• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

U Rwanda rugomba gusobanura Ibya RDC hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

Editorial 06 Mar 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Leta y’u Rwanda yagaragarije Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano k’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, impungenge z’akaga gashobora guterwa n’icyemezo cyako cyo gushyigikira Umuryango wa SADC mu butumwa bugamije kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC.

Ku wa 4 Werurwe 2024, ni bwo habaye inama muri AU, yafatiwemo umwanzuro wo gushyigikira ubutumwa bw’Ingabo za SADC muri RDC, SAMIDRC no kuzishakira ubufasha.

Abagize Akanama gashinzwe Amahoro n’Umutekano ka AU bamaganye imitwe yitwaje intwaro ikorera mu Burasirazuba bwa RDC irimo M23, FDLR na ADF. Basabye ko imirwano ihagarara ndetse imitwe yose ikarambika intwaro hasi.

U Rwanda rukimenya iby’iyi nama rwagaragaje impungenge zishobora kuvuka kubera iki cyemezo. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, yandikiye ibaruwa AU ku wa 3 Werurwe 2024, ayigezaho ibyifuzo by’u Rwanda nubwo rutatumiwe muri iyi nama.

Yagaragarije Komisiyo ya AU ko kuba Ingabo za SADC ziri kwifatanya n’Ingabo za RDC, FDLR, Wazalendo n’indi mitwe y’inyeshyamba biteye ikibazo ku mutekano w’u Rwanda.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda aganira na Television y’igihugu, Alain Mukurarinda, yagarutse ku ngingo zikomeye zatumye Igihugu kigenera AU ubutumwa bwihariye.

Ati “U Rwanda ruhora ruvuga ku bibazo by’umutekano muke, rukurikije ibiri kuhakorerwa rugomba kubivuga, ejo hatazagira uvuga ngo ntabwo rwari rwabivuze.’’

“Ese ko hari ubutumwa bwo gukemura ikibazo mu rwego rwa politiki, rw’imishyikirano n’ibiganiro buciye mu masezerano ya Luanda na Nairobi, buvuyeho? Ubutumwa buje burarwana, tugiye mu gukemura ikibazo mu buryo bwa gisirikare.’’

Avuga ko amagambo ya Perezida wa RDC, Félix Antoine Tshisekedi na mugenzi we w’u Burundi, Ndayishimiye Evariste, ko bazakuraho ubuyobozi bw’u Rwanda adakwiye gufatwa nk’asanzwe.

Ati “Ntiwavuga ko ayo magambo bavuze ari imikino. Ni ikibazo u Rwanda rwagaragaje. FARDC ifatanyije n’abacanshuro, ifatanyije n’Ingabo z’u Burundi, ifatanyije na Wazalendo. Ni gute Umuryango nk’uwo [SADC], twubaha, ukomeye, wajya gufasha Ingabo z’Igihugu zifatanyije n’abo bafite inenge.’’

U Rwanda ntirwahwemye kwerekana ko imikoranire ya FARDC n’ingabo z’amahanga ndetse n’abarwanyi ba FDLR [yashyizwe ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba] basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi igira ingaruka ku mutekano warwo.

Mukuralinda ati “Ingamba zarafashwe, kandi n’uzarushoraho intambara ruzayirwana.’’

Guverinoma y’u Rwanda isobanura ko ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa RDC kigeze kuri iyi ntera kubera ko umuryango mpuzamahanga wirengagije nkana umuzi wacyo.

Mukuralinda ati “Kwirengagiza ikibazo nyacyo, yaba ari Guverinoma ya Congo n’Umuryango Mpuzamahanga, ni byo bituma kitarangira.’’

Umubano w’u Rwanda na RDC wazambye byeruye kuva mu ntangiriro za 2022, nyuma y’amezi make M23 yongeye kwegura intwaro ishaka guharanira uburenganzira bwayo.

U Rwanda rwashinjwe ko rwohereje muri RDC abasirikare bo gufasha M23, guhera mu Ugushyingo 2021 no kubaha inkunga y’ibikoresho mu gihe rwo rutahwemye kubihakana.

Mukuralinda avuga ko ikibazo cyo mu Burasirazuba bwa RDC kiba cyarakemutse kera iyo cyigwa giherewe mu mizi.

Ati “Nibige ikibazo bagihereye mu mizi yacyo. U Rwanda rugomba kubisobanura hakiri kare ndetse rugafata ingamba zo kubungabunga umutekano w’abaturage barwo.

2024-03-06
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Editorial 26 Apr 2021
Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Icyatumye Gen. Kabarebe acika kukintu cyo kuririmba burundu

Editorial 13 Jan 2020
Uganda : Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Uganda : Nyuma yaho bamwe mu badepite banze amafaranga bahawe ngo bahindure Itegeko Nshinga abandi bakomeje kuyatangamo impano

Editorial 08 Nov 2017
Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Rayon Sports yemerewe gusinyisha abakinnyi bashya, yatsinze Musanze FC 4-1 ifata umwanya wa Kabiri

Editorial 25 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuraperi Meek Mill yavuye muri Gereza
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuraperi Meek Mill yavuye muri Gereza

Editorial 25 Apr 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 20 Mar 2023
AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024
Amakuru

AMAFOTO – APR FC irimo amasura mashya yerekeje muri Tanzania gukina CECAFA Kagame Cup 2024

Editorial 08 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru