramuhimbiye, mwaramubeshyeye, mwaratekinitse, mwaramurenganyije, nta butabera… None igihe ni iki ngo buri wese ubyifuza amenye koko uko muri urwo rubanza byagenze, cyane cyane ko na madamu Ingabire yabibwiriye uko yabibonye. Ubwo buri wese amaze kwisomera no kumva impande zombi, nta marangamutima, azikuriramo umwanzuro ukwiye.”

Yakomeje agira ati “Igihe kirageze ngo Abanyarwanda by’umwihariko ndetse n’abandi bose muri rusange bamenye by’imvaho batagendeye ku mabwire n’amarangamutima uko byagenze koko muri ruriya rubanza.”

Mukuralinda wabaye umushinjacyaha wo ku rwego rw’igihugu igihe kinini akaba n’Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, mu 2015 nibwo yandikiye Leta asaba guhagarika akazi kugeza igihe kitazwi. Hari ku mpamvu zirebana n’umuryango we yagombaga gusanga mu Buholandi ari naho aba kugeza ubu.

Alain Mukuralinda wari Umushinjacyaha mu rubanza rwa Ingabire Victoire

2018-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Editorial 07 Jun 2021
Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Umunya- Côte d’Ivoire Cheick Tiote wamenyekanye muri Newcastle yitabye Imana ari mu myitozo

Editorial 06 Jun 2017
Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Ralex Logistics yasangije Ubunani Abavuye mu bikorwa by’Uburaya n’Ibiyobyabwenge, binyuze mu muryango Purpose Rwanda

Editorial 03 Jan 2022
Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball  yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Ubwambuzi bushobora gutuma Ikipe y’Igihugu ya Uganda y’umukino wa basketball yirukanwa mu irushanwa rya Afro-basket ririmo kubera mu Rwanda

Editorial 30 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato
Amakuru

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Editorial 13 Apr 2025
Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle
Mu Rwanda

Me Ndagijimana yigaramye bagenzi be bashaka kweguza De Gaulle

Editorial 23 Aug 2017
‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘ Uyu munsi ntawe u Rwanda rubona nk’ umwanzi ‘- Perezida Kagame

Editorial 24 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru