• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Murasabwa kongera ubushake mu gukumira ibyaha , icyerekezo cyo kirahari-Minisitiri Kaboneka

Murasabwa kongera ubushake mu gukumira ibyaha , icyerekezo cyo kirahari-Minisitiri Kaboneka

Editorial 04 Dec 2017 Mu Rwanda

Ku italiki ya 3 Ukuboza habaye inteko nkuru ku rwego rw’igihugu ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ruzwi nka Rwanda youth Volunteers in Community Policing(RYVCP) , ahahuriye urugera kuri 500 rwaturutse mu gihugu hose maze rusabwa kongera ubushake mu gukumira ibyaha kuko rusanganywe icyerekezo cyiza.

 Aya ni amagambo yagarutsweho na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu n’imibereho y’abaturage, Francis Kaboneka ubwo yatangizaga ku mugaragaro iyi nteko(congress) y’umunsi umwe,  ari kumwe n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa bya Polisi, DIGP Dan Munyuza n’abandi bayobozi muri Polisi y’u Rwanda.
Mu ijambo yagejeje kubari aho, Minisitiri Kaboneka yashimiye Polisi y’u Rwanda  ku ruhare igira ku mutekano w’abaturage no kurwanya ibyaha no kuba yateguye iyi nama kadi ashima uru rubyiruko ku ruhare rwagize mu gihe cy’amatora aho yagize ati:” Mwe mwagize uruhare mu migendekere myiza y’amatora mu gihe ahandi urubyiruko ruba ruri mi bikorwa bibi.”

Minisitiri Kaboneka yakomeje agira ati:” Ibyo mumaze kugeraho ni byinshi kandi turabishima, ubu murasabwa gukomeza gushyira hamwe, mukongera ubushake mu gukumira ibyaha kuko icyerekezo cyo muragifite kandi ahari ubushake n’ubushobozi buraboneka.”

Yongeyeho ati:” Nk’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha, hari byinshi mumaze gukora ariko nanone ibyo twifuzako  mukora biracyari byinshi; ibibazo twagize mu Rwanda byagizwemo uruhare n’urubyiruko ruyobowe nabi, ababihagaritse nabo ni urubyiruko ari nabo mukwiriye kwigana kuko muyobowe neza.”
 
Mu gusoza ijambo rye, Minisitiri Kaboneka yagize ati:” Ibibazo muhura nabyo turabizi ariko ntibikwiye kuba impamvu yo gucika integer  kuko mufite abo mubwira, ntabyananirana mufite ubuyobozi bwiza, kandi nshingiye kubyo mwakoze, mufite imbaraga zo gukorwa ibyo mutegerejweho n’ubuyobozi bw’igihugu cyacu.”

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe ibikorwa mu ijambo rye, yashimiye uru rubyiruko ko ruharanira icyateza imbere umutekano w’igihugu harimo gukumira no kurwanya ibyaha, gutangira amakuru ku gihe, gufatanya n’izindi nzego mu kuzamura imibereho y’abaturage no gushyigikira gahunda za Leta harimo umuganda, isuku n’isukura, kwita ku bidukikije n’ibindi,..

DIGP Munyuza yagize ati:”Turabasaba kongera  uruhare rwanyu mu gukumira ibyaha kandi turabasaba kungurana ibitekerezo ku ngamba zo kubikumira n’uko zashyirwa mu bikorwa; mutabihanyeho amakuru n’urwego rwanyu ntacyo rwageraho.”
Yasabye  uru rubyiruko ubufatanye na Polisi mu kurwabya by’umwihariko ibyaha birimo ruswa n’akarengane, icuruzwa ry’abantu,ihohotera rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana,ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, kunyereza umutungo , ubugambanyi ku gihugu, kurwanya ubuzererezi no kwangiza ibidukikije maze agira ati:” Turabasaba gufatanya na Polisi y’u Rwanda kubirwanya kandi mugashyira imbaraga mu kurwanya ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kuko n’ibindi byaha bikorwa usanga bifite inkomoko ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.”

Asoza, DIGP Munyuza yababwiye ko bakwagura ibikorwa byabo bikagera ku rwego rw’umudugudu kandi ko Polisi y’u Rwanda izafatanya nabo muri gahunda zabo kandi avuga ko abaye abashimiye uruhare yizeye ko bazakomeza kugira mu gukumira no kurwanya ibyaha.”

Umunyamabanga mukuru w’iryo huriro ry’urubyiruko RYVCP  Bayisenge Twahirwa mu ijambo yahavugiye, yashimiye Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego ku bufatanye ndetse n’ubufasha badahwema guha uru rubyiruko.

Yakomoje kandi kuri gahunda y’umuganda batangije ku rwego rw’igihugu, ukazajya ukorwa kuri buri cyumweru cya kabiri cya buri kwezi  maze yongeraho ati:” Uretse ibikorwa byo gukumira no kurwanya ibyaha, twongeraho gushimangira gahunda za Leta  cyane cyane iz’imibereho myiza y’abaturage, isuku n’isukura, ubwisungane mu kwivuza, kubakira abatishoboye,..”

Iri huriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha ryagiyeho mu mwaka wa 2013, ritangijwe na bamwe bigaga mu mashuri makuru na kaminuza, rukaba rumaze kugera ku 223,863  mu gihugu hose.

2017-12-04
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwenya Siriki na Souké bari  mu Rwanda

Abanyarwenya Siriki na Souké bari mu Rwanda

Editorial 12 Jun 2017
Burundi :  Abandi  basirikare 11 bakomeye  bongeye  gutoroka

Burundi : Abandi basirikare 11 bakomeye bongeye gutoroka

Editorial 20 Aug 2016
Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Asinah yatangaje umukunzi mushya yasimbuje Riderman wamubenze

Editorial 23 Aug 2017
Urukiko rwategetse ko Bazeye na Abega bari abayobozi muri FDLR bakomeza gufungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Bazeye na Abega bari abayobozi muri FDLR bakomeza gufungwa by’agateganyo

Editorial 14 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana
POLITIKI

Hon Rucibigango yashinje Abafaransa babiri guhanura indege ya Habyarimana

Editorial 06 Nov 2017
Kisangani :  Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa
ITOHOZA

Kisangani : Inkambi y’abahoze ari abarwanyi ba FDLR barenga 800 igiye gufungwa

Editorial 15 Sep 2018
Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana
INKURU NYAMUKURU

Leta ya Uganda mu bindi bikorwa byo gutera inkunga imitwe ya M23 na RUD-Urunana

Editorial 07 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru