• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Munyagishari ngo yarashe amasasu 3 umugore wamuririraga, undi amuta muri Sebeya

Munyagishari ngo yarashe amasasu 3 umugore wamuririraga, undi amuta muri Sebeya

Editorial 08 Jun 2016 Mu Mahanga

Urukiko Rukuru rukomeje kumva abatangabuhamya bashinja Bernard Munyagishari kuba yaragize uruhare rukomeye mu gushishikariza abahutu kwica abatutsi, na we ubwe akiyicira bamwe.

Umutangabuhamya w’ubushinjyacyaha bwagaragarije urukiko ko ibyo avuga byarufasha, ni uwari escort (uwarindaga) Munyagishari mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Uyu ni we wahise amushinja, arindiwe umutekano.

Uyu mutangabuhamya yahawe izina rya ‘MDE’, yahamije imbere y’urukiko ko azi neza Bernard Munyagishari kuva na mbere ya Jenoside kandi ibyo amushinja bimwe babikoranye.

Uyu mutangabuhamya yavuze ko we ubu afungiye icyaha gisanzwe cya ruswa, yatanze atwaye ikinyabiziga. Ariko yemeye icyaha cya jenoside, agisabira imbabazi arekurwa n’Iteka rya Perezida wa Repubulika.

Yavuze ko azi Munyagishari yigisha ku kigo cy’amashuri abanza cya Rubavu, ari na ho we yigaga mu mwaka wa kane.

Asobanura ko nubwo yari muto, buri munyeshuri wese yari azi Munyagishari kuko yakundaga umupira w’amaguru, anawubashishikariza. Mu 1993 ni bwo yatangiye kumurinda.

Akomeza avuga ko mu gihe cy’inkubiri y’amashyaka i Gisenyi, Bernard Munyagishari yayinjiyemo akaba ari na we ngo wari ukuriye Interahamwe.

Yasobanuye ko yagiriwe icyizere cyo kurinda Munyagishari, asunitswe na mwene wabo wayoboraga Interahamwe muri Kigali.

Ku byo amushinja ku gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi no kuyikora, MDE agaragaza ko Munyagishari bahuriraga muri mitingi ku biro by’ishyaka rya MRND i Gisenyi, aho bitaga ku Ngoro ya Muvoma.

Uretse aho, uyu mutangabuhamya agaragaza ko Munyagishari yabatozaga imbunda kuri stade. Iyi myitozo akavuga ko yari igamije kurwanya Inyenzi (Inkotanyi). Uko kwitozaga byakorwaga akavuga ko na za mitingi zakomezaga.

Muri izo mitingi, umutangabuhamya yagaragaje ko Munyagishari yabashishikarizaga Abahutu kwica Abatutsi. Ngo yababwiraga ko bagomba gutandukanya Inyenzi n’Abahutu bakifashisha ahanditse izina ‘Tutsi” mu ndangamuntu.

Yagaragaje ko za bariyeri zakozwe, abafashwe bakajya banajyanwa mu kigo cya gisirikare cya Gisenyi.

Muri izo mitingi, yagaragaje ko bagiye i Kigali kuzana ibikoresho birimo imipanga n’udushoka. Ibi bikoresho ngo bakaba barabihawe ku nkunga ya Kabuga Felisiyani. Uyu akaba ari mu bagihigishwa uruhindu, wanashyiriweho igihembo n’Amerika ku wuzatanga makuru agafatwa.

Yavuze ko Kabuga yababwiye ngo ‘ibyo bikoresho ntibizapfe ubusa.’ Ibi bikoresho byaje gutangirwa ku mugaragaro ku Ngoro ya Muvoma.

MDE yabwiye urukiko ko mu gitondo cyo ku itariki ya 7 Mata 1994, indege y’uwari Perezida Habyarima yaraye ihanuwe, Munyagishari yasanze abantu benshi ku ngoro ya Muvoma, bamwe batanazi iby’urupfu rwa Hyabyarimana.

Akihagera, MDE avuga ko yababwiranye uburakari ati “Umukuru w’igihugu yapfuye none muri aha?” Akomeza avuga ko yababwiye ko berekeza kuri College Nyemeramihigo gushaka Abatutsi bahari.

MDE avuga ko bari mu nzira berekezayo, bavuye mu mujyi gufata lisansi, bagikata imodoka, Munyagishari yabonye umugore w’uwitwa Mafene yiruka yambuka umuhanda, aparika imodoka, afata imbunda.

Uyu mugore yatakambiye Munyagishari wari uziranya n’umugabo we, amusaba imbabazi ngo yo kumwica azicwe n’abandi.

Umutangabuhamya akomeza agaragaza ko aho kumwumva, Munyagishari yamusabye gukuramo imyenda ngo arebe niba nta kashi y’Inkotanyi ngo afite, umugore yicara hasi ararira, undi ahita amurasa amasasu atatu. Umurambo bawusiga mu muhanda.

Bakomeza berekeza kuri College, bahura n’umukobwa MDE yavuze ko yumvise abwira Munyagishari ko yitwa Chantal.

Uyu mukobwa na we ngo bahuye yiruka afite ubwoba, Munyagishari amushyira mu modoka. Ngo amujyanye kuri Bar Tam Tam, amwinjiranamo, bamaranamo nk’isaha, basohoka umukobwa arira.

MDE yabwiye urukiko ko bageze kuri aka kabari kari gakomeye, Munyagishari akaka imfunguzo, izindi nterahamwe nkuru bari kumwe zajyanye imodoka.

Munyagishari ngo yasohotse muri Tam Tam imodoka itaragaruka. Munyagishari asaba MDE ko bagenda n’amaguru gake bashoreye na wa mukobwa, ariko ngo bagishingura ikirenge imodoka iba iraje.

Uwitwa Thomas na Munyagishari ngo bashyize uwo mukobwa mu modoka, berekeza mu mujyi MDE asigara kuri Tam Tam. Nyamara we ngo yari yabanje gutekereza ko bagiye kumujyana kuri komine, ahiciwe Abatutsi benshi.

Hashize nk’isaha, ni bwo Munyagishari ngo yahindukiye yitwaye mu modoka. Berekeje kuri Sebeya, na wa mukobwa, Munyagishari amuhirikira mu mazi, abwira MDE ngo amurase.

Ibi byose uyu mutangabuhamya yavugaga, yagaragarije urukiko ko bimutera ishavu ryinshi iyo abisubiramo, ndetse ko aba yumva atabisubiramo. Anasaba imbabazi ko aho ryamutera guceceka rwamwihanganira. Akavuga ko ababazwa no kuba Munyagishari wabatoje, abihakana.

-2900.jpg

Munyagishari Bernard ukurikiranweho ibyaha bya Jenoside

Urukiko rukomeje kumva ubuhamya bw’abashinja mu gihe ku rundi ruhande hatarabone abashinjura Munyagishari.

Urubanza rukomeje kandi Munyagishari atagaragara mu rukiko, haza abavoka gusa. Yajuriye mu Rukiko rw’Ikirenga, nyuma yo kwanga aba yagenewe.

Munyagishari Bernard wafatiwe muri Congo mu mwaka wa 2011 akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, ubwicanyi, no gufata ku ngufu abagore n’ibindi byaha byibasiriye inyoko muntu. Yoherejwe kuburanira mu Rwanda n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) muri Nyakanga 2013.

2016-06-08
Editorial

IZINDI NKURU

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

88,41% by’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye babitsinze neza

Editorial 17 Feb 2017
Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Ntawe ukwiriye kuziza Umunyarwanda icyo aricyo cyangwa icyo yemera – Kagame

Editorial 09 Feb 2017
Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Agatha Kanziga arataratamba ngo adashyikirizwa ubutabera, ariko amaherezo y’inzira ni munzu!Urukiko rw’Ubujurire mu Bufaransa rwateye utwatsi icyifuzo cye!

Editorial 31 Aug 2021
APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

APR FC na Kiyovu SC zabonye intsinzi y’umunsi wa 20 zikomeza kugaragaza inyota yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 06 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Maroc: Perezida Kagame yakiriwe ku meza na Mohamed VI
POLITIKI

Maroc: Perezida Kagame yakiriwe ku meza na Mohamed VI

Editorial 21 Jun 2016
Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0
Amakuru

Adil Erradi Mohammed yabonye ibyangombwa bimwemerera gutoza imikino mpuzamahanga, umunsi wa kabiri wa shampiyona wasize Rayon Sports itsinze Police FC 1-0

Editorial 09 Sep 2022
U Budage bwatsinzwe, Brazil iranganya mu gikombe cy’Isi kirimo gutungurana gukomeye (Amafoto)
IMIKINO

U Budage bwatsinzwe, Brazil iranganya mu gikombe cy’Isi kirimo gutungurana gukomeye (Amafoto)

Editorial 18 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru