• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Editorial 27 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Ukuri ni iki? Ukuri wakurebera mu mvugo no mu bikorwa. Abateguye umugambi wa Jenoside kubera ingengabitekerezo yabo, bumvaga bari mu kuri. Kugeza nuyu munsi ababishaka bareba ukwiregura kwa Bagosora yarinze akatirwa avuga ko bari mu kuri.

Mu kwezi kwa mbere 1994, uwari Minisitiri w’itangazamakuru Faustin Rucogoza yatumije abari ku ruhembe rwa RTLM aribo Kabuga Felesiyani, Jean Bosco Barayagwiza na Ferdinand Nahimana arabacyaha avuga ko itangazamakuru ribiba amacakubiri nta mwanya rifite mu Rwanda.

Ayo macakubiri yiyamaga yamugizeho ingaruka kuko yishwe we n’umuryango we wose. Nyamara Kabuga yisobanura yavugaga ko RTLM ivuga ukuri ivugira rubanda.

Ari mu nkambi ya Mugunga, Nzirorera Joseph yabwiye itangazamakuru ko aribo bafite ukuri kuko abaturage babakurikira bagahunga FPR. Ukuri wivuga ukugena ukurikije ingengabitekerezo yawe. Reka hagire abakubwira ko uri mu kuri cyane cyane inzego za Leta.

Hagati ya 1990-1994 mu Rwanda habaga ibitangazamakuru byandika birenga 90 muri ibyo ibirenga 10 byabibaga urwango mu kubiba amacakubiri mu izina rya Hutu Power ubundi bakavuga ko ari Ijwi rya Rubanda.

Ibyamenyekanye cyane cyane ni Kangura (Ijwi rya Rubanda), Le Medaille Nyiramacibiri, Interahamwe (Umwanditsi mukuru yari Etienne Karekezi ubarizwa mu Ijwi ry’Amerika), Intera, Jyambere n’ibindi. Muri icyo gihe kandi habaga Televiziyo imwe rukumbi, Televiziyo y’u Rwanda na Radiyo ebyiri arizo Radio Rwanda na Radiyo rutwitsi RTLM.

Kubera ingengabitekerezo iba ifitwe n’abanditsi bakuru cyangwa abayobozi bibyo bitangazamakuru, akenshi bumva ko bavuga ukuri. Umugome ntamenya ko ari umugome, ubimenya ni uwo yahohoteye.

Muri iki gihe imyaka 27 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni igihe habaye impinduka mu itangazamakuru kubera Internet. Umuntu umwe arabyuka akajya kuri Internet ngo yabaye umunyamakuru. Mu gihe ahandi ku isi hari imirongo ntarengwa mu kubiba urwango cyangwa guhakana Jenoside yakorewe Abayahudi kuko bisibwa kandi ukabihanirwa, mu Rwanda ntabwo byitabwaho n’ibihugu bifite iyo miyoboro kuko baba bishakira amafaranga.

Ariko nanone Leta ntiyagakwiye kureberera. Ibinyamakuru bya Hutu Pawa, byari bifite intego yo kwangisha umuhutu icyitwa umututsi yaba ari uw’imbere mu gihugu cyangwa hanze yacyo. Nafashe umwanya nkurikirana ibitangazwa na Cyuma Hassan Dieudonne na Rashid ku mbuga zabo za YouTube nsanga ntaho ukuri kwabo gutandukaniye nukuri kwa RTLM.

Mu magambo ye Rashid yavuzeko Bagosora yasubizwa mu buzima busanzwe naho Agathe Kanziga akubakirwa ingoro nk’uwabaye umugore wa Perezida. Kuri Rashid ibyaha bya Jenoside byakozwe nabo tuvuze bari mu kuri. Kuko basangiye ingengabitekerezo Rashid aramuvuganira.

Amagambo abiba urwango akoreshwa binyuze no mu rwenya ariko ubutumwa bugatambuka. Agnes Uwimana na Rashid usanga babigize urwenya. Bikibutsa Noel Hitimana na Kantano uburyo bakoreshaga urwenya kuri RTLM batambutsa amagambo abiba urwango ku batutsi, bakabita amazina bashaka.

U Rwanda rwa nyuma ya Jenoside ni u Rwanda rufite ibikomere, korohera abo ba Cyuma na Rashid gukomeza gutoneka abantu, byaba ari ugusenya umuryango nyarwanda. Dore ko banabihemberwa.

Muri babandi babakurikira ikigo cya Google gifite na Youtube kirabahemba ariko cyane cyane bagaterwa inkunga nababa hanze basangiye ingengabitekerezo.

2021-11-27
Editorial

IZINDI NKURU

Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Editorial 16 Jul 2021
Uko ugutsindwa kwa Uganda kuyitera umunabi wo guhora itangaza mu bitangazamakuru byayo ibinyoma ku Rwanda

Uko ugutsindwa kwa Uganda kuyitera umunabi wo guhora itangaza mu bitangazamakuru byayo ibinyoma ku Rwanda

Editorial 31 Oct 2019
Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwimuriwe ku wa gatanu tariki 13.10.2017

Urubanza rw’abo kwa Rwigara rwimuriwe ku wa gatanu tariki 13.10.2017

Editorial 11 Oct 2017
Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere

Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere

Editorial 28 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe
POLITIKI

Abarundi bandikiye Perezida Kagame bamusaba gukoresha ububasha afite Itegeko Nshinga ryabo ntirihindurwe

Editorial 17 Apr 2018
U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana
UBUKUNGU

U Buyapani bwahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 90 $ yo kurwanya igwingira mu bana

Editorial 16 Aug 2019
Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa
INKURU NYAMUKURU

Gen. Kiyiko, “Umugaba w’Ikiyiko ” amwe mu mazina yahawe Mudacumura nyuma yo kwicwa

Editorial 25 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru