• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Burundi: Col. Gaspard Baratuza yarashimuswe cyangwa nawe yasanze abandi ?

Burundi: Col. Gaspard Baratuza yarashimuswe cyangwa nawe yasanze abandi ?

Ubwanditsi 22 Sep 2016 Mu Rwanda

Hashize iminsi bivugwa ko hari abasirikare bashimutwa bakicwa abandi bagafungwa. Abandi bagatoroka igisilikare. Abibasiwe cyane ni abahoze mu gisirikare cya kera. Uwahoze ari umuvugizi w’igisirikare cy’u Burundi Col Gaspard Baratuza nawe biravugwa ko hashize icyumweru ntawe umuca iryera. Ese yaba yarashimuswe akicwa? Ese yaba afunzwe? yaba yarasanze abandi ? Biracyibazwaho.

Uku kwibaza aho Col Gaspard Baratuza yaba yaragiye, kuje nyuma y’amakuru amaze iminsi avugwa mu gisirikare cy’u Burundi bamwe batabwa muri yombi, by’umwihariko mu cyumweru gishize hakaba hari n’uwapfuye.

Ku ruhande rwa Baratuza, nta kintu na kimwe yigeze abivugaho cyangwa ngo agaragaze impamvu nk’uko yari asanzwe abigenza abinyujije mu itangazamakuru cyangwa ku rukutwa rwe rwa Twitter n’ahandi.

Ubwo byatangazwaga ko Adjudant Nyongera Eddy Claude yiturikirijeho gerenade ari mu maboko y’abashinzwe iperereza, amakuru yatangajwe n’umuvugizi wa polisi, Pierre Nkurikiye ariko Baratuza nk’uwakabaye azi gahunda zose za gisirikare nta kintu na kimwe yabivuzeho.

Uyu yagize ati: “Mbe Baratuza yama ariko adefendant mugisoda ubu ari hehe ?Ururimi rwaragovye? Ba EX-FAB ntimworohewe kandi uburorero ntibubuze”.

Mu gisirikare cy’u Burundi hamaze iminsi havugwa itabwa muri yombi rya hato na hato ry’abasirikare bahoze ari aba Leta (EX FAB) mbere y’amasezerano yo muri 2005, uyu muvugizi akaba nta kintu na kimwe yigeze abivugaho kimwe n’ubundi buyobozi bwa gisirikare.

Twitter ye (Baratuza), muri iyi minsi hacishwagaho amakuru menshi ya siporo n’andi adafite aho ahuriye n’igisirikare mu gihe amahanga yo akomeje guhangayikishwa n’ibibazo by’umutekano muke uri mu gihugu ndetse n’amacakubiri akomeje kugaragara mu gisirikare.

Mu mpera za 2015, nibwo Human Right Watch, yatunze agatoki Col Gaspard Baratuza, imushinja guhakana nkana ubwicanyi bwakozwe mu mpere z’Ukuboza 2014 ndetse no muri Mutarama 2015 mu Cibitoke hafi y’umupaka w’u Rwanda,Burundi na RDC, anashinjwa guhisha imibare y’abishwe nyuma y’igitero cyo ku wa 12 Ukuboza 2015.

Ku bwe, yavugaga ko nta nzirakarengane zishwe by’umwihariko akavuga ko abantu bishwe icyo gihe mu Cibitoke bari baneshejwe n’ingabo za Leta bari bigometseho.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Le monde ku wa 16 Ukuboza 2015, byateganywaga ko Col Baratuza Gaspard agirwa umuvugizi w’ingabo za MINUSCA (ingabo za ONU) muri Centrafrica, kubera ibyo byaha ashinjwa uwo mwanya arawimwa ndetse bitangazwa ko ibye bigiye kwigwaho.

Iki kinyamakuru kikaba cyaratangaje ko Col. Gaspard Baratuza agizwe umuvugizi w’ingabo za MINUSCA ko kwaba ari ukumukingira ikibaba mu gihe hari ibyaha avugwaho.

-4134.jpg

Col. Gaspard Baratuza

Ijambo Col Gaspard benshi bari bamushimiye ubwo imyigaragambyo yatangiraga mu Burundi muri Mata 2015, yasabaga abasirikare kurinda abaturage n’ubusugire bw’igihugu abasaba kwirinda kwivanga mu mvururu bari ku ruhande runaka, aho yagize ati: Murekere politiki abanyapolitiki (Laissez la politique aux politiciens”.

Aba Maneko benshi b’ u Burundi bakomeje gufatirwa kubutaka bw’u Rwanda bikekwa ko ari intasi z’igisilikare cya Nkurunziza cyane ko abafatwa abenshi ari abaslikare.

2016-09-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rubavu : Umukobwa w’imyaka 23 yishwe anizwe

Rubavu : Umukobwa w’imyaka 23 yishwe anizwe

Ubwanditsi 24 Aug 2017
Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Hashyizwe hanze video aho Rusesabagina Paul asobanura amavu n’amavuko ya MRCD/FLN mu kiganiro yagiranaga n’abagize uwo mutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 19 Oct 2021
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Ubwanditsi 09 Mar 2023
Polisi y’u Rwanda yahuye n’abanyamadini baganira ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda yahuye n’abanyamadini baganira ku ruhare rwabo mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 23 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN
Amakuru

Abaturage bo mu Ntara ya Cibitoke mu Burundi barashinja inzego z’umutekano ubugambanyi mu bugome bakorerwa n’ umutwe w’ iterabwoba wa FLN

Ubwanditsi 18 Jul 2022
Icyo wamenya  k’Umujyi wa Ghent aho Perezida Kagame aganirira n’ Abanyarwanda baba mu Bubiligi
UBUKUNGU

Icyo wamenya k’Umujyi wa Ghent aho Perezida Kagame aganirira n’ Abanyarwanda baba mu Bubiligi

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Ikigo Inovos Ltd gikora impapuro z’isuku zifashishwa mu Mihango y’abari n’abategarugori (Tamu Sanitary Pads) cyahize ibindi mu Marushanwa yo gutanga Serivisi inoze
Amakuru

Ikigo Inovos Ltd gikora impapuro z’isuku zifashishwa mu Mihango y’abari n’abategarugori (Tamu Sanitary Pads) cyahize ibindi mu Marushanwa yo gutanga Serivisi inoze

Ubwanditsi 28 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru